Digiqole ad

PGGSS IV: LIVE i Muhanga. Wicikwa uko byagenze

28 Kamena 2014 – Abantu babarirwa mu bihumbi bitandatu bari kuri Stade ya Seminari i Kabgayi aho baje gukurikirana irushanwa rya PGGSS ryabasanze iwabo. Ni ihiganwa ubu rigeze mu kiciro cya Live, ni ku nshuro ya kabiri baririmbye muzika ya Live, buri muhanzi biragaragara mu maso ko yiteguye guhatana. Abahanzi bamaze gutombora uko bagiye gukurikirana kuri stage:

Abantu bagera ku bihumbi bitatu bari i Muhanga kuri stade y'i Kabgayi
Abantu bagera ku bihumbi bitatu bari i Muhanga kuri stade y’i Kabgayi

1. Christopher niwe ubanje
2. Young Grace
3. Amag the Black
4.Dream Boys
5.Active
6.Jules Sentore
7. Teta Diana
8. Jay Polly
9. Senderi International Hit
10. Bruce Melodie

Ikipe igize abafasha abahanzi mu ndirimbo za Live, ni abahanga mu kuririmba (vocalists)

Backing group igizwe n'abahanga mu kuririmba
Backing group igizwe n’abahanga mu kuririmba
Amajwi yabo ni ntamakemwa baba kandi baritozanyije n'aba bahanzi bose indirimbo zose bazaririmba Live
Amajwi yabo ni ntamakemwa baba kandi baritozanyije n’aba bahanzi bose indirimbo zose bazaririmba Live
Hari abantu benshi cyane kuri iyi stade izwiho kuba ariho umupira w'amaguru mu Rwanda watangiye gukinirwa mu myaka ya 1940
Hari abantu benshi cyane kuri iyi stade izwiho kuba ariho umupira w’amaguru mu Rwanda watangiye gukinirwa mu myaka ya 1940
Christopher mu ndirimbo ye "Iri joro" niwe ubanjirije abandi
Christopher mu ndirimbo ye “Iri joro” niwe ubanjirije abandi
Yambaye isuti ariko nta kirimo imbere
Yambaye isuti ariko nta kirimo imbere
Abafana be ngo baramushyigikiye
Abafana be ngo baramushyigikiye

Young Grace yambaye isuti n’ishati y’umweru niwe uri gukora Rap wenyine mu bakobwa bari muri iri rushanwa. Hari abafana bacye bafite ibyapa byanditseho amazina ye. Ati “Muze tubyine Young Grace nijye namwe mpaka”

 

Young Grace muri Rap ikaze yatangiranye
Young Grace muri Rap ikaze yatangiranye
Ati muze tubyine nijye namwe mpaka
Ati muze tubyine nijye namwe mpaka
Yambaye isuti nziza y'umukara
Yambaye isuti nziza y’umukara
Aragaragara nk'Umufana wa AS Muhanga ariko wishimiye muzika
Aragaragara nk’Umufana wa AS Muhanga ariko wishimiye muzika
Uyu arashaka gusigarana agafoto muri phone ye
Uyu arashaka gusigarana agafoto muri phone ye
Abakemurampaka, Tonzi, Aimable Twahirwa na Lion Imanzi
Abakemurampaka, Tonzi, Aimable Twahirwa na Lion Imanzi

Amag the Black niwe uriho, ahereye ku ndirimbo “Uruhinja”. Abafana batari bacye baramwereka urukundo bishimana nawe muri iyi ndirimbo yakunzwe cyane. Akurikijeho indirimbo yose “Care” abafana ni benshi bari kuririmbana nawe bati “Careeeee”

Amag the Black imbere y'abafana be mu ndirimbo "Uruhinja"
Amag the Black imbere y’abafana be mu ndirimbo “Uruhinja”
Aha ati "Abasore twarashize ngo turatanga Care"
Aha ati “Abasore twarashize ngo turatanga Care”
Yagerageje kwitwara neza muri muzika ya Live kurenza ubushize
Yagerageje kwitwara neza muri muzika ya Live kurenza ubushize

Dream boys mu ndirimbo yabo “Ungaraguza agati” hamwe n’ababyinnyi benshi inyuma yabo. Bakurikijeho indirimbo yabo “No one” bakoranye na Eddie Kenzo.

