Digiqole ad

Abaturage benshi bari kuza kumva ubutumwa ku bishyimbo bidasanzwe

Abahanzi ni umuyoboro mwiza wo kunyuzamo ubutumwa, ubishidikanya yakwitabira ibitaramo bikomeje kubera ahatandukanye mu Rwanda biri guhuruza abantu benshi baza kureba abahanzi nka King James, Miss Jojo, Urban Boys, Tom Close na Riderman bakahabonera ubutumwa ku bishyimbo bikungahaye ku butare. 

Miss Jojo aracyakunzwe ariko nta ndirimbo nshya afite kuko ataherukaga muri muzika
Miss Jojo aracyakunzwe ariko nta ndirimbo nshya afite kuko ataherukaga muri muzika

Ibi ni ibishyimbo bidasanzwe bimenyerewe mu Rwanda, bikungahaye ku butare (iron) bukenerwa cyane n’umubiri mu kongera amaraso, kurinda indwara no gukomeza amagufa y’umubiri.

Ibi bishyimbo bifasha cyane cyane imibiri y’abana, abagore babyaye n’abatwite ndetse n’abantu bafite uburwayi butandukanye.

Ku bufatanye bw’ikigo kitegamiye kuri Leta Harvest Plus na RAB (Rwanda Agriculture Board) aba bahanzi bari gutanga ubutumwa ku maradio, ndetse bagasanga abaturage mu turere.

Muri iyi week end bari i Rusizi aho abantu basaga 5 000 bateraniye kuri stade Kamarampaka gutaramirwa no kugezwaho ubu butumwa.

Miss Jojo ari mu bahanzi bari kongera gushimisha abantu nubwo amaze igihe kinini atagaragara mu ruhando rwa muzika. Ari kugorwa no kuririmba indirimbo ze za cyera akabura inshya zizunganira, nubwo ubona ko abantu bamwishimiye.

Nta gitunguranye abahanzi Riderman, Urban Boys, King James na Tom Close bari gushimisha abantu nk’uko byagaragaye i Rusizi.

Nyuma ya Rusizi kuri uyu wa 06 Ukwakira aba bahanzi barerekeza i Kirehe, bazakomereze i Nyagatare basoreze i Kigali.

Mu modoka bajya i Rusizi; Nizo, Humble na Riderman
Mu modoka bajya i Rusizi; Nizo, Humble na Riderman
Ku maradio atandukanye aba bahanzi bari gutanga ubutumwa kuri ibi bishyimbo
Ku maradio atandukanye aba bahanzi bari gutanga ubutumwa kuri ibi bishyimbo
DSC_9319
Tom Close imbere y’abafana i Rusizi
Miss Jojo wagarutse muri mzika avuga ibishyimbo bidasanzwe
Miss Jojo wagarutse muri mzika avuga ibishyimbo bidasanzwe
Abafana ni benshi bari guhabwa ubutumwa kuri ibi bishyimbo
Abafana ni benshi bari guhabwa ubutumwa kuri ibi bishyimbo
Abantu bari guhabwa amakuru ahagije kuri ibi bishyimbo n'impamvu babikeneye
Abantu bari guhabwa amakuru ahagije kuri ibi bishyimbo n’impamvu babikeneye
Riderman aririmbira abafana i Rusizi
Riderman aririmbira abafana i Rusizi
Urban Boys i Rusizi
Urban Boys i Rusizi
Kuri Kamarampaka baje kumva iby'ibi bishyimbo biciye mu bahanzi bakunda
Kuri Kamarampaka baje kumva iby’ibi bishyimbo biciye mu bahanzi bakunda

 

Ibishyibmo bikungahaye ku butare biri guhingwa ahatandukanye mu Rwanda
Ibishyibmo bikungahaye ku butare biri guhingwa ahatandukanye mu Rwanda

 

Photos/P MUZOGEYE/UM– USEKE

Plaisir MUZOGEYE
UM– USEKE.RW

2 Comments

  • erega burya abahanzi kubera izina baba bafite muri rubanda nukuntu abantu baba babashyiggikiye cyane, buriya kunyuzamo ubutumwa bwuka bwumvikana neza cyane

  • Congs kuri harvest plus team,u deserved an applaud!D’amour na Lister well done idea!!!

Comments are closed.

en_USEnglish