Digiqole ad

Karongi: Abarimu mu mashuri y’incuke banze kwigisha kubera kudahembwa

 Karongi: Abarimu mu mashuri y’incuke banze kwigisha kubera kudahembwa

Mu karere ka Karongi

Bamwe mu barimu bigisha mu mashuri y’incuke abiri yo mu murenge wa Rwankuba mu karere ka Karongi baravuga ko bamaze igihe badahembwa batanahabwa imfashanyigisho none bahisemo guhagarika akazi.

Aba barimu bavuga ko amafaranga bahembwa atangwa n’ababyeyi b’abana bigisha ariko ko bamwe batayatanga n’abayatanze ntibayatangire ku gihe.

Bavuga ko bamaze igihe batabona umushahara kuko ababyeyi banze gutanga amafaranga 500 Frw basabwaga gutanga.

Umwe mu basezeye witwa Ugenzebuhoro  Eugenie agira ati “Ababyeyi banze kwishyura  kandi amafaranga bishyura ari yo duhembwa kandi nta kindi leta idufasha, ubwo rero ntiwaza kwigisha uzi ko utazahembwa,  none se wakura he isabune? ntiwakwigisha usinzira imbere y’abana   kubera ko  ntacyo  wariye nta n’icyo  wasize  mu rugo.”

Rutabana Anastase Umwe mu babyeyi barereraga muri aya mashuri y’incuke avuga ko bamwe mu babyeyi ari bo banze kwishyura kubera imyumvire yabo iri hasi.

Ati “Ishuri  ryacu ryari rifite abana nka 35 ariko twese si ko tubyumva  kimwe, ababyeyi bamwe bigira a ntibindeba  ugasanga uyatanze wenyine bigatuma abarimu bacika intege bityo gahunda igahagarara.”

Umukozi w’umurenge  wa Rwankuba ushinzwe  uburezi, Bayavuge Theoneste avuga amashuri y’incuke ashyirwaho mu bwumvikane n’ubushake bw’ababyeyi.

Avuga ko izi mfashanyigisho zigarukwaho n’abarimu ko batazihawe, ubuyobozi butazibona ndetse ko n’ibi by’agahimbazamusyi gaturuka mu babyeyi barerera muri aya mashuri bityo ko Leta itabiryozwa.

Ati “Agahimbazamusyi gatangwa nabi, turateganya ubukangurambaga  kuko amashuri y’incuke afasha abana kujya mu mashuli abanza bameze neza.”

Iki kibazo cy’ababyeyi banga gutanga umusanzu w’abana babo biga mu mashuri y’incuke ntikiri muri uyu murenge wa Rwankuba gusa kuko no mu yindi mirenge igize akarere ka Karongi  hari amashuli y’ incuke yafunze  kubera  aya mafaranga yabaga yabuze.

Mu karere ka Karongi
Mu karere ka Karongi
Mu murenge wa Rwankuba muri karongi
Mu murenge wa Rwankuba muri karongi

Sylvain NGOBOKA/Karongi
UM– USEKE.RW

en_USEnglish