Ufite inyota aragura kuri Promotion udafite imyaka 18 ntiyemerewe
Ufite inyota aragura kuri Promotion udafite imyaka 18 ntiyemerewe
Dream Boys kuri stage mu ndirimbo yabo "Ungaraguza agati"
Dream Boys kuri stage mu ndirimbo yabo “Ungaraguza agati”
Igitsina gore abenshi bakunda cyane aba basore babiri
Igitsina gore abenshi bakunda cyane aba basore babiri
Dream Boys yazanye n'itsinda rikomeye ry'ababyinnyi
Dream Boys yazanye n’itsinda rikomeye ry’ababyinnyi
Aba babyinnyi babafashije cyane kuryohereza abafana
Aba babyinnyi babafashije cyane kuryohereza abafana
Buri mubyinnyi yakoraga uko ashoboye
Buri mubyinnyi yakoraga uko ashoboye

Active nibo bakurikiyeho, bahereye ku ndirimbo “Aicha”. Aba basore ba Active buri wese aba tegereje uko baza kubyina kuko bakora itandukaniro. Ubu bazanye itsinda ry’ababyinnyi bari kumwe nabo, ku maso ni byiza cyane. Bamabye amabara menshi, cyane umutuku.

Active bahageze barabanza bakwira stage
Active bahageze barabanza bakwira stage
Aha bari kumwe n'ababyinnyi babo mu ndrimbo "Aicha"
Aha bari kumwe n’ababyinnyi babo mu ndrimbo “Aicha”
Abahungu barabyina ku buryo bwashimishaga benshi
Abahungu barabyina ku buryo bwashimishaga benshi
Itsinda ry'aba basore ryagerageje kwitwara neza muri LIVE
Itsinda ry’aba basore ryagerageje kwitwara neza muri LIVE
Umwe araririmba abandi bakaba babyina bakakuranwa bityo bityo
Umwe araririmba abandi bakaba babyina bakakuranwa bityo bityo

Jules Sentore ubu niwe uri kuririmba, ahereye ku ndirimbo ye “Muraho neza” akurikizaho “Have udatitira”. Uyu musore w’ijwi ryiza yaje yambaye imyambaro y’ingabo.

Julles Sentore yatangiranye indirimbo ye "Muraho neza"
Julles Sentore yatangiranye indirimbo ye “Muraho neza”
Abafana be baje kumushyigikira
Abafana be baje kumushyigikira
Ku ruhande Christopher yariho areba bagenzi be kuko we yari yarangije kuririmba
Ku ruhande Christopher yariho areba bagenzi be kuko we yari yarangije kuririmba
Abafana ba Sentore bishimana nawe
Abafana ba Sentore bishimana nawe
Uyu musore yagaragaje ubuhanga bwe mu guhamiriza dore ko akomoka mu muryango w'abahanzi b'intore cyane
Uyu musore yagaragaje ubuhanga bwe mu guhamiriza dore ko akomoka mu muryango w’abahanzi b’intore cyane
Ni umuhanga mu kuririmba ubusanzwe
Ni umuhanga mu kuririmba ubusanzwe

TETA Diana niwe ukurikiyeho…yahereye ku ndirimbo “Uri uwanjye” akurikijeho indirimbo ye “Ejo ni undi munsi”. Yambaye ikanzu ndende itukura. Uyu muhanzi akaba ari umwe mu bazamutse neza binjira bisa n’ibitunguranye muri PGGSS IV ariko akaba azwiho ubuhanga mu kuririmba (Vocalist). Live niwe mwanya we wo kwiyereka cyane cyane abakemurampaka.

Tonzi ari gutanga amanota
Tonzi ari gutanga amanota
Abafana ba Teta bamwiteguye kuri stage
Abafana ba Teta bamwiteguye kuri stage
Yatangiye agerageza kumvikanisha umwihariko we
Yatangiye agerageza kumvikanisha umwihariko we
Teta mu ndirimbo ye "Ejo nundi munsi"
Teta mu ndirimbo ye “Ejo nundi munsi”
Ijwi rye ni Ok ku wumva indirimbo
Ijwi rye ni Ok ku wumva indirimbo
Imbere y'abafana bari i Muhanga
Imbere y’abafana bari i Muhanga

Jay Polly araje, buri kimwe kirahindutse, abana hejuru, umwuka w’ibyishimo mu bafana ni wose!

