Digiqole ad

Dutemberane mu bice nyaburanga n’umusozi wa Gisenyi

 Dutemberane mu bice nyaburanga n’umusozi wa Gisenyi

*Gisenyi, mu Karere ka Rubavu iri mu mijyi itandatu yatoranyijwe izunganira Kigali;
*Izwiho kuba umujyi wo kwidagaduriramo, ndetse ukanashyuha;
*Uretse kuba umujyi w’ubucuruzi, ufite n’ibice nyaburanga bifasha abantu kwishimisha no kuruhuka;
*Munyarwanda cyangwa munyamahanga utarasura Gisenyi uri guhomba.

Mu Mujyi wa Gisenyi, uretse umusenyi wo ku kiyaga cya Kivu, amahoteli anyuranye, ikibuga cy’indege, Stade, inzu z’urubyiniro, utubari turi ku mazi, uyu munsi ugiye kumenya ibindi bice ushobora gusura bikagufasha kwishima no kuruhuka mu mutwe.

Umujyi wa Gisenyi wubatse ku mazi.
Umujyi wa Gisenyi wubatse ahantu hameze nko mu kibaya ku nkuka z’ikiyaga cya Kivu.

Reka duhere ku musozi wa Gisenyi, ubu umaze kugirwa umusozi w’ubukerarugendo ku bufatanye na Koperative Inshongore y’Inkeragutabara hamwe n’ikigo cy’igihugu gishinzwe kubungabunga ibidukikije (REMA) n’ikigo cy’igihugu cyimakaza iterambere (RDB).

Umusozi wa Rubavu ugizwe n'ibiti kimeza, ibiterano, n'ibitare byiza.
Umusozi wa Rubavu ugizwe n’ibiti kimeza, ibiterano, n’ibitare byiza.

Uyu musozi ufite amateka, Benoit Munyankindi, umukozi wa RDB avuga ko ujya gutunganywa neza ukongerwaho ibiti himuwe imiryango 1 222 yari iwutuyeho ku manegeka, ku buryo ngo nko mu bihe by’imvura abantu bahoraga bapfa ari benshi. Ubu iyo miryango yatujwe ahitwa Karugogo na Kanengo.

Umusozi wa Gisenyi ubumbatiye amateka menshi, arimo ashingiye ku buvumo (abacunga uyu musozi bavuga ko batarahashyira umuhanda ku buryo abantu bahagera) ngo bwifashishijwe n’Umujenerali w’Umudage, ubwo barwana n’Ababiligi bari muri DR Congo mu ntambara ya mbere y’Isi, ndetse hagwa abasirikare benshi cyane.

Aha ngo Abadage barahakunda kuko hafite aho hahuriye n’amateka yabo nk’uko tubikesha Ndagijimana Innocent, umwe mu bagize Koperative Inshongore.

Uyu musozi kandi wakunze kujya wifashishwa n’ingabo z’u Rwanda.

Ndagijimana Innocent.
Ndagijimana Innocent.
Aha niho urugendo rwo kuzenguruka uyu musozi rutangirira.
Aha niho urugendo rwo kuzenguruka uyu musozi rutangirira.

Uyu musozi uzengurutswe n’agahanda k’ibilometero 11 ushobora kugendamo n’amaguru gusa, ukora Siporo cyangwa uri gutembera.

Iyo uri hejuru uba ushobora kureba neza Umujyi wa Gisenyi, ikiyaga cya Kivu n’Umujyi wa Goma muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo munsi yawe.

Kubera impumuro nziza y'indabo, n'umutuzo uhaba biraryoha cyane kuhatembera.
Kubera impumuro nziza y’indabo, n’umutuzo uhaba biraryoha cyane kuhatembera.
Ni ahantu hashimisha uhageze wese (DJ Africano ku ruhande rw'ubumoso).
Ni ahantu hashimisha uhageze wese (DJ Africano ku ruhande rw’ubumoso).
Ku kazuba umusozi uba usa neza.
Urumuri rw’akazuba k’agasusuruko rurakubita mu migano n’utwatsi kimeza bikaba byiza cyane.

Kuri uyu musozi kandi haboneka indabo, urutare bakoreraho imyitozo yo kurira, ariko ushobora no kuhidagadurira mu minsi mikuru cyangwa igihe ushaka kwishimana n’inshuti.

Koperative icunga uyu musozi wa Rubavu ngo iri hafi kongeramo ibikorwa-remezo nk’amatara, inzu zakirirwamo abantu, amahema yo kuraramo, no gutunganya imihanda ijya ku buvumo ku buryo byarushaho gukurura abakerarugendo benshi.

