Digiqole ad

Rwamagana: Miss Rwanda yifatanyije na Unity Family kwibuka abana bishwe mu 1994

i Rwamagana, Akiwacu Colombe Nyampinga w’ u Rwanda 2014, kuri uyu wa 21 Mata yifatanyije n’abana bagera kuri 43 barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bari mu muryango bise ‘Unity Family’ mu kwibuka abana bishwe mu 1994.

Imvura ntari yroshye ariko yanze kujya kugama
Mu mvura, Miss Rwanda hamwe n’abandi mu gikorwa cyo kwibuka

Ku nshuro ya 20 u Rwanda rwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, nyuma y’icyumweru cyo kwibuka ku rwego rw’igihugu, ibikorwa byo kwibuka biracyakomeza mu gihe cy’iminsi 100.

Nyampinga w’u Rwanda Akiwacu Colombe yifatanyije n’abana bo mu Murenge wa Kigabiro, Akarere ka Rwamagana mu Ntara y’i Burasirazuba mu gikorwa cyo kwibuka abana bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Mu ijambo Akiwacu Colombe yagejeje ku rubyiruko rwari aho, yavuze ko amateka mabi yaranze u Rwanda mu bihe byashize adakwiye kuzongera kubaho ukundi, bityo u Rwanda rurusheho gutera imbere mu bikorwa byose byatuma abanyarwanda babaho neza.

Miss Akiwacu Colombe yakomeje avuga ko afatanyije n’urubyiruko rwo mu Karere ka Rwamagana, yifuza kuba bakubakira umuryango umwe inzu yo kubamo, icyo gikorwa bikaba biteganyijwe ko kizaba ku itariki ya 24 Gicurasi 2014.

Nehemie Uwimana umuyobozi w’Akarere ka Rwamagana (Mayor), mu butumwa yatanze ku bantu bari aho, yavuze ko Leta y’u Rwanda idashyigikiye umuntu wese wakwifuza ko u Rwanda rwasubira mu bihe rwanyuzemo.

Yavuze ko abanyarwanda bose muri rusange bakwiye kurinda umutekano w’igihugu bahashya uwo ariwe wse waba yifuza kugeteza umutekano muke mu gihugu. Bazirikana cyane ibihe bibi u Rwanda rwanyuzemo, bibukaga uyu munsi, ko bitazasubira ukundi.

 

Umuyobozi ww'Akarere ka Rwamagana bwana Uwimana Nehimiya
Nehemie Uwimana umuyobozi w’Akarere ka Rwamagana
Igikorwa cyo kwibuka cyatangijwe n'urugendo rwazengurutse Umujyi wa Rwamagana
Igikorwa cyo kwibuka cyatangijwe n’urugendo rwazengurutse Umujyi wa Rwamagana
Colombe mu modoka akihagera
Miss Colombe mu modoka akihagera
Imvura nyinshi yabanje kubangamira igikorwa
Imvura nyinshi yabanje kubangamira igikorwa
Hano Colombe yambutsaga abana umuhanda
Miss Colombe aha yambukanaga umuhanda n’aba bana bari baje muri icyo gikorwa
Imvura ntari yroshye ariko yanze kujya kugama
Imvura ntabwo yahagaritse igikorwa cyabo
Muhongayire Yvonne (i bumoso) Vice Mayor Affair Social mu Karere ka Rwamagana
Muhongayire Yvonne (i bumoso) umuyobozi wungirije w’Akarere ka Rwamagana ushinzwe imibereho myiza
Uru nirwo rwibutso rushyinguyemo imibiri y'Abatutsi bazize Jenoside
Uru nirwo rwibutso rushyinguyemo imibiri y’Abatutsi bazize Jenoside, barimo n’abana bibukaga none
Abayoboke b'idini ya islam nabo baje muri urwo rugendo
Abayoboke b’idini ya islam nabo baje muri urwo rugendo
Colombe yiforanya n'abana
Miss Rwanda yahaye umwanya abana wo kwifotozanya nawe
Umutekano mu muhanda wari wose
Police yacungiye umutekano abari mu rugedno
Uyu ni umunyabanga mpuza bikorwa w'Umurenge wa Kogabiro
Uyu ni umunyabangasnhingwabikorwa w’Umurenge wa Kigabiro
Aha bakurikiranaga ikiganiro bagezwagaho na Nyampinga Akiwacu Colombe ndetse na Mayor wa Rwamagana
Nyuma y’urugendo bakurikiranye ikiganiro bagezwagaho na Miss Rwanda Akiwacu Colombe ndetse n’umuyobozi w’Akarere ka Rwamagana
Hano Colombe yavaga mu biro by'Intara y'i Burasirazuba
Miss Rwanda avuye  mu biro by’Intara y’Iburasirazuba
Aba bana baririmbaga indirimbo y'urumuri rw'ikizere
Aba bana baririmbaga indirimbo y’urumuri rw’ikizere
Mayor w'Akarere ka Rwamagana, Colombe na Josue uhagarariye Unity Family
Umuyobozi w’Akarere ka Rwamagana, Miss Rwanda na Josue uhagarariye Unity Family
Aha Colombe yagezaga ijambo ku mbaga yari aho
Miss Rwanda yagezaga ijambo ku ku bari aho
Umuyobozi w'idini ya Islam nawe yari muri icyo gikorwa
Umuyobozi w’idini ya Islam aho, muri uyu muhango yari ahari
Aba ni bamwe mu bana bari muri Unity Family bagezaho umuvugo abantu bari aho
Bamwe mu bana bari muri Unity Family bagezaho umuvugo bari bateguye

Photos/J Rutaganda

Joel Rutaganda
ububiko.umusekehost.com

en_USEnglish