Digiqole ad

Teshome Meron wa Eritea yegukanye Etape ya 5 ya Tour du Rwanda

 Teshome Meron wa Eritea yegukanye Etape ya 5 ya Tour du Rwanda

Teshome Meron yegukanye Etape ya Muhanga-Rubavu.

Bagihaguruka i Muhanga igikundi cyahise cyitura hasi, irushanwa ribanza guhagarara. Isiganwa ryongeye riratangira, gusa mu nzira batararenga akarere ka Muhanga umusore wo muri Eritrea Debretsion Aron yituye hasi arakomereka ndetse ajyanwa kwa muganga ahita ava mu irushanwa. Isiganwa ryakomeje riyobowe n’abasore b’abanyarwanda ariko bageze i Rubavu  Teshome Meron kapiteni w’ikipe ya Eritrea yasize abandi igare rye rigera ku murongo mbere.

Teshome Meron yegukanye Etape ya Muhanga-Rubavu.
Teshome Meron yegukanye Etape ya Muhanga-Rubavu.

Teshome yabaye uwa mbere, uwa kabiri aba Jean Bosco Nsengimana, uwa gatatu aba SMIT Willie wa South Africa.

Etape y’uyu munsi ya Muhanga>>>Rubavu yagoranye cyane kubera imvura ya hato na hato nanone. Ariko abasore b’ikipe y’u Rwanda nka Hadi Janvier, Bosco Nsengimana, Gasore Hategeka, Bonaventure Uwizeyimana bakomeje kuza imbere y’igikundi cya mbere.

Abakinnyi basohotse muri Ngororero bafata Akarere ka Nyabihu bagera za Jomba Hadi Janvier ari imbere, nyuma gato Bonaventure Uwizeyimana mugenzi we wo muri Team Kalisimbi nawe yasatiriye amusanga imbere ngo bakomeze gukurura.

Aba basore bishimiwe bidasanzwe bageze mu duce twa Karago, Rambura na Sashwara muri Nyabihu iwabo w’abasore Jean Bosco Nsengimana, Hadi Janvier na Gasore Hategeka aho abantu benshi babagaragarije ibyishimo ko bageze mu rugo Hadi ari imbere.

Habura 25Km aba basore bombi bari bakiyoboye isiganwa ariko igikundi cy’inyuma yabo gikomeza kubasatira uko begera umujyi wa Rubavu aho kurangiriza.

Muri 500m gusa ngo bagere ku murongo wa nyuma, itsinda ry’abanyonzi bari imbere barimo n’abanyarwanda benshi ndetse na kabuhariwe Debesay Mekseb bituye hasi, barongera barahaguruka barakomeza.

Ibi byahise biha amahirwe Teshome Meron w’imyaka 23, wanyonze cyane agakurikirwa n’aba bari baguye maze bagera ku murongo Meron igare rye rihagera mbere yegukana iyi etape ya gatanu.

Muri iyi mpanuka yo hafi y’umurongo, Areruya Joseph ari mu babaye cyane kuko yakoretse mu isura.

Hadi Janvier Kapiteni w’ikipe y’u Rwanda ya Kalisimbi yatangaje ko kugeza ubu bagifite amahirwe menshi yo kwegukana Tour du Rwanda kuko Jean Bosco Nsengimana yahageze mu gikundi cya mbere akaba agifite umwenda w’umuhondo.

Ku rutonde muri rusange, Jean Bosco Nengimana niwe wa mbere, akurikiwe na Gebreigzabhier Amanuel wa Eritrea.

Abasiganwa kuri uyu wa gatandatu barahaguruka i Rubavu baza i Kigali muri etape ya gatandatu y’irushanwa, ibanziriza iya nyuma izazenguruka umujyi wa Kigali ku cyumweru hakamenyekana uzegukana iyi Tour du Rwanda.