Abari gufasha abahanzi kuririmba
Abari gufasha abahanzi kuririmba
Tonzi atanga amanota
Tonzi atanga amanota
Aimable yitegereza
Aimable yitegereza
Jay Polly arahageze
Jay Polly arahageze
Imbere y'abafana be
Imbere y’abafana be
Ati nimwe mwanshyize muri Hip Hop muzanampe Guma Guma nzagaruka hano kubashimira
Ati nimwe mwanshyize muri Hip Hop muzanampe Guma Guma nzagaruka hano kubashimira
Abafana be ni benshi bigaragara
Abafana be ni benshi bigaragara
Imanzi, New Style
Imanzi, New Style
Abafana be ni benshi bigaragara
Abafana be ni benshi bigaragara
Abafana ni be benshi imbere ya Jay Polly
Abafana ni be benshi imbere ya Jay Polly

Senderi azanye n’ababyinnyi batari bacye, binjirira ku ndirimbo “Twaribohoye” akurikizaho “Icyomoro” abafana be uko bigaragara si benshi cyane ariko aragerageza kubigarurira buhoro buhoro muri Live ya none.

Senderi yazamutse nawe
Senderi yazamutse nawe
Senderi abafana be nabo ngo bazamutora
Senderi abafana be nabo ngo bazamutora
Imbere y'abafana be ati "Twaribohoye"
Imbere y’abafana be ati “Twaribohoye”
Senderi mu ndirimbo ye Icyomoro
Senderi mu ndirimbo ye Icyomoro
Abafana bamwe bazamutse mu biti
Abafana bamwe bazamutse mu biti
Senderi International Hit avuga ko igikombe ari icye
Senderi International Hit avuga ko igikombe ari icye

Bruce Melodie niwe uje kuririmba nyuma y’abandi. Indirimbo ze “Telephone” na “Njyewe Ndumiwe”. Nta bintu byinshi, ari wenyine, ariko ashimishije abantu benshi abantu baratungurwa.

Abafana ba Bruce Melodie bafite udutambaro twera
Abafana ba Bruce Melodie bafite udutambaro twera
Primus Guma n'abafana benshi cyane
Primus Guma n’abafana benshi cyane
Primus
Primus
Bruce Melodie ashimisha abafana be mu ndirimbo telephone
Bruce Melodie ashimisha abafana be mu ndirimbo telephone
Uyu musore yaje yambaye neza cyane
Uyu musore yaje yambaye neza cyane
Nyuma yakuyemo ikoti arabyina cyane mu ndirimbo ye "Njyewe Ndumiwe"
Nyuma yakuyemo ikoti arabyina cyane mu ndirimbo ye “Njyewe Ndumiwe”
Abafana be mu byishimo
Abafana be mu byishimo
Niwe usoje igitaramo cyaberaga hano i Muhanga
Niwe usoje igitaramo cyaberaga hano i Muhanga
Irushanwa rya PGGSS IV
Irushanwa rya PGGSS IV

Abahanzi muri rusange bagaragaje ko bahinduye byinshi muri LIVE Concert ya none i Muhanga, buri umwe yakoze iyo bwabaga kandi agaragaza gutera imbere ugereranyije n’igitaramo cyabaye i Kigali. Ariko mu bantu batandukanye abanyamakuru b’Umuseke babajije bemeje ko aba bahanzi bane aribo barushije abandi ku buryo bugaragara uyu munsi, gukundwa, kuririmba, kwitwara neza no kugaragara kuri scene byose ubishyize hamwe:

1.Dream Boys
2.Jay Polly
3.Jules Sentore
4.Amag The Black

Haracyategerejwe amanota y’akanama k’abakemurampaka ari nako kazatangaza abitwaye neza iri rushanwa risojwe.

Week end itaha ni i Musanze!!!! Ntimuzacikwe muri kumwe n’ikipe y’Umuseke.

 

Photos/Plaisir MUZOGEYE/UM– USEKE

Joel Rutanganda
ububiko.umusekehost.com

0 Comment

  • Ama costumes wangu!! Respect kuri mwebwe mwubashye abanyamuhanga mukagenda mwambaye neza gutyo. Murasobanutse ni ukuri. Imana ibahe umugisha cyane

  • Imyambarire niyo yatumaze kabisa!! Hari Amg the Black, Young Grace, BMelodie, Chris, na Active bakwica kabisaaa!!

  • Désormais  et de grâce bajye bambara  neza nk’ubu buri bihe byabo imbere y’abafana maze ngo urebe ngo turaryoherwa kandi tukabubaha!

  • Hello guys,Just I would like to thanks this guys of UM– USEKe who is in charge of covering this special gumaguma u are professional and keep up track! many thanks for good reporting!!!!!

Comments are closed.

en_USEnglish