Digiqole ad

Iduka ryafashwe n'inkongi y'umuriro mu mujyi wa Kigali

Hafi saa cyenda z’amanywa kuri uyu wa 09 Nyakanga umuriro bitaramenyekana neza icyawuteye wibasiye amaduka ari muri Quartier Matheus mu mujyi wa Kigali.

Umuriro wari mwinshi cyane ubwo byari bigitangira
Umuriro wari mwinshi cyane ubwo byari bigitangira

Ni ku muhanda uri munsi y’umusigiti mukuru uri rwagati mu mujyi wa Kigali.

Inzu yahiye iriho ‘Brand’ nini ya KIWI ariko isanzwe icurizwamo ibintu byinshi bitandukanye harimo n’ibiranguzwa byinshi mu mazu y’inyuma

Abacururiza hafi aho babwiye abanyamakuru b’Umuseke bahari ko bakeka ko inzu yatwitswe na ‘instalation’ mbi y’amashanyarazi.

Imodoka za Police zizimya umuriro zari zimaze kuhagera zitangira ibikorwa byo kuzimya uyu muriro.

Imiryango icururizwamo igera kuri itandatu iri ku iduka rinini niyo imaze gushya, bacuruzaga cyane ibintu bya plastique, intebe za plastique, amatermos, amavuta yo kwisiga no guteka, ibikoresho byo mu gikoni no ku meza  n’ibindi byinshi bacuruzaga nk’abaranguza.

Umwe mu bahacururiza yabwiye Umuseke ko iyi nzu atari ubwa mbere umuriro uyibasira ariko kuri iyi nshuro nibwo ihiye bikomeye cyane.

Uyu avuga kandi ko ibintu bihiye bafite agaciro kanini cyane kuko buri muryango ushobora kuba wagezaga kuri miliyoni magana abiri z’agaciro k’ibyo bacuruza.

Amakuru aravuga ko nyiri inyubako yari afite ubwishingizi bwayo ariko benshi mu bayicururizagamo ngo nta bwishingizi bari bafitiye ibicuruzwa byabo.

Iduka ryahiye riri hagati mu mujyi muri Quartier Matheus
Iduka ryahiye riri hagati mu mujyi muri Quartier Matheus
Abantu benshi baje kureba iby'iyo nkongi
Abantu benshi baje kureba iby’iyo nkongi
Umuriro imbere mu nyubako
Umuriro imbere mu nyubako
Abantu bari bamaze gukurwa mu nzira ngo Police izimye umuriro neza
Abantu bari bamaze gukurwa mu nzira ngo Police izimye umuriro neza
Umuriro wari ukiri mwinshi imbere
Umuriro wari ukiri mwinshi imbere
Abacuruzi bagerageje kurokora ibintu bicye cyane
Abacuruzi bagerageje kurokora ibintu bicye cyane
Abakuragamo ibyabo bahitaga bapakira bajyana kubibitsa ahandi
Abakuragamo ibyabo bahitaga bapakira bajyana kubibitsa ahandi
Aragerageza kugira utwo akiza mu bye
Aragerageza kugira utwo akiza mu bye
Isuka ryibasiwe n'inkongi
Isuka ryibasiwe n’inkongi
Abari bafitemo ibyabo bari mu gahinda
Abari bafitemo ibyabo bari mu gahinda
Batakaje byinshi
Batakaje byinshi
Iduka rimwe ririho imiryango ine niryo ryahiye
Iduka rimwe ririho imiryango ine niryo ryahiye
Uyu avuga ko uyu muriro wavuye kuri installation mbi y'iyi nzu
Uyu avuga ko uyu muriro wavuye kuri installation mbi y’iyi nzu
Baragerageza kugira ibyo barokora
Baragerageza kugira ibyo barokora
Aba ni bamwe mu bakozi kuri aya maduka
Aba ni bamwe mu bakozi kuri aya maduka
Imodoka za Police zizimya umuriro
Imodoka za Police zizimya umuriro
Itsinda ry'abapolisi barwanya umuriro mu kazi
Itsinda ry’abapolisi barwanya umuriro mu kazi
Barohereza amazi mu muriro mwinshi wari ukiri imbere
Barohereza amazi mu muriro mwinshi wari ukiri imbere
Izi modoka nizo zatumye inkongi idafata indi nyubako
Izi modoka nizo zatumye inkongi idafata indi nyubako
Umwofisiye wa Police arwanya umuriro
Umwofisiye wa Police arwanya umuriro
Imodoka nk'izi eshatu nizo
Imodoka nk’izi eshatu nizo
Mu yandi maduka nabo bariho bahungisha ibicuruzwa byabo
Mu yandi maduka nabo bariho bahungisha ibicuruzwa byabo
Abapolisi mu gikari cy'iyi nzu yahiye bagerageza kuzimya umuriro wose
Abapolisi mu gikari cy’iyi nzu yahiye bagerageza kuzimya umuriro wose
Urebeye iruhande rw'inzu yahiye, indi byegeranye nayo haburaga gato ngo igurumane
Urebeye iruhande rw’inzu yahiye, indi byegeranye nayo haburaga gato ngo igurumane
Mu gikari umuriro wari ucyaka, installation z'amashanyarazi nizo kugeza ubu zikekwa nk'intandaro
Mu gikari umuriro wari ucyaka, installation z’amashanyarazi nizo kugeza ubu zikekwa nk’intandaro
Ibyahiye ni ibicuruzwa bitandukanye by'agaciro katarabarurwa kose
Ibyahiye ni ibicuruzwa bitandukanye by’agaciro katarabarurwa kose
Inzu yafashwe n'umuriro ni imwe
Inzu yafashwe n’umuriro ni imwe
Abapolisi bamaze kuwuzimya wose
Abapolisi bamaze kuwuzimya wose
Abantu bari bakiri benshi bareba ibiri kuba
Abantu bari bakiri benshi bareba ibiri kuba
Bamwe bagiye hejuru y'inzu ngo babirebe neza kurusha abandi
Bamwe bagiye hejuru y’inzu ngo babirebe neza kurusha abandi
Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali Fidel Ndayisaba (uri kuri telephone) yari ahari nawe
Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali Fidel Ndayisaba (uri kuri telephone) yari ahari nawe

