Digiqole ad

RRA yinjije miliyari 769 z’imisoro muri 2013-2014

Nk’uko byatangarijwe abanyamakuru kuri uyu wa 4  Kanama 2014  ubwo hatangizwaga ibikorwa byo kwizihiza umunsi w’umusoreshwa, Ikigo cy’igihugu cy’Imisoro n’Amahoro (RRA) cyakiriye amafaranga yose hamwe agera kuri miliyari 769 harimo n’imisoro. Imisoro yonyine iki kigo cyakiriye miliyari  758,6 mu mwaka w’imari wa 2013-2014.

Ikigo cy'igihugu cy'imisoro n'amahoro kivuga ko imisoro igarukira abaturage mu bikorwa by'amajyambere bitandukanye byubakwa
Ikigo cy’igihugu cy’imisoro n’amahoro kivuga ko imisoro igarukira abaturage mu bikorwa by’amajyambere bitandukanye byubakwa

Richard Tusabe Umuyobozi iki kigo cy’imisoro n’Amahoro  avuga ko bageze kuri 96% by’intego yabo kuko amafaranga yose iki kigo cyakiriye ari Miliyari 769 mu gihe hari hateganyijwe kwakira Miliyari  793.

Ugereranyije n’umwaka wa 2012-2013 iki kigo kivuga ko uyu mwaka hiyongereyeho miliyari 106

Richard Tusabe avuga ko kuba batarageze ku ntego zabo 100% byatewe n’uko ubukungu butari bwifashe neza kuko bwagombaga kwiyongera 6,6% bukiyongeraho 4,6 gusa, muri uyu mwaka wa 2013-2014.

Nkuko uyu muyobozi abitangaza ngo zimwe mu ngamba zafashwe muri uyu mwaka mushya w’imari wa 2014-2015,hashyizweho imashini zitanga inyemezabwishyu(Electronic Billing Machines) izi zikaba zarafashwe na 75% by’abagomba kuzikoresha kuko zafashwe n’abagera ku 5 000 mu gihe  6 800 aribo bagomba kuzifata.

Izi mashini zikaba zifashishwa mu kumenyekanisha imisoro no gusorera buri kintu kigomba gutangirwa umusoro, bityo ntihabeho kunyereza imisoro iba igomba gutangwa n’abasoreshwa.

Mu ngamba zafashwe kandi harimo kongera  kongera umubare w’abasora hifashishijwe ubukangurambaga no gusobanura amategeko agenga imisoro, gutanga Serivisi inogeye ibyifuzo by’abagenerwabikorwa,guhuza za Gasutamo i Mombasa byaratangiye  ndetse na Dar Es Salam ngo bizatangira vuba, guca za magendu no gutanga amahugurwa atandukanye.

Abakwepa imisoro  basubiza inyuma igihugu

Mu nsanganyamatsiko  y’uyu munsi ivuga “Inyemezabuguzi, ishingiro ry’umusoro, umusingi w’ibaruramari” ngo kuba abasora bakwepa imisoro ni imwe mu mbogamizi ikomeye iki kigo gihura nayo mu gihe ngo imisoro yo mu Rwanda idahanitse nk’uko bisobanurwa na Tusabe Richard.

Tusabe ati“Mu byukuri imisoro yo mu Rwanda ntihanitse kandi abanyarwanda bo bafite amahirwe kuko imisoro yabo ibagarukira, dukwiye kubyishimira ndetse abantu bakagatanga imisoro nkuko amategeko abiteganya”

Aimable Kayigi, Komiseri w’imisoro y’imbere mu gihugu uvuga ko hakiri ikibazo cy’imyumvire gikomeye aho umucuruzi n’umuguzi bagira ubufatanye mu guhombya igihugu kuko ngo hari aho abacuruzi bumvikana n’abaguzi bakabagabanyirizaho make ntibabahe inyemezabwishyu.

Richard Tusabe mu kiganiro n'abanyamakuru kuri uyu wa 04 Kanama
Richard Tusabe mu kiganiro n’abanyamakuru kuri uyu wa 04 Kanama
Iki kiganiro cyari cyatumiwemo abasoreshwa ndetse n'abandi barebwa n'imisoro
Iki kiganiro cyari cyatumiwemo abasoreshwa ndetse n’abandi barebwa n’imisoro
Iki kiganiro cyarimo kandi Claver Gatete Ministre w'Imari n'igenamigambi (hagati) wari waje gutangiza ibikorwa by'umunsi w'umusoreshwa
Iki kiganiro cyarimo kandi Claver Gatete Ministre w’Imari n’igenamigambi (hagati) wari waje gutangiza ibikorwa by’umunsi w’umusoreshwa


Photos/E Birori/UM– USEKE

BIRORI Eric
UM– USEKE.RW
 

0 Comment

  • Yewe, ndabona ntako mutagize. Ubundi se ziriya miliyari koko zarinjiye? Ntabwo murimo kwibeshyera?Mana, udufashe azakomeze aboneke. Ngo miliyari magana…………arindwi yavuye mu misoro n’amahoro?Uzi ko ya VISION 2020 tuzayigeraho. Ariko ntimungaye, njye ndagereranya no myaka 20 ISHIZE.

  • ni byza cyane kubona umusoro w;abanyarwanda uri kuzamura iterambere ry;ubukungu bw;u Rwanda , turusheho kuzamura ubukungu bw’u Rwanda

  • congratulations to RRA

  • aya mafaranga ko ari menshi!! ariko ibi birerekana ko abanyarwanda tumaze kumenya akamaro ko gusora kandi nihahandi aratugarukira biciye mu bikorwa remezo bigenda bitwegerezwa.

Comments are closed.

en_USEnglish