Digiqole ad

Gako: Ingabo 200 z’ibihugu byiyemeje gutabarana aho rukomeye zatangiye imyitozo

 Gako: Ingabo 200 z’ibihugu byiyemeje gutabarana aho rukomeye zatangiye imyitozo

Bugesera- I Gako mu kigo cya Gisirikare, kuri uyu wa Gatandatu ingabo zisaga 200 ziturutse mu bihugu bine muri 13 bigize umutwe wiyemeje gutabara aho rukomeye muri Afurika zatangiye imyitozo izatuma zuzuza izi nshingano. Umugaba mukuru w’Ingabo z’u Rwanda zirwanira ku butaka Maj Gen Jacques Musemakweli avuga ko Jenoside yakorewe Abatutsi yakozwe amahanga arebera ariko ko bidakwiye kuzongera kuba ukundi.

Maj Gen Jacques Musemakweli avuga ko ibihugu bitazongera kurebera mu gihe abaturage bugarijwe
Maj Gen Jacques Musemakweli avuga ko ibihugu bitazongera kurebera mu gihe abaturage bugarijwe

Izi ngabo zisaga 200 ziturutse mu bihugu nka Angola, Uganda, Afurika y’Epfo n’u Rwanda rwazakiriye.

Sivuyile Bam ushinzwe ibikorwa byo gutabarana n’umutekano mu muryango w’Ubumwe bw’Afurika yashimye ibihugu byitabiriye iyi myitozi avuga ko gushyiraho uyu mutwe byemeranyijweho ubwo bari mu nama i  Harare.

Avuga ko ubu bufatanye bugamije gukomeza gutera intambwe yo kwigira nk’umugabane w’Afurika no kwikemurira ibibazo by’umutekano hatabyeho kurindira ak’imuhana k’abanyamahanga.

Yashimye Leta y’u Rwanda kubera umuhate igaragaza mu bikorwa byo kubungabunga umutekano no kugarura amahoro mu bihugu bitandukanye muri Afurika.

Avuga ko Afurika ifite ubushobozi bwo kwikemurira ibibazo, aboneraho gushishikariza ibihugu byose by’Afurika gukomeza guharanira kwigira.

Umugaba mukuru w’ingabo z’u Rwanda zirwanira ku butaka, Major Gen Jacques Musemakweli wari umushyitsi mukuru yavuze ko ingabo z’u Rwanda zifite ubushobozi n’ibikorwa remezo bizafasha mu gutuma iyi myitozo itangwa neza.

Avuga ko ubufatanye n’imkoranire by’Umuryango w’Ubumwe bw’Afurika n’Umuryango w’Abibumbye bizatuma intego y’iki gikorwa igerwaho.

Maj Gen Musemakweli yavuze ko u Rwanda rumaze kubona ibyarubayeho muri Genocide yakorewe Abatutsi rwiyemeje gufata iya mbere mu gutabara abari mu kaga.

Yemeza ko iyi myitozo izarangira abayitabiriye bafite ubumenyi buhagije buzabafasha mu kuzuza inshinganzo zabo mu kazi ko gutabarana aho rukomeye.

Ati ” Icya mbere ni uko muri iyi myitozo abayitabiriye bazayisoza biteguye kuzuza ubutumwa bazahabwa.”

Maj Gen Musemakweli watangije iyi myitozo yahaye ikaze abayitabiriye abizeza ko bazahabwa amasomo abazanye kandi ko bazitabwaho uko bikwiye.

Umuvugizi w’Igisirikare ry’u Rwanda Ltn Col Rene Ngendahimana yabwiye Itangazamakuru ko kuba iyi myitozo yabereye mu Rwanda byerekana ikizere rufitiwe ku bijyanye n’umutekano.

Major Alex Ahabyona waturutse mu ngabo za Uganda (UPDF) yabwiye Umuseke ko bashima ubushake bw’u Rwanda mu kubungabunga amahoro no kuba rwarakiriye aya mahugurwa .

Mu ri aba basirikare 200 bitabiriye Iyi myitozo barimo 90 b’Abanyarwanda. Umuryango w’Ubumwe bw’Afurika uvuga ko u Rwanda ruza ku isonga mu kubahiriza amahame yo kohereza ingabo mu butumwa bwo kugarura amahoro kuko abasirikare b’u Rwanda batajya barenza iminsi 7 batageze aho bemeye gutanga uyu musanzu.

I Gako buri gihugu gifite ibiro bizajya bibafasha gukurikirana amasomo
I Gako buri gihugu gifite ibiro bizajya bibafasha gukurikirana amasomo
Uganda iri mu bihugu bine byitabiriye iyi myitozo
Uganda iri mu bihugu bine byitabiriye iyi myitozo
Afurika y'Epfo na yo yitabiriye
Afurika y’Epfo na yo yitabiriye
Abasirikare baturutse muri Angola na bo bitabiriye imyitozo i Gako
Abasirikare baturutse muri Angola na bo bitabiriye imyitozo i Gako
Umuvugizi w'Igisirikare cy'u Rwanda Lt Col Ngendahimana avuga ko u Rwanda rwakiriye iki gikorwa kuko hari isura nziza rufite mu butumwa bw'amahoro ku Isi
Umuvugizi w’Igisirikare cy’u Rwanda Lt Col Ngendahimana avuga ko u Rwanda rwakiriye iki gikorwa kuko hari isura nziza rufite mu butumwa bw’amahoro ku Isi
Bavuye i Gako banerekeza ku rwibutso rukuru rwa Kigali ku Gisozi kuzirikana inzirakarengane zishwe muri Jenoside
Bavuye i Gako banerekeza ku rwibutso rukuru rwa Kigali ku Gisozi kuzirikana inzirakarengane zishwe muri Jenoside
Bashyize indabo ahashyinguye inzirakarengane
Bashyize indabo ahashyinguye inzirakarengane
Baneretswe amwe mu mateka ya Jenoside
Baneretswe amwe mu mateka ya Jenoside
Umwe mu basirikare bo muri Angola yihera ijisho iby'aya mateka mabi Abanywaranda banyuzemo
Umwe mu basirikare bo muri Angola yatunguwe n’amateka mabi Abanywaranda banyuzemo
Bagaragaje ko babajwe n'ibikorwa byo guhangabanya umutekano byakorwaga n'abari bashinzwe kuwubungabunga
Bagaragaje ko babajwe n’ibikorwa byo guhungabanya umutekano byakorwaga n’abari bashinzwe kuwubungabunga

Photo © J. P. Nizeyimana/Umuseke

Jean Pierre NIZEYIMANA
UM– USEKE.RW

4 Comments

  • nuko nuko basore ntimuza pfushe ubusa imbaraga namaraso yabasore bingaragu yamenwe kurugamba rwo kwibohora

  • Very good, alutta continua!

  • Mu mafunzo yabo ndabona hajemo n’ibya Ingabire mu mashusho berekwa! Twemera ingabo nyafrika zirakaza neza, ariko ntabwo twemera inkiko nyafrika. Ariko se buriya ntibyaba bimeze nko kubaka African Union igira MINADEF ariko itagira MINIJUST?

  • Mukomereze aho basore bato, imana izabibafashemo

Comments are closed.

en_USEnglish