Digiqole ad

Gakenke: Muri ‘Army Week’ Barashima ko bavuwe indwara bamaranye igihe

 Gakenke: Muri ‘Army Week’ Barashima ko bavuwe indwara bamaranye igihe

Bashima ingabo z’u Rwanda zabasanze aho bari zikabavura indwara bamaranye iminsi

Ku bitaro bya Nemba mu karere ka Gakenke, Bamwe mu bahawe serivisi z’ubuvuzi n’ingabo z’u Rwanda zatangiye icyumweru cyahariwe ibikorwa byazo (Army Week) baravuga ko bamaze iminsi barwaye indwara ariko barabuze ubushobozi bwo kujya kwivuriza mu mavuriro akomeye y’i Kigali, bagashima kuba ingabo z’u Rwanda zabegereye zikabavura ku buntu.

Bashima ingabo z'u Rwanda zabasanze aho bari zikabavura indwara bamaranye iminsi
Bashima ingabo z’u Rwanda zabasanze aho bari zikabavura indwara bamaranye iminsi

Muri iki gikorwa cy’ubuvuzi bw’ingabo z’u Rwanda cyaberere ku bitaro bya Nemba mu karere ka Gakenke, abavuwe bavuga ko bamaze iminsi bagana ibi bitaro ariko barababwiye ko ntacyo babamarira kuko badafite ubushobozi kubavura.

Aba baturage bavuga ko bari baroherejwe mu bitaro bikomeye by’I Kigali, bavuga ko bari barabuze amafaranga y’urugendo n’ayo kwishyura muri aya mavuriro bumva ahanitse.

Ayinkamiye Annonciatha wari warahawe icyemezo (transfert) kimwohereza kwivuriza mu bitaro  by’i Kigali, avuga ko mu minsi ishize yumvise inkuru nziza ko hari abaganga bakomeye bazaza gutanga ubuvuzi kuri ibi bitaro.

Uyu mubyeyi uvuga ko yari yarataye ikizere cyo kuzavurwa kubera ubushobozi bucye, avuga ko atabona uko ashimira ingabo z’u Rwanda kuba zatekereje abantu nkawe bafite uburwayi bukomeye ariko barabuze ubushobozi.

Undi witwa Karangwa Jean d’Amour w’imyaka 29 avuga ko yagize ikibazo cy’igufa kuva afite imyaka 11, yagana kwa muganga bakamwohereza ku bitaro bikuru bya gisirikari i Kanombe nyuma bakaza kumubwira abaganga bo muri ibi bitaro bazamusanga ku bitaro asanzwe yivurizaho.

Ati ” Nari kujya I kanombe, bambwira ko bitakiri ngombwa ndiruhutsa kuko bangabanyirije urugendo, abasirikare bamvuriye hano.”

Avuga ko ibi bikorwa by’ingabo z’u Rwanda ari amahirwe y’abafite ibibazo by’uburwayi ariko batishoboye.

Uyu muturage ashimira ingabo zigomwa akazi kenshi ziba zifite ko gucunga umutekano ariko zikibuka abafite uburwayi nk’ubu baba barabuze ubushobozi bwo kwivuza.

Umunyamabanga wa leta muri Minisiteri y’ubuzima ushinzwe indwara zisanzwe  Dr. Patrick Ndimubanzi wunze mu ry’uyu muturage, avuga ko ingabo z’u Rwanda ari izo gushimirwa kuko zikomeje gucunga umutekano w’Abanyarwanda ariko zikanagira uruhare mu buzima bwiza bwabo.

Ati ” Ndashimira umurava, ubumenyi n’ubwitange bw’ingabo z’igihugu hagamijwe guharanira amahoro , iterambere n’imibereho myiza y’Abanyarwanda.

Yasabye abafite ababo bafite uburwayi bukomeye kudacikwa n’aya mahirwe, abasaba kwitabira ibikorwa nk’ibi byo kubavura babasanze aho batuye.

Yijeje aba baturage ko MINISANTE izajya yohereza inzobere mu buvuzi bw’indwara zitandukanye kugira ngo abafite uburwayi nk’ubu bwananiranye bavurwe.

Yavuze ko muri iyi gahunda ya ‘Army Week’ bagiye kwita ku bafite indwara z’amaso by’umwihariko abarwaye indwara yitwa ‘Ishaza’.

Muri ibi bikorwa kandi bazibanda ku ndwara z’amatwi, izo mu mazuru, iz’abagore ndetse n’abagabo batarakebwa (Gusiramura) bazahabwa iyi serivisi.

Muri iki cyumweru cyahariwe ingabo z’u Rwanda, hateganyijwe ibindi bikorwa bigamije kuzamura imibereho y’abaturage birimo kubakira abatishoboye, gutunganya ibishanga, kurwanya nkongwa no gutanga amashanyarazi n’amazi ku batishoboye.

Bakiranye urugwiro ingabo zabasuye
Bakiranye urugwiro ingabo zabasuye
Bari baje kwivuza ari benshi
Bari baje kwivuza ari benshi
Major General Jacques Musemakweri yaijeje aba baturage ko ingabo z'u Rwanda zizakomez kubacungira umutekano ariko zinakomeza ibikorwa by'imibereho myiza y'abaturage
Major General Jacques Musemakweri yaijeje aba baturage ko ingabo z’u Rwanda zizakomez kubacungira umutekano ariko zinakomeza ibikorwa by’imibereho myiza y’abaturage
Jean d'Amour Karangwa yagombaga kujya kwivuriza i Kigal none bamuvunnye amaguru
Jean d’Amour Karangwa yagombaga kujya kwivuriza i Kigal none bamuvunnye amaguru
Abaturage bishimiye kuvurwa n'ingabo zisanzwe zibacungira umutekano
Abaturage bishimiye kuvurwa n’ingabo zisanzwe zibacungira umutekano
Ubuvuzi bw'indwara buzibandwaho
Ubuvuzi bw’indwara buzibandwaho
Bababwiye ko bose bazahabwa ubuvuzi
Bababwiye ko bose bazahabwa ubuvuzi
Nyuma yo gutangiza iki gikorwa bishimiye ibyiza bikomeje kugerwaho kubera ubufatanye n'ingabo
Nyuma yo gutangiza iki gikorwa bishimiye ibyiza bikomeje kugerwaho kubera ubufatanye n’ingabo
Bati tuzarwubaka
Bati tuzarwubaka

Emile D– USENGE
UM– USEKE.RW/Gakenke

1 Comment

  • RDF muri abantu babagabo kuko mudahwema gushakira igihugu ibyiza, tubashimiye ikigikorwa cyo kwegereza ubuvuzi abanyarwanda.

Comments are closed.

en_USEnglish