Digiqole ad

Perezida Kagame yavuze ko Hon. Nyandwi yabaye umuyobozi mwiza mu bihe bigoye

 Perezida Kagame yavuze ko Hon. Nyandwi yabaye umuyobozi mwiza mu bihe bigoye

Nyuma yo kumusabira muri Paruwasi ya Regina Pacis, Umurambo wajynywe gushyingurwa mu irimbi ry’i Rusororo

Mu muhango wo gusezera bwa nyuma Depite Nyandwi Joseph Desire uherutse kwitaba Imana azize Uburwayi, Perezida Paul Kagame yatanze ubutumwa bwo kwihanganisha umuryango wa nyakwigendera, avuga ko u Rwanda rubuze umuntu w’Intwari wakoze ibikorwa by’indashyikirwa birimo guhangana n’ibibazo by’umutekano mucye waterwaga n’abacengezi ubwo Jenoside yakorewe Abatutsi yari imaze guhagarikwa.

Nyuma yo kumusabira muri Paruwasi ya Regina Pacis, Umurambo wajynywe gushyingurwa mu irimbi ry'i Rusororo
Nyuma yo kumusabira muri Paruwasi ya Regina Pacis, Umurambo wajynywe gushyingurwa mu irimbi ry’i Rusororo

Mu butumwa bwatambukijwe na Mme Tugireyezu Venantie, akaba ari Minisitirimu mu biro by’Umukuru w’Igihugu, Perezida Paul Kagame yihanganishije umuryango wa nyakwigendera.

Umukuru w’Igihugu yavuze ko nyakwigendera Depite Nyandwi Joseph Desire yakoze akazi gakomeye ko guhangana n’Abacengezi bashakaga guhungabanya umutekano wari umaze kugerwaho ubwo yayoboraga Perefegitura ya Gitarama.

Perezida Paul Kagame yavuze kandi ko Hon Nyandwi yagiye yuzuza inshingano yagiye ahabwa zirimo kuyobora Minisiteri y’Ubutegetsi bw’igihugu. Ati “ U Rwanda n’Abanyarwanda tubuze umuntu wari umukozi mwiza kandi w’umunyakuri.”

Imihango yo gusezera bwa nyuma kuri nyakwigendera Hon Nyandwi yakomereje muri paruwasi ya Regina Pacis I Remera mu gitambo cya Misa cyo kumusabira, cyayobowe na Musenyeri wa Diyoseze ya Gikongoro, Hakizimana Célestin.

Abo mu muryango wa nyakwigendera barimo abana be, bashimiye ababafashe mu mugongo, bakaza kwifatanya na bo muri ibi bihe bigoye.

Mugisha Philbert uyobora akarere ka Nyamagabe (aho Hon Nyandwi akomokamo), avuga ko urupfu rwa nyakwigendera ari igihombo ku gihugu kuko yakoranaga umurava mu mirimo ye yose ndetse agatanga umusanzu mu kuzamura aka karere yakomokagamo.

Ati “ N’ubwo nta byemezo yashoboraga gufata nko muri njyanama y’akarere ariko yatugiraga inama nyinshi zitandukanye zose zigamije guteza imbere akarere kacu.”

Akomeza avuga ko nyakwigendera yakurikiranaga akarere akomokamo. Ati “ Nk’umudepite ureberera igihugu cyose iyo yazaga mu karere ka Nyamagabe yadufashaga mu bintu byinshi Hon.”

Hon Nyandwi yavukiye mu karere ka Nyamagabe mu cyahoze ari komini Karambo ubu ni mu murenge wa Kibumbwe, yavutse muri 1954, asize abana 2.

Ikiriyo kizasozwa ku cyumweru taliki ya 23 Ukwakira, kibimburiwe n’igitambo cya misa kizabera muri Shapele y’Abasereziyani ku Kimihurura, imihango y’ikiriyo ikomereze iwe muri uyu murenge wa Kimihurura.