Haboneka indabo zinyuranye.
Kuri uyu musozi haboneka indabo z’amoko anyuranye zinogeye imboni yawe.
Indabo zishimishije udapfa kubona henshi uretse mu misozi nk'iyi.
Indabo zishimishije udapfa kubona henshi uretse mu misozi nk’iyi.
Haboneka ubwoko bw'indabo bwinshi.
Haboneka ubwoko bw’indabo bwinshi.
Indabo ni ikintu udashobora kuva kuri uyu musozi utabonye.
Kera indabo nk’izi zabaga ziboneka henshi ariko ubu ntabwo zigipfa kuboneka cyane uretse ahirengeye nk’aha .
No mu ishyamba aho utapfa kwegera, indabo ziba zigaragara.
Ni mu ishyamba risobekanye n’ibiti byera indabo ubona uru rusobe runogeye ijisho.
Amoko y'indabo zinyuranye ku musozi wa Gisenyi.
Amoko y’indabo zinyuranye ku musozi wa Gisenyi.
Uyu musozi urimo no gusigasirwa kugira ngo ibidukikije biwuriho bitangirika.
Uyu musozi uri no gusigasirwa kugira ngo ibidukikije biwuriho bitangirika.
Ugeze hagati mu musozi hari akabari, iyo uhageze urushye ufata agakonje.
Ugeze hagati ku musozi hari akabari, iyo uhageze urushye ufata agakonje.
Iyo uri kuri kariya kabari uba ureba neza umujyi wa Gisenyi n'uwa Goma munsi yawe.
Iyo uri kuri kariya kabari uba ureba neza umujyi wa Gisenyi n’uwa Goma munsi yawe.
Benoit Munyankindi, umukozi wa RDB watwerekaga uko uyu musozi uteye.
Benoit Munyankindi, umukozi wa RDB watwerekaga uko uyu musozi uteye.
Utwuma dushinze ku rutare bazamuka n'imigozi,ibi ubanza abenshi babizi muri Filime gusa.
Utwuma dushinze ku rutare dufasha abashaka kuzamuka urutare bakoresheje imigozi, ibi ubanza abenshi babizi muri za Films gusa.
Umuntu agenda azamukira ku migozi uba ifashe muri turiya twuma, gusa ni Siporo ngo ikunze gukorwa n'abazungu gusa.
Ni Siporo ngo ikunze gukorwa n’abazungu gusa, ari natwe ntabwo tuyihejweho, uzaze ugerageze.

Imirimo yo gushyira ibikorwa kuri uyu musozi ubu imaze gutwara amafaranga y’u Rwanda agera kuri 232 703 000 Rwf ariko biracyakomeje. Kugeza ubu kuhasura ni amafaranga 1 000Rwf yonyine ku Munyarwanda na 2 000Rwf ku munyamahanga.

RDB nyo yarangije inyigo yo gushyira imigozi n’ibikoresho bijyana bizwi nka “Zipline (aho ugenda witendetse ku migozi ariko wicaye mu kintu kimeze nka kimwe bicazamo umwana kwa muganga bamupima ibiro mbere yo kumukingira) ku buryo udashobora kugwa.

Iyi Zipline ngo izaturuka aho umusozi uwa Gisenyi utangirira, igera ku gasongero kawo, ikomereze ku gasozi ka Nengo, imanuke hasi hafi y’ikiyaga, ku buryo ngo kizaba ari igikorwa kizarushaho gukurura abakerarugendo benshi. Ndetse ngo hashobora kuzazanwamo n’udusimba abantu bajya basura.

Reka tuve mu buntu tujye mu bundi, i Gisenyi hari ahantu henshi ho kogera ariko nabahitiyemo hamwe mwasanga n’indi Siporo yo gutwara akato gato muri Siporo y’amazi no kwitwara mu mazi, ibyo bita “Kayaking”.

Aha ho turi kumwe na Miss Rwanda 2016 Jolly Mutesi.

Iyi Hoteli igira agashya ko ibiyubatse, ibiribwa n'ibinyobwa bakoresha hafi ya byose biba byarakorewe mu Rwanda, aha baraha ikaze Miss Rwanda.
Iyi Hoteli igira agashya ku biyubatse, ibiribwa n’ibinyobwa bakoresha hafi ya byose biba byarakorewe mu Rwanda, aha baraha ikaze Miss Rwanda.
Odetta Nyiramongi, uhagarariye Paradis malahide uhagarariye iyi Hoteli, yereka Nyampinga Mutesi Jolly ubwiza bw'Ikivu.
Odetta Nyiramongi, uhagarariye Paradis Malahide yereka Nyampinga Mutesi Jolly ubwiza bw’Ikivu.
Aha baraganira, dore ko Nyampinga yanahakunze.
Aha baraganira Nyampinga w’u Rwanda amubaza utuntu n’utundi.
Iyