Digiqole ad

Inkera ya "Hobe Rwanda". Igitaramo cyanyuze benshi bakitabiriye

Inkera y’umuco gakondo yiswe “Hobe Rwanda” y’uyu mwaka yabereye muri Serena mu ijoro ryo kuri uyu wa gatandatu tariki 13 Nzeri yitabiriwe n’Abanyarwanda babarirwa mu bihumbi bibiri, byatumye abahanzi nka Mani Martin, Mariya Yohana, Inganzo Ngari, Gakondo, Mighty Popo n’abandi batarama bashishikaye.

Intore z'Inganzo Ngari zicinya umudiho.
Intore z’Inganzo Ngari zicinya umudiho.

Inkera (igitaramo) “Hobe Rwanda” ni igitekerezo cy’Abanyarwanda batandukanye biganemo abahanzi bakora indirimbo mu njyana gakondo n’injyana nyafurika muri rusange, ikigo “Mobile Application Venture” ihagarariwe na Raoul Rugamba, Positive production, Minisiteri y’umuco na Siporo n’abandi kugira ngo bajye bakumbuze Abanyarwanda ibyiza byari mu muco gakondo wabo.

Ni igitaramo cyaranzwe n’indirimbo gakondo, umudiho, imivugo, ibyivugo no kwidagadura muri rusange nka bimwe mu byarangaga inkera za kera.

Abahanzi batandukanye barimo abakizamuka, Mariya Yohana, Mani Martin, Umusaza Rugano, Mani Martin n’itsinda rye Kesho Band, Mighty Popo na Ben Kipetit n’tsinda ryabo rigizwe ahanini n’abana b’abanyeshuri biga mu ishuri ry’Umuzika ku nyundo, Mani Martin, Gakondo Group ibarizwamo Masamba Intore, Jules Sentore, Teta Diana, Daniel Ngarukiye, Umunyarwenya Ntarindwa Diogena bakunda kwita amazina atandukanye nka “Atome, Gasumuni n’ayandi”, ababyinyi b’Inganzo Ngari n’abandi bitabiriye iyi nkera basusurutsa abantu.

Bamwe mu bari bitabiriye iyi nkera bavugaga ko bikwiye ko “Hobe Rwanda” y’umwaka utaha yazabera ahantu hagari kuko icyumba cya Serena Hotel cyabereyemo cyuzuye ndetse bamwe bagahagarara.

Iki gitaramo kandi cyagaragaje ko hakiri Abanyarwanda benshi bakunda umuco gakondo kuko hari ibitaramo by’inshi by’abahanzi baririmba injyana z’abanyamahanga bajya bakorera ibitaramo aho iki cyabereye ntibyitabirwe.

