Digiqole ad

Muhanga: KCB yunamiye inzirakarengane zishyinguwe Nyarusange

Abakozi ba Banki  y’ubucuruzi y’Abanyakenya (KCB)  bunamiye inzirakarengane zazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 zishyinguwe mu rwibutso ruherereye mu  Murenge wa Nyarusange mu Karere ka Muhanga. Muri iki gikorwa Umuyobozi w’iyi Banki ishami rya Muhanga Bayiringire Louis yavuze ko  kwibuka bitagomba guharirwa  abarokotse gusa.

Abakozi ba KCB bashyira indabo  ahashyinguye imibiri y'abazize Jenoside mu 1994
Abakozi ba KCB bashyira indabo ahashyinguye imibiri y’abazize Jenoside mu 1994

Aba bakozi  ba Banki  y’ubucuruzi y’Abanyakenya bavuga ko batekereje  kunamira inzirakarengane  zishyinguye  muri uyu Murenge mu rwego rwo kwifatanya n’abandi Banyarwanda  muri iyi minsi 100 yo kwibuka ku nshuro ya 20 Jenoside yakorewe Abatutsi.

Bayiringire Louis umucungamutungo wa Banki y’ubucuruzi y’Abanyakenya, ishami rya Muhanga yatangarije UM– USEKE ko  buri mwaka  hari ibikorwa iyi banki ikora kandi ngo iba yarashyize ho ingengo y’imali y’amafaranga yo kwita ku barokotse batishoboye by’umwihariko ndetse n’abandi Banyarwanda muri rusange.

Yagize ati: ‘’ Mu bikorwa dushinzwe gukora ntidushobora kwiyibagiza ko hari Abanyarwanda bahuye n’ibibazo bikomeye birimo na Jenoside  bityo buri mwaka rero  tubanza gufata umwanya wo  kunamira inzirakarengane, nyuma tugafasha n’abarokotse kandi n’igikorwa ngarukamwaka’’

Sunzu Jonathan wari uhagarariye umurenge wa Nyarusange muri iki gikorwa cyo kunamira inzirakarengane yavuze ko  bibashimisha cyane kubona ko hari  Abanyarwanda  bafite umutima w’urukundo ndetse bakazana n’abanyamahanga mu rwego rwo kubereka  amateka mabi yaranze u Rwanda yaje kugeza naho Jenoside yakorewe Abatutsi iba.

Sunzu  yavuze ko  ibyabereye muri uyu murenge  ari agahomamunwa kubera ko  imibiri  myinshi  y’abazize  Jenoside itigeze iboneka kubera ko  yaroshywe mu mugezi wa Nyabarongo, ariko ko ubuyobozi bwagize  bwakoze  ibishoboka byose bugakusanya iyari ishyinguye hirya no hino  mu tugari  igashyingurwa hamwe.

Yashimiye iki gikorwa avuga ko cyerekana ubufatanye n’u buvandimwe  mu kwibuka abacu bazize Jenoside.

Yagize ati:’’ Iyo mukoze igikorwa nk’iki  cyo kunamira abazize Jenoside bitwereka ko  abarokotse batari bonyine ko ahubwo hari abandi bazirikana umubabaro n’agahinda  bahuye nabyo.’’

Uru rwibutso rwo mu murenge wa Nyarusange  rushyinguyemo imibiri  1500 yavanywe  hirya no hino mu tugari  tugize uyu murenge ndetse no mu tundi tugari duhana imbibi n’uyu murenge.

Gusa ubuyobozi bw’umurenge butangaza ko bakirimo gushakisha ahaba hakiri indi mibiri kugira ngo ishyingurwe mu cyubahiro.

Abakozi ba KCB bunamira inzirakarengane zazize jenoside mu Murenge wa Nyarusange
Abakozi ba KCB bunamira inzirakarengane zazize jenoside mu Murenge wa Nyarusange
Imbere mu rwibutso abakozi ba KCB basobanuriwe amateka
Imbere mu rwibutso abakozi ba KCB basobanuriwe amateka
Abakozi ba KCB  beretswe amwe mu mafoto y'abazize jenoside mu Rwanda
Abakozi ba KCB beretswe amwe mu mafoto y’abazize jenoside mu Rwanda

MUHIZI Elisée

ububiko.umusekehost.com/Muhanga.

0 Comment

  • No kuri kiriya kibazo cyuriya mwana wimwe imitungo ye mushyireho aho dushyira comments zacu.

Comments are closed.

en_USEnglish