Teshome afata ibihembo by'iyi etape yegukanye
Teshome afata ibihembo by’iyi etape yegukanye. Photo @TourofRwanda

Uko bakurikiranye uyu munsi:

IMG-20151120-WA0005

Uko bagaze muri rusange mu irushanwa ryose:

IMG-20151120-WA0004

Andi mafoto agaragaza uko isiganwa ryari rimeze:

Isiganwa ry'uyu munsi ntiryoroheye abasiganwa muri rusange.
Isiganwa ry’uyu munsi ntiryoroheye abasiganwa muri rusange.
Mu nzira aho banyuraga, hari abaturage benshi bagaragarizaga ikipe y'u Rwanda ko bayishyigikiye. Ku byapa bati "Team Rwanda tuzakugwa inyuma,...Sigarana umwenda w'umuhondo murw'imisozi 1000."
Mu nzira aho banyuraga, isiganwa rigeze mu Murenge wa Karago, mu Karere ka Nyabihu abaturage benshi bagaragarizaga ikipe y’u Rwanda ko bayishyigikiye. Ku byapa bati “Team Rwanda tuzakugwa inyuma,…Gumana umwenda w’umuhondo mu rw’imisozi 1000…Hadi icyamamare muri Afurika…”
Imihanda, n'imisozi yo mu Burengerazuba bw'u Rwanda igaragaza ubwiza bw'igihugu.
Imihanda, n’imisozi yo mu Burengerazuba bw’u Rwanda igaragaza ubwiza bw’igihugu.
Urugendo rw'uyu munsi rwagaragayemo impanuka zigera kuri ebyiri, gusa ngo abazikoze bazakomeza irushanwa.
Urugendo rw’uyu munsi rwagaragayemo impanuka zigera kuri ebyiri, gusa ngo abazikoze bazakomeza irushanwa.
Umunya-Eritrea Debretsion Aron yakoze impanuka ahita ava mu irushanwa.
Umunya-Eritrea Debretsion Aron yakoze impanuka ahita ava mu irushanwa.
Uyu munya-Eritrea Debretsion Aron yakoze impanuka ikomeye irushanwa rigitangira ntiyabasha gukomeza.
Uyu munya-Eritrea Debretsion Aron yakoze impanuka ikomeye irushanwa rigitangira ntiyabasha gukomeza.
Aha yerekaga itsinda riba rikurikirana abakinnyi uko amerewe.
Aha yerekaga itsinda riba rikurikirana abakinnyi uko amerewe.
Iri siganwa kubera imiterere yryo hari benshi batabashije kurikomeza.
Iri siganwa kubera imiterere yryo hari benshi batabashije kurikomeza.
Teshome Meron yishimira Etape yari yegukanye.
Teshome Meron yishimira Etape yari yegukanye.
Abakinnyi bagera kuri batanu nabo bari hafi aho.
Abakinnyi bagera kuri batanu nabo bari hafi aho.
Byari ishiraniro ku Munyarwanda Jean Bosco Nsengimana n'umunya-Afurika y'Epfo SMIT Willie bahataniraga umwanya wa kabiri.
Byari ishiraniro ku Munyarwanda Jean Bosco Nsengimana n’umunya-Afurika y’Epfo SMIT Willie bahataniraga umwanya wa kabiri.
Umunyarwanda Jean Bosco Nsengimana wambaye umwenda w'umuhondo ku munsi wa mbere yabashije kuwugumana.
Umunyarwanda Jean Bosco Nsengimana wambaye umwenda w’umuhondo ku munsi wa mbere yabashije kuwugumana.
Teshome Meron yambitswe umwenda na Skol nk'uwegukanye agace ka Muhanga-Rubavu.
Teshome Meron yambitswe umwenda na Skol nk’uwegukanye agace ka Muhanga-Rubavu.
Jean Bosco Nsengimana yagumanye umwenda we w'umuhondo.
Jean Bosco Nsengimana yagumanye umwenda we w’umuhondo.
Nsengimana yahembewe kandi umwanya w'umunyafrica uri imbere y'abandi
Nsengimana yahembewe kandi umwanya w’umunyafrica uri imbere y’abandi
DSC_0075
Yahawe kandi n’igihembo cy’umunyarwanda iri imbere

 

Photos/Umuseke

UM– USEKE.RW

en_USEnglish