Digiqole ad

Muhanga/Kamonyi: Mu mezi 9 abagera ku 10% bahawe amashanyarazi

 Muhanga/Kamonyi: Mu mezi 9 abagera ku 10% bahawe amashanyarazi

Iki kigo nicyo gifite mu nshingano gukwirakwiza amashanyarazi.

Ikigo gishinzwe  gukwirakwiza  umuriro w’amashanyarazi (Energy Company Limited) gitangaza ko mu mezi  icyenda kimaze guha abaturage bagera ku 10% umuriro w’amashanyarazi mu karere ka Muhanga na Kamonyi, gusa abaturage bavuga ko igiciro cy’amashanyarazi  gihenze.

Iki kigo nicyo gifite mu nshingano gukwirakwiza amashanyarazi.
Iki kigo nicyo gifite mu nshingano gukwirakwiza amashanyarazi.

Mu kiganiro  umuyobozi w’iki kigo ishami rya Muhanga,  BATANGANA Regis, avuga ko  kuva ngo iki kigo cyatangira mu kwezi kwa karindwi umwaka ushize wa 2015  kimaze kwegereza abaturage bagera  ku 10% amashanyarazi mu mirenge  imwe igize  Akarere ka Kamonyi na Muhanga batari bafite umuriro w’amashanyarazi.

BATANGANA avuga ko  kubaka ibikorwaremezo  binyuzwamo umuriro  w’amashanyarazi ari byo babanje gukora mbere y’uko aba baturage bahabwa amashanyarazi kuri Km 100 ugereranyije n’aho baherereye.

MUTUYEYEZU Martin wo mu murenge wa Cyeza, avuga ko  guhabwa amashanyarazi ari ikibazo kimwe,  kugabanyirizwa ibiciro bikaba ikindi kibazo, kuko ngo amafaranga y’ifatabuguzi ndetse n’ayo babarirwa kuri kilowatt ari  menshi cyane ugereranyije n’ubushobozi bafite.

Kuri iki kibazo  BATANGANA avuga ko  kuba hari kubakwa inganda nyinshi mu Rwanda bizatuma ikiguzi cy’amashanyarazi kigabanuka, n’aho ngo ku birebana n’amafaranga y’ifatabuguzi abaturage basabwa mbere yo guhabwa umuriro, iki kigo cyaborohereje  kuyishyura mu byiciro bitandukanye.

Yagize ati: “Mbere wasangaga  hari imashini nyinshi zikoresha mazutu, ubu iki kibazo cyavuyeho, ndetse n’ibura ry’umuriro ntabwo rikibaho.”

Cyakora  avuga ko  hari imbogamizi  bagenda bahura na zo  zo kuba  hari bamwe mu baturage batuye mu manegeka, bikaba bigora  iki kigo  kugeza umuriro muri utu duce, ndetse hakaba hari n’abajura  biba ibikoresho by’amashanyarazi  bigateza igihombo  ikigo.

Barateganya ngo guhindura ibikoresho by’amashanyarazi bishaje  bakabisimbuza ibishya. Igiciro cy’ifatabuguzi  ni ibihumbi 56 by’amafaranga y’u Rwanda,  kilowatt imwe  igeze ku mafaranga  182 y’u Rwanda.

Mu karere ka Kamonyi iki kigo  gishinzwe gukwirakwiza amashanyarazi  gikorera mu mirenge irindwi, muri Muhanga  iki kigo gikorera mu mirenge  icyenda.

BATANGANA  avuga ko mu mpera z’ukwezi kwa Mata uyu mwaka wa 2016 bazaba bageze ku ijanisha rya 100% mu kwegereza abakiliya umuriro w’amashanyarazi mu turere twombi.

http://www.thegossipers.com/gossip/cameron-e-victoria-con-le-stesse-scarpe-agli-mma.asp
BATANGANA Regis umuyobozi w’ikigo gishinzwe gukwirakwizaingufu z’ amashayarazi.

MUHIZI  ELISEE
UM– USEKE.RW/Muhanga.

2 Comments

  • Morning All Friends?
    nibaza iyo bavuga ngo bagejeje amashanyarazi kubaturage
    ngewe sinemeranya nabyo kuko baba babeshya nukuduhuma amaso gusa.
    Bazabanze barebe Umudugudu wa Bukimba na Karengo ho mu Murenge wa Runda
    Kandi hitwa ngo nimumarembo Yumurwa mukuru wu Rwanda.
    Ikindi Leta niyo yahakase umudugudu none se guha abaturage umudugudu ntubahe amazi nu muriro
    numuhanda, ubwo koko ntuba wirengagije iterambere ryabaturage ushinzwe kuyobora.
    Birababaje gusa.

  • YEWE NIHO DUTUYE IMIBARE YO SINAYIHAMYA KO ARI UKURI ijana ku ijana ariko icyo nzi neza nuko umuriro usigaye uboneka kabisa turakora kugeza n’ijoro umuriro uriho pe.

Comments are closed.

en_USEnglish