 

Photos/Plaisir MUZOGEYE/UM– USEKE

Plaisir MUZOGEYE & Roger Mark Rutindukanamurego
ububiko.umusekehost.com

0 Comment

  • oooh!! birababaje cyane buri gihe ahantu hashya ngo ni instration mbi? kuki batari gukurikirana amazu yose ngo bacyemure icyo kibazo?gusa IMANA ishimwe kuko nta wahasize ubuzima.

  • sha uri rutindukanamurego kabisa amakuru uhise uyashyiraho uba uri update

  • Polisi nikaze iperereza ku mvu n’imvano z’iyi miriro yongeye kwaduka kuko biteye kwibaza. Icyambere ntawamenya niba koko ari ikibazo cya installation idasobanutse dore ko hari n’abantu bazikora kandi batarabyigiye cyangwa babihugurirwe bihagije.2) Ntawamenya niba atari abantu bari gutwika bakorana na RNC na  FDLR kuko nabo ntitubashira amakenga dore ko ejobundi kuri BBC  mu mvu n’imvano batangaje ko ngo bafite abayoke benshi mu Rwanda.3) Ubucuruzi bwo kuvangavanga ibintu bidahuye(same products) ni ikibazo bishobora guteza inkongi z’umuriro harebwa rero ukuntu abantu bajya bacuruza ikintu kimwe nkuko i Burayi bimeze apana kuvangavanga ibintu. Ikindi mbona nuko ziriya modoka za polisi zishobora kutagera ahantu hamwe  na hamwe bitewe naho inyubako yaba yubatse(hatagera umuhanda wenda) hakaba hakitabazwa indege. Abacuruzi bose basabwe kugura kizamyamwoto zo kwitabaza mu gihe haba habaye impanuka y’umuriro. Ibindi reka tureke iperereza rikore akazi karyo.

    • Wowe ntabwo wabyumvise neza.Bamaze iminsi bababwira kujya gukorera mu muturirwa wi cyama bakanangira.Reka babone rero.

  • Nyuma yo kureba ibirebana n’iyi nkongi y’umuriro yabaye ejo hashize ndetse nkanasoma ibitekerezo by’abanyarwanda , ibingaragariye mu mashusho mbonye ko u Rwanda rugira amahirwe akomeye cyane ashingiye k’urukundo rw’abanyarwanda ndetse n’umuhate wabo wo gutabarana. Iyo inzego z’umutekano zitabanguka ngo zinakoresho uburyo bugezweho , haba harangiritse byinshi cyane hanagwa n’abantu benshi cyane kubera ubwoba bagwirirana mu gihe cyo gukiza amagara yabo. Abacuruzi bagomba kwigishwa uburyo bwo kudashyira ibikoresho byinshi bishonga kuko iyo bihuye n’ibindi bikoresho nk’impapuro , ibyuma, umusenyi ndetse n’ibindi ntarondora .Ubu bucukike bw’ibyo bikoresho mu minsi izaza buzateza impanuka ikomeye cyane mu gihe habonetse abantu babyihisha inyuma kugira ngo bonone umutekano w’igihugu.Ntarugera François

Comments are closed.

en_USEnglish