Inshuti n'umuryango wa nyakwigendera bagiye kumusabira muri Paruwasi ya Regina Pacis
Inshuti n’umuryango wa nyakwigendera bagiye kumusabira muri Paruwasi ya Regina Pacis
Igitambo cya Misa cyayobowe na musenyeri Hakizimana Célestin wa Gikongoro
Igitambo cya Misa cyayobowe na musenyeri Hakizimana Célestin wa Gikongoro
Abayobora Inteko Ishinga Amategeko mu gitambo cya misa
Abayobora Inteko Ishinga Amategeko mu gitambo cya misa
Minisitiri w'Intebe na Hon Gakuba Jeanne d'Arc
Minisitiri w’Intebe na Hon Gakuba Jeanne d’Arc
Abagize inteko Ishinga amategeko baje mu misa yo gusabira mugenzi wabo witahiye
Abagize inteko Ishinga amategeko baje mu misa yo gusabira mugenzi wabo witahiye
Dep Bamporiki na Fidel Ndayisaba wo muri Komisiyo y'Ubumwe n'Ubwiyunge
Dep Bamporiki na Fidel Ndayisaba wo muri Komisiyo y’Ubumwe n’Ubwiyunge
Abo mu muryango wa nyakwigendera baje kumusabira
Abo mu muryango wa nyakwigendera baje kumusabira
Umuhungu wa nyakwigendera mu gitambo cya misa yo kumusabira
Umuhungu wa nyakwigendera mu gitambo cya misa yo kumusabira
Abana ba Nyakwigendera bavuze ko se yajyaga abatoza gukunda umurimo n'izindi ndangagaciro
Abana ba Nyakwigendera bavuze ko se yajyaga abatoza gukunda umurimo n’izindi ndangagaciro
Yasabiwe
Yasabiwe
Nyuma yo kumusabira bahise berekeza ku irimbi i Rusororo
Nyuma yo kumusabira bahise berekeza ku irimbi i Rusororo
Basohoka mu kiliziya
Basohoka mu kiliziya
Umukuru wa Police, IGP Emmanuel Gasana Na Maj Gen Jacques Musemakweri mu muhango wo gushyingura
Umukuru wa Police, IGP Emmanuel Gasana Na Maj Gen Jacques Musemakweri mu muhango wo gushyingura
Abihayimana barimo Vincent Kagabo uyobora Ishuri Rikuru rya Kiliziya Gatolika ya Kabgayi (ibumoso)
Abihayimana barimo Vincent Kagabo uyobora Ishuri Rikuru rya Kiliziya Gatolika ya Kabgayi (ibumoso)
Nyuma yo kumusabira muri Paruwasi ya Regina Pacis, Umurambo wajynywe gushyingurwa mu irimbi ry'i Rusororo
Nyuma yo kumusabira muri Paruwasi ya Regina Pacis, Umurambo wajynywe gushyingurwa mu irimbi ry’i Rusororo
Umubiri ugiye kururutswa ngo ushyingurwe
Umubiri ugiye kururutswa ngo ushyingurwe
Wabanje gusabirwa bwa nyuma
Wabanje gusabirwa bwa nyuma
Umubiri wururutswa ngo ushyingurwe
Umubiri wururutswa ngo ushyingurwe
Hon Makuza Bernard ashyira indabo ku mva
Hon Makuza Bernard ashyira indabo ku mva
IGP Emmanuel Gasana ashyira indabo ku mva
IGP Emmanuel Gasana ashyira indabo ku mva
Min Venantie Tugireyezu ashyira indabo ku mva
Min Venantie Tugireyezu ashyira indabo ku mva
Meya Philbert wa Nyamagabe
Meya Philbert wa Nyamagabe

Photos © J. P. Nkundineza/Umuseke

Jean Paul NKUNDINEZA
UM– USEKE.RW

7 Comments

  • RIP Uruhukire mumahooro

  • aba bana kwari beza?

  • Mbonye umudamu w’inzobe hejuru imisatsi naturels ushobora kuba arimo atera inkuru zishekeje muri Eglise. Nkibaza icyo yaje gukora niba akizi. Kurikira sha usabire iyo roho iruhukire mu mahoro

  • Imana imwakire ,aruhukire mu mahoro.kandi Imana ihe umutima abo mumuryango wa nyakwigendera umutima Wihangana.

  • Igendere kwa Data wa twese uruhukire mu mahoro.wari umugabo mwiza wicisha bugufi tuzahura tukwibuka.

  • Nyakwigendera imana imuhe iruhuko ridashira

  • RIP Nyandwi umugabo wahoraga atuje

Comments are closed.

en_USEnglish