Digiqole ad

Police FC na APR FC buri imwe yatsinze kimwe mu buryo bumwe

Remera – Mu irushanwa rya CECAFA Kagame cup kuri uyu wa 09 Kanama ikipe zihagarariye u Rwanda za Police FC na APR FC zitwaye neza ku munsi wa mbere zitsinda amakipe zari zihanganye buri imwe igitego kimwe ku busa bwa mukeba we. Rayon Sports nayo ihagarariye u Rwanda umukino wayo krui uyu wa gatanu yawunganyije na Azam yo muri Tanzania.

Nshutinamagara (ibumoso) na bagenzi be bishimira igitego cy'intsinzi
Nshutinamagara (ibumoso) na bagenzi be bishimira igitego cy’intsinzi

Umukino wabanje uyu munsi ni uwahuje Vital’O y’i Burundi na Banadir yo muri Somalia, Vital’O yaguye nabi cyane iyi kipe yo muri Somalia kuko yayitsinze 5 – 1, birimo kimwe cyatsinzwe na Ndikumana Hamad bita Kataut umukinnyi w’umunyarwanda wahoze yarabigize umwuga i burayi  ubu akaba akina i Burundi, wanatanze indi mipira ibiri yavuyemo ibitego bya Vital’O.

Umukino wakurikiyeho Police FC yakinnye na El Mereikh yo muri Sudan, ku munota wa 17 gusa Kipson Atuheire yari abonye igitego cya mbere cya Police FC yateresheje umutwe kuri ‘coup franc’ yari itewe neza na Jacques Tuyisenge.

Uyu mukino wabaga ku gicamunsi cya none wariho abantu bacye muri stade.

Umukino ufunze kandi utarimo ubuhanga cyane waje kurangira gutyo nta kipe yongeye kureba mu izamu, muri iri tsinda C izi kipe zirimo hamwe na Vital’O na Benadir.

Hakurikiyeho umukino wa APR FC na Atletico zo mu itsinda B. Umukino unogeye ijisho urimo ubuhanga.

Amakipe yombi yerekanye ko ashoboye, nubwo APR FC yigaragaje mu kugumana umupira no gusatira cyane kurusha Atletico y’umutoza Kaze cedric wahoze atoza Mukura VS mu mwaka ushize.

Umukino wageze ku minota y’inyongera (3) APR irushaho gusatira, maze kuri ‘coup franc’ yatewe neza na Sibomana Patrick (Pappy) myugariro Nshutinamagara Ismael (Kodo) ashyiraho umutwe intsinzi iraboneka.

Iyi ni imikino yo mu matsinda ikiri kuba. Kuri uyu wa 10 Kanama gahunda y’imikino iteye itya:

(Amahoro Stadium)

Telecom vs KCCA 1.00pm
KMKM vs Azam FC 3.00pm
Adama city vs Rayon Sports 5.00pm

Ndikumana Hamad (Katauti) ubu uri gukinira ikipe ya Vital'O yagaragaye muri uyu mukino ndetse anayifasha gutsinda kuko ariwe watsinze igitego cya Vital'O muri uyu mukino wabaye ahagana saa saba Vital'O ikina na Banadir yo muri Somalia
Ndikumana Hamad (Katauti) ubu uri gukinira ikipe ya Vital’O yagaragaye muri uyu mukino ndetse anayifasha gutsinda kuko ariwe watsinze igitego cya mbere muri bitanu (5 – 1) Vital’O yatsinze umukino wabanje ikina na Banadir yo muri Somalia

 

Police FC yabanje mu kibuga
Police FC yabanje mu kibuga
Ikipe ya El Mereikh yo muri Sudan yahanganye na Police FC
Ikipe ya El Mereikh yo muri Sudan yahanganye na Police FC
Kipson Atuheire (iburyo) yishimira igitego yari amaze gutsinda
Kipson Atuheire (iburyo) yishimira igitego yari amaze gutsinda
Ikipe ya Police FC mu byishimo
Ikipe ya Police FC mu byishimo
Ubwo mu kibuga rwari rwambikanye, abafana bamwe bariho bareba amakipe ya APR FC na El Mereikh zigera kuri stade
Ubwo mu kibuga rwari rwambikanye, abafana bamwe bariho bareba amakipe ya APR FC na El Mereikh zigera kuri stade
Djamal Mwiseneza yitegura gukinira umukino we wambere ikipe ya APR iherutse kumuvana muri Rayon Sports
Djamal Mwiseneza yitegura gukinira umukino we wambere ikipe ya APR iherutse kumuvana muri Rayon Sports
Umukino wa Police FC na El Mereikh wari ufunze cyane warangiye nta kindi gitego kibonetse
Umukino wa Police FC na El Mereikh wari ufunze cyane warangiye nta kindi gitego kibonetse
Atletico y'i Burundi igiye gukina na APR FC
Atletico y’i Burundi igiye gukina na APR FC
APR FC yabanje mu kibuga
APR FC yabanje mu kibuga
Umusore Rutanga Eric wigaragaje muri uyu mukino
Umusore Rutanga Eric wigaragaje muri uyu mukino
Mubumbyi Barnabé agerageza kurekura ishoti ari kure
Mubumbyi Barnabé agerageza kurekura ishoti ari kure, Nongwe Francis na mugenzi we barugarira
Umutoza Casa Mbungo wa Police FC yagaragaye kuri uyu mukino yitegereza cyane bamwe mu bakinnyi ba Atletico yarangiza akandika
Umutoza Casa Mbungo wa Police FC yagaragaye kuri uyu mukino yitegereza cyane bamwe mu bakinnyi ba Atletico yarangiza akandika
Abasore ba Atletico bagaragaje ubuhanga mu kugarira izamu ryabo
Abasore ba Atletico bagaragaje ubuhanga mu kugarira izamu ryabo
Uwo ni Nshutinamagara wakozejeje umutwe ku mupira wari utewe na Sibomana
Uwo ni Nshutinamagara wakozejeje umutwe ku mupira wari utewe na Sibomana
Umupira waruhukiye mu rushundura
Umupira waruhukiye mu rushundura
Nshutinamagara na bagenzi be bishimira igitego
Nshutinamagara na bagenzi be bishimira igitego
Zacharie Hakizimana wababajwe cyane no gutsindwa ndetse akanashotorwa n'abakinnyi ba APR FC bagakizwa na Polisi
Zacharie Hakizimana wababajwe cyane no gutsindwa ndetse akanashotorwa n’abakinnyi ba APR FC bagakizwa na Polisi
Abafana ba APR FC mu byishimo
Abafana ba APR FC mu byishimo
Eric Rutanga watowe nk'umukinnyi w'umukino yabihembewe
Eric Rutanga watowe nk’umukinnyi w’umukino yabihembewe

 

Paul NKURUNZIZA
UM– USEKE.RW

en_USEnglish