Digiqole ad

Amafoto: Tujyanye gusura inyoni mu gishanga cy’Urugezi

 Amafoto: Tujyanye gusura inyoni mu gishanga cy’Urugezi

Iyi nyoni yarimo itoragura ku nkengero z’igishanga cy’Urugezi

Urugezi ni igishanga kinini gikora ku rutere twa Burera na Gicumbi, mbere cyari mu komini ya Kivuye, Butaro na Cyungo.

Iki gishanga kizwiho kuba amazi agitembamo ariyo atanga amashanyarazi ku rugomero rwa Ntaruka, aho hakaba hariswe Rusumo bitewe n’amasumo ahari.

Iki gishanga kandi ni iwabo w’inyoni zitandukanye, isandi, utubwanamajumbura, inceberezi (Abaho bayira incensheberezi), iyo nyoni ngo igira ibanga ryo kugurukira hafi ariko igahita icengera mu gishanga ukayibura, mukaba mwakizenguruka igende yigaragaza ukongera ukayibura.

Amafoto:

Iyi nyoni yarimo itoragura ku nkengero z'igishanga cy'Urugezi
Iyi nyoni yarimo itoragura ku nkengero z’igishanga cy’Urugezi
Iyi nyoni iteye amatsiko iboneka hake mu Rwanda
Iyi nyoni iteye amatsiko iboneka hake mu Rwanda
Igishanga cy'Urugezi cyamamaye kubera inyoni z'amoko menshi zihaba
Igishanga cy’Urugezi cyamamaye kubera inyoni z’amoko menshi zihaba
Uyu musambi warimo utora mu gishanga cyegereye ikiyaga cya Burera
Uyu musambi warimo utora mu gishanga cyegereye ikiyaga cya Burera
Imisambi mu Rwanda iri mu nyoni zitagikunze kuboneka
Imisambi mu Rwanda iri mu nyoni zitagikunze kuboneka
Iki cyapa kigaragara nk'igishaje kikwereka ko wageze ahitwa ku Rusumo
Iki cyapa kigaragara nk’igishaje kikwereka ko wageze ahitwa ku Rusumo
Igishanga cy'Urugezi kirimo amazi afite ibara ry'umukara, abantu bavuga ko iryo bara riterwa na nyiramugengeri ihaba
Igishanga cy’Urugezi kirimo amazi afite ibara ry’umukara, abantu bavuga ko iryo bara riterwa na nyiramugengeri ihaba
Inyoni yo mu bwoko bw'Isandi yiganje muri iki gishanga
Inyoni yo mu bwoko bw’Isandi yiganje muri iki gishanga
Inyoni ziteye gutya ziganje muri iki gishanga
Inyoni ziteye gutya ziganje muri iki gishanga
Inyoni ziba zishimye zirirmba zirambura amababa nk'iyo
Inyoni ziba zishimye zirirmba zirambura amababa nk’iyo
Inyoni ziba ziri hafi ntibigusaba kwinjira igishanga
Inyoni ziba ziri hafi ntibigusaba kwinjira igishanga
Iyi ni imwe mu nyoni zitaboneka mu Rwanda uretse hano mu Rugezi
Iyi ni imwe mu nyoni zitaboneka mu Rwanda uretse hano mu Rugezi
Iyi nyoni na yo iri mu bwoko bw'iziboneka muri iki gishanga
Iyi nyoni na yo iri mu bwoko bw’iziboneka muri iki gishanga
Urugezi ruhuriweho n'akarere ka Burera na Gicumbi mu Ntara y'Amajyaruguru
Urugezi ruhuriweho n’akarere ka Burera na Gicumbi mu Ntara y’Amajyaruguru
Ishuri APADEC na ryo riri hafi aho muri ibyo bice bituranye n'Urugezi
Ishuri APADEC na ryo riri hafi aho muri ibyo bice bituranye n’Urugezi
Aha hantu naho bahita ku Rusumo, haba amazi yisuka mu kiyaga cya Burera
Aha hantu naho bahita ku Rusumo, haba amazi yisuka mu kiyaga cya Burera

Amafoto/HATANGIMANA/UM– USEKE

HATANGIMANA Ange Eric
UM– USEKE.RW

5 Comments

  • Ndifuza ko twashinga pariki yinyoni mu mugi wa kigali.

    Mwene iyi parike Nayisuye muri mauritius.

    Nta mpamvu rero no mu Rwanda Itahaba

  • Umunyamakuru yanditse ku ifoto ya nyuma ngo: ‘Aha hantu naho bahita ku Rusumo, haba amazi yisuka akajya mu rugomero rya Ntaruka, agakomeza ajya mu kiyaga cya Burera”

    Turifuza kumenyesha abasomyi ko ibyo atari byo. Amazi yinjira mu rugomero rwa Ntaruka aba avuye mu kiyaga cya Burera. Iyo asohotse muri urwo rugomero rwa Ntaruka yisuka mu kiyaga cya Ruhondo.

    Turizera ko umunyamakuru aza kubikosora.

    • Kwibeshay bibaho wangu, wibigira intambara

  • @Ange

    Ikiyaga cya Burera ntabwo cyubatseho urugomero rwa Ntaruka.

    Urwo rugomero rwa Ntaruka rwubatse hagati y’ikiyaga cya Burera n’ikiyaga cya Ruhondo

    Ku bashoboye kugera aho hantu, ndizera ko babonye neza ko hagati y’ikiyaga cya Burera n’ikiyaga cya Ruhondo harimo umusozi. Uwo musozi aho utangirira niho hubatse Urugomero rwa Ntaruka. Iyo ugeze mu mpinga y’uwo musozi nibwo ubona ikiyaga cya Burera. Amazi ava mu kiyaga cya Burera ajya muri urwo rugomero rwa Ntaruka anyura mu mpombo nini zubatswe zimanutse kuri uwo musozi.

  • Ubwose ayo niyo moko y’inyoni gusa ahari? inkuru ntijyane TITLE

Comments are closed.

en_USEnglish