DSC_3383
Abahanzi gakondo berekanye ubuhanga, banumvisha abari aha uburyohe bw’umuco nyarwanda
DSC_3394
Abari aha banezerewe n’ibi birori
DSC_3430
Buri wese afite amatsiko yo gukurikira buri kimwe kibera aha
DSC_3461
Mani Martin arabyina kinyarwanda
DSC_3467
Ari mu bahanzi bateguye iki gitaramo
DSC_6103
Iki gitaramo kitabiriwe n’abantu batandukanye abakuru n’abato
DSC_6104
Ndetse n’abanyamahanga
DSC_6129
Bakurikiye ibyo bari kugezwaho
DSC_6116
Arabagezaho umuvugo yabateguriye
DSC_6131
Uyu aragaragara nk’uri gufata amajwi n’amashusho y’ibiri kuba akoresheje telephone ye
DSC_6136
Barakirigita inanga mu buryo bunogeye amatwi
DSC_6143
Urubyiruko rutandukanye rwari aha
DSC_6145
Iki gitaramo kitabiriwe cyane kurusha icya Jose Chameleone giheruka kuhabera
DSC_6149
Baje gukurikira iby’umuco w’igihugu cyabo
DSC_6196
Umuhanzi uri mu bakuru kandi bubashywe mu gihugu, Mariya Yohana
DSC_6199
Bazanye abana kureba iby’umuco w’igihugu cyabo
DSC_6202
Ni igitaramo ngaruka mwaka cy’imurikamuco
DSC_6216
Kitabiriwe n’abantu benshi
DSC_6225
Ben Kipeti araririmba anacuranga
DSC_6231
Mighty Popo n’abanyeshuri yigisha muzika ku kigo kiri ku Nyundo baririmbiye abari aho
DSC_6236
Alphonse Nkuranga Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Inama y’igihugu y’Urubyiruko na Herlette Ruyonza wo muri MINISPOC nabo bari baje muri iki gitaramo
DSC_6239
Bamwe mu nshuti z’u Rwanda nabo baje muri iki gitaramo
DSC_6271
Miss Rwanda 2013 Aurore Mutesi yaje yambaye kinyarwanda
DSC_6428
Miss Rwanda yazanye kandi n’ababyeyi be bombi
DSC_6283
Iyi ntore iravuna sambwe mu bafana
DSC_6298
Izi ntore zagaragaje ubuhanga mu guhamiriza
DSC_6328
Yakumbuje abantu kumva umwirongi mu rusobe rw’amajwi meza usohora
DSC_6333
Ibi ni bimwe mu bikoresho bya muzika gakondo
DSC_6365
Mani Martin na Kesho Band baririmbira abari aha
DSC_6407
Ati amahoro kuri mwese, amahoro ku Rwanda
DSC_6414
Diogène Ntarindwa bita Atome niwe wari uyoboye ibi birori ariko yanyuzagamo akiyicarira hasi nawe akabiryoherwa. We n’umwe mu bana babijemo barihera ijisho
DSC_6464
Ines Mpambara wagaragaje ko yishimiye kuba muri iki gitaramo
DSC_6473
Kalisa Rugano yabanyuriyemo amwe mu mateka ya muzika nyarwanda
DSC_6478
Protais Mitali wahoze ari Minisitiri w’Umuco mu Rwanda ateze amatwi Kalisa Rugano
DSC_6496
Mariya Yohana aririmba
DSC_6516
Yari kumwe n’itsinda ry’abandi babyeyi baririmbaga banakoma amashyi badasobanya
Mariya Yohanna n'abandi babyeyi bakoze mu muhogo barahogoza bishimisha benshi
We n’aba babyeyi bakoze mu muhogo barahogoza bishimisha benshi
DSC_6555
Abakobwa bo mu Inganzo Ngari bateze bunyambo
DSC_6562
Abatera indirimbo za kinyarwanda
DSC_6572
Umuhanzi akaba n’umubyinnyi Ibrahim Cyusa na mugenzi we baraseruka neza cyane
DSC_6592
Berekanye ubuhanga bwabo mu kubyina
DSC_6614
Abasore bo mu Nganzo Ngari baserutse ngo bahamirize
DSC_6622
Mu mbyino za Kinyarwanda barerekana ubuhanga bwabo
DSC_6626
Nta gusobanya nta kunyuranya kandi ku murongo
DSC_6653
Intore n’umugara ziravuna sambwe mu mihamirizo gakondo, umwihariko w’abanyarwanda
DSC_6661
Intore zihamirizanya amayugi zacinya bikagira injyana
DSC_6711
Massamba na Gakondo Group nabo baje baratarama
DSC_6718
Teta Diana na Daniel Ngarukiye bo muri Gakondo Group
DSC_6722
Intore Masamba na Jules Sentore inyuma ye, ni abo mu muryango wa Athanase Sentore bitaga Rwigirizabigarama
DSC_6726
Jules Sentore utera ikirenge mu cya sekuru
DSC_6740
Teta Diana umubyiruka w’ijwi rigana irya ba Kamariza
DSC_6743
Suzana Nyiranyamibwa, waririmbye ati “Mwiza wanjye” na  “Uraho Rwanda” akaba icyamamare muri muzika gakondo yo myaka ishize  nawe ntiyari yatanzwe n’iki gitaramo
Iki ni igitaramo murikamuco ngarukamwaka
Iki ni igitaramo murikamuco ngarukamwaka

