Digiqole ad

Rusizi: Impanuka ikomeye yateje ibihombo bikomeye abacuruza inka

 Rusizi: Impanuka ikomeye yateje ibihombo bikomeye abacuruza inka

Imodoka yangiritse bikomeye n’inka yari ihetse zirapfa ku buzima bw’Abantu Imana yakinze akaboko

Iyi mpanuka y’imodoka yo mu bwoko bwa FUSO yari itwaye inka 33 zo kubagwa, yavaga mu karere ka Nyamagabe yerekeza i Rusizi nibwo yaje kurenga umuhanda igeze mu murenge wa Giheke  nyuma yo kubura icyerekezo, iribirandura, irangirika bikomeye n’inka nyinshi zirapfa.

Imodoka yangiritse bikomeye n'inka yari ihetse zirapfa ku buzima bw'Abantu Imana yakinze akaboko
Imodoka yangiritse bikomeye n’inka yari ihetse zirapfa ku buzima bw’Abantu Imana yakinze akaboko

Ababonye iyi mpanuka, bavuga ko yabaye mu masaha ya saa yine z’ijoro. Batangarije Umuseke ko bari bavuye muri Nyamagabe iyi modoka nta kibazo ifite ariko ngo batunguwe no kumva yibiranduye.

Nkurunziza Emmanuel wari muri iyi Fuso, bigoye kumenya nomero ya plaque, bitewe n’uko yangiritse nyuma y’impanuka, yabwiye Umuseke ko ahombye bikomeye.

Ati: “Igihombo duhuye na cyo ntikivugwa. Leta idutabare, reba inka imwe yari ifite agaciro k’ibihumbi birenga 300 bara ukube n’inka 33. Ubu se turabaho gute twari tuzijyanye muri Congo hari n’izari zitarishyurwa. Ni agahinda katavugwa.”

Umwe mu Banyekongo bari bafite inka muri iyi modoka, yabwiye Umuseke ko iki gihombo ari ubwa mbere akigize, akavuga ko byabaye urwazindutse ko Imana ari yo yo kubatabara.

Iyi mpanuka yangije bikomeye iyi modoka, ariko nta muntu wapfuye, gusa umwe mu bari bayirimo yakomeretse bikabije.

Inka 26 zahise zipfa ako kanya,  izindi zo zapfuye muri iki gitondo cyo kuri uyu wa gatatu gusa ngo nta cyizere cy’uko iyi modoka izongera kujya mu muhanda. Nibura muri rusange, ibihombo ngo barabibarira muri miliyoni 10 z’amafaranga y’u Rwanda.

Nyanza: Batewe Impungenge na Essence zicururizwa mu nzu babamo Abatwara ibinyabiziga bikoreshwa na Mazout  ndetse na essance bo mu murenge wa Ntyazo ho mu karere ka Nyanza bavuga ko kuba batagira aho babigura hafi,ari kimwe mu bibagora mu kazi kabo ka buri munsi. Umuyobozi w'intara y'amajyepfo MUNYANTWARI ALPHONSE avuga ko bagiye gushaka uburyo hashyirwaho ahantu ho gucururizwa mu rwego rwo kuzamura iterambere ry'abaturage. Kuba abakoresha ibinyabiziga bikenera mazutu na essance bo mu murenge wa Ntyazo ho mu karere ka Nyanza batagira aho babigurira hafi,bituma bishakira uburyo bwo kubicuruza mu buryo bushobora guteza ibibazo harimo n'impanuka kuko bamwe  babicururiza no mu mazu babamo. Bamwe mu bamotari twaganiriye bagaragaza ko ubwo bucuruzi bwacika ari uko bahubaka  amasitasiyo ya essence ngo kuko abayikenera ari benshi kandi ahari sitasiyo hakaba ari kure cyane,bityo bakaba bafata umwnzuro wo gushaka kujy bazicuruza rwihishwa bakazibika mu mazu bababo,ibishobora kubateza ibibazo. Uyu Nsabimana Emmanuel utuye mu murenge wa Ntyazo akagari ka Bugari avuga ko iyo bakeneye essence,bibasaba gukora urugendo bakajya kuyishakira mu mugi wa Nyanza aho avuga ko bakora urugendo rurerure rungana na Km 3. Nsabimana aragira ati « hano muri utu dusantere twacu usanga harti abiyemeza gucuruza essence kuko baba babona ifite amafaranga menshi bakirengera ingaruka zo kuba yabateza impanuka dore ko iba ibitse mu majerekani kandi mu nzu babamo .» Goverineri w'intara y'amajyepfo Alphonse Munyantwari avuga ko aba bacuruza essance bakwiye kwirinda kuyishyira mu mazu bararamo kuko ishobora guteza impanuka,naho ku kuba bakwegerezwa Sitasiyo,avuga ko  akarere kagomba kureba niba koko hari abantu benshi bakeneye sitasiyo bakaba bayihabwa Aha Goverineri aragaira ati « ba rwiyemeza mirimo n’abandi bikorera bagomba kurebauko bashora imari yabo mu bikorwa nk’ibi kandi niyo batangirira kuri duke bagera kuri byinshi kandi bigateza imbere uduce twinshi.» Goverineri yasabye abayobozi haba ab’akarere ndetse n’bandi kutabuza aba bamotari n’abandi bakoresha ibinyabiziga kurushaho kubyongeraariko yabasabye kwirinda gucururiza essance mu mazu yabo. Umurenge wa Ntyazo ni umwe mu mirenge igize akarere ka Nyanza ugaragara ko uri mu cyaro ariko ukaba ufite udusantere dusa naho twateye imbere mu gukoresha ibinyabiziga bikoresha essence,aba baturage bakaba basaba ko bakwegerezwa uburyo bwo kubona iyi essence yo kubafasha. Christine Ndacyayisenga  UM-- USEKE.RW/NYANZA

whatsapp-image-2016-10-05-at-12-23-32-pm

Imodoka yangiritse bikomeye, inka zose bari batwaye zapfuye
Imodoka yangiritse bikomeye, inka zose bari batwaye zapfuye
Hari abaje gutabara babasha gupakira inka zapfuye
Hari abaje gutabara babasha gupakira inka zapfuye

Francois Nelson NIYIBIZI
UM– USEKE.RW

3 Comments

  • Imana ishimwe kuba ntawubiguyemo…Ariko rero nta fuso yakagombye kurenza inka igenewe kwikorera.Bishobora gukurura impanuka nk izi zatwara ubuzima bw abantu n amatungo.

  • So sad! inka nazo ni ibiremwa pe! n’ubwo nta muntu wapfuye aliko birababaje. abatwara inka leta ikwiye kubakurikirana kuko ntibyumvakana ukuntu watwara inka 33 mu mudoka imwe kabisa, zigenda nabi bibabaje pe! ni uko nta miryango irengera amatungo, naho ubundi ni amahano bakora pe! MINAGRI cg SE MINICOM bakwiye kubyigaho. niba tuvuga ngo inka ni symbol y’u Rwanda ntiyakagombye gutwara nabi aka kageni.
    ikindi kuvuga ngo leta nibafashe! ni gute watwara imali ingana gutyo udafite ubwishingizi, niba nta bwishingizi wagiraga bwa business yawe, urareba imirari da! komera,

  • mbega inka zapfuye nabi weeeee!!!,erega nazo n’ibiremwa zirababara! nukuri bajye bazitwara neza nubwo ziba zijyiye kubagwa nukuri!!!

Comments are closed.

en_USEnglish