Digiqole ad

Kimironko: Umudugudu w’Isangano bakoze umuganda ku muhanda ureshya na km 1

 Kimironko: Umudugudu w’Isangano bakoze umuganda ku muhanda ureshya na km 1

Abaturage bari mu muganda bari bitabiriye ari benshi

Mu muganda usoza ukwezi, kuri uyu wa gatandatu, mu mudugudu w’Isangano mu kagari ka Nyagatovu mu murenge wa Kimironko, abaturage bakoze imiserege (imiferegi) ku muhanda ureshya na km 1, nyuma y’umuganda berekwa abayobozi bashya baheruka gotorwa, banaganira kuri gahunda za Leta.

Barashyira igitaka mu mufuko kugira ngo batangira amazi y'imvura
Barashyira igitaka mu mufuko kugira ngo batangira amazi y’imvura

Abaturage batunganyije rigole z’umuhanda ureshya na km 1 uhuza umudugudu w’Isangano n’uw’Ijabiro. Uyu muhanda kandi utandukanya umudugudu w’Itetero, ukagera ahahoze irimbi rya Remera aho wongera gutandukanya Isangano n’umudugudu w’Urugwiro n’Ijabiro.

Gatabazi Alphonse, umuturage wo mu mudugudu w’Isangano, wavutse mu 1958, yabwiye Umuseke ko umuganda w’ubu utandukanye n’uwa kera.

Ubu ngo umuntu ajya mu muganda ku bushake, ariko mbere hajyagaho igihano cy’amafaranga y’u Rwanda 500, kandi umuganda wabaga ari itegeko ugakorwa inshuro enye mu kweizi mu minsi isanzwe.

Uyu musaza wari utuye mu Bibare, avuga ko akenshi umuganda bawukoreraga ku muhanda wa Kimihurura – Kakiru icyo gihe ngo uwo muhanda nta kaburimbo yari yashyirwamo.

Agira ati “Uwabaga yarananiranye bamucaga amafaranga kandi bakamufunga umunsi umwe.”

 

Ubwitaribre bwari bushimishije uyu munsi

Ngarukiye Jean de Dieu umuyobozi w’umudugudu w’Isangano, yatangarije imboni y’Umuseke mu muganda ko wagenze neza kandi abantu bitabiriye cyane.

Yavuze ko muri iki gihe cy’imvura nyinshi, ngo umuganda wateguwe wari ujyanye no gusibura rigole (imiserege/imiferegi) zinyuramo umuvu ushobora gusenya imihanda.

Mu rwego rw’umutekano, hafunzwe inzira zica kuri ruhurura zari ziteje umuteano muke kuko abasinzi n’abandi banyuraga bashoboraga kugwa muri ruhurura.

 

Mu nama abaturage basobanuriwe gahunda za Leta

Nyuma y’umuganda, abaturage beretswe abayobozi bashya b’umudugudu, bagizwe na komite nyobozi, abahagariye abagore n’urubyiruko, ndetse habaho guhererekanya ububasha hagati y’abasoje manda n’abashya.

Abaturage kandi bakanguriwe gusorera ku gihe imitungo itimukanwa. bakanguriwe kugira isuku no kwirinda Malaria n’ahava ikiguri cy’imibu.

Nyuma y’aho muri aka gace uyu mudugudu urimo, hatoraguwe umurambo w’umusore wari umaze iminsi yarapfiriye mu nzu, buri wese ufite umukozi cyangwa umuntu ukodesha iwe, yasabwe kumumenya, akagira icyangombwa cye gifotoje, kandi akajya abasha kumenya amakuru ye ya buri munsi.

Konti y’umuganda y’uyu mudugudu, komite icyuye igihe yavuze ko iriho amafaranga ibihumbi 290 y’u Rwanda, ndetse bagaragaza na gahunda zihutirwa aba basimbuye bagomba gukora.

Umuganda wakozwe ku muhanda ureshya na km 1
Umuganda wakozwe ku muhanda ureshya na km 1
Abaturage bari mu muganda bari bitabiriye ari benshi
Abaturage bari mu muganda bari bitabiriye ari benshi
Barimo basukuru amashami atendera mu muhanda
Barimo basukuru amashami atendera mu muhanda
Mu mudugudu w'Isangano bakora umuganda
Mu mudugudu w’Isangano bakora umuganda
Abaturage n'abayobozi basabaga umuturage gusibura iwe kuko amazi yataga inzira akajya mu muhanda akaba yanasenya ikiraro
Abaturage n’abayobozi basabaga umuturage gusibura iwe kuko amazi yataga inzira akajya mu muhanda akaba yanasenya ikiraro
Urubyiruko na rwo writabiriye umuganda
Urubyiruko na rwo writabiriye umuganda
Uyu muhanda uva Kimironko ukagera ahahoze irimbi rya Remera
Uyu muhanda uva Kimironko ukagera ahahoze irimbi rya Remera
Umuhanda wose wariho abantu bakora umuganda
Umuhanda wose wariho abantu bakora umuganda
Abandi babaga bakubura
Abandi babaga bakubura
Uwo mukobwa yari amaze gukora imbere ry'irembo ry'iwabo
Uwo mukobwa yari amaze gukora imbere ry’irembo ry’iwabo
Mu nama y'umudugudu bahabwa amakuru kuri gahunda za Leta
Mu nama y’umudugudu bahabwa amakuru kuri gahunda za Leta
Umuyobozi w'Umudugudu abereka komite nshya
Umuyobozi w’Umudugudu abereka komite nshya
Ngarukiye Jean de Dieu wambaye umupira w'igitare ni we muyobozi w'Isangano abo bandi ni abagize komite nyobozi
Ngarukiye Jean de Dieu wambaye umupira w’igitare ni we muyobozi w’Isangano abo bandi ni abagize komite nyobozi
Iyo ni komite y'urubyiruko y'umudugudu bavuze imihigo yabo
Iyo ni komite y’urubyiruko y’umudugudu bavuze imihigo yabo

HATANGIMANA Ange Eric
UM– USEKE.RW

1 Comment

  • Ibi babyita kwifotoza cyangwa kwishushanya.

Comments are closed.

en_USEnglish