 

Photos/MUZOGEYE P./UM– USEKE
MUZOGEYE Plaisir
UM– USEKE.RW

0 Comment

  • Ibi bintu ndabikunda cyaneee u Rwanda ni rwiza ni ukuri ! rwose mwaretse buri wese agatanga umusanzu we kugirango twubake u Rwanda rwiza kuburyo buhoraho !!

  • Very beautiful event

  • waoh!!! umuco wacu burya nimwiza cyane murabona ingene baberewe.!!

  • Amahoro amahoro! Umuco wacu ntugacike.

  • umuco wacu tuwusigasire maze tuzawurage abana bacu igihe bazaba bakuze kuko ari mwiza

  • umuco nkuyu wahopzeho natwe mucyaro utugereho

  • Ibi biragaragaza ko umuco wacu ugikunzwe cyane. Uwambaye ikirezi ntamenya ko cyera.
    Umuco wacu ni ubukungu buhanitse, ikibabaje ni uko tutabizi cyangwa se tubyirengagiza nkana.
    Muze dushyire hamwe duharanire kuwuteza imbere, bityo tuwurinde ibyawanduza byose.

  • Mwibagiwe kuvuga ko cyari igitaramo cy’abifite, abasirimu; nta rubanda rugufi wahanutse!

  • abakene we

  • Urwanda ni Rwiza we, Mana urigitangaza. ndagushima.komeza kuruha amahoro kandi narwo rurusheho kukumenya.

  • Ahaaa … Igitaramo cy’imfura gusa gusa. Kavukire fata utwawe wimuke dore abimukira baje.

  • Ngo intore zacinya bikagira injyana? Ntibavuga, bavuga…

  • beautiful event coverage as always. well done.

  • Urakoze kutwereka aya mafoto koko aratanga ishusho y’ibyabaye byose. Byaba byiza utandukanyije intore n;abandi babyinnyi bacinya umudiho bisanzwe. Inttore ni izambaye imigara zifite n’amacumu zambaye n’amayugi birumvikana, icyo gihe bavuga ko zihamiriza;uwo ni umuhamirizo. Bitandukanye cyane rero n’abandi babyinnyi b’abasore cgabagabo bambaye amayugi ariko batambaye imigara nta n’icumu bafite. Abo barabyina bisanzwe ntibahamiriza, mbese mu kinyarwanda cyiza ni ugucinya umudiho. Hahamiriza intore zambaye imigara kuko bifite icyo bisobanura, abandi bacinya umudiho cg se bakabyina umushayayo, amasuka,……… Ni iryo tandukaniro nagira ngo umenye!

  • Mwongere murebe commment zimwe na zimwe mwemerera kugaragara. Iyo uza gusesengura neza cg ukaba ubizi ntiwari gutangaza comment ya 4 kuko kuri jye mbona irimo irondakoko(ubu ngo dusigaye tubyita ingengabitekerezo ya genocide cg amacakubiri). Imfura ni iki, imfura ninde cg ni nde utari imfura?
    ” Kavukire fata utwawe wimuke dore abimukira baje” Iyi mvugo ihatse byishi bitewe n’uko umuntu abyumva kandi yakuruye byishi None se ni nde kavukire ubwira kwimuka, abimukira ni bande??? Musesengure imvugo mushishoze!!!!!!

    Ni inama mbagira si ukunenga cg kunegura uwayikoresheje kuko ntazi impamvu yayikoresheje cg niba abizi!!!

Comments are closed.

en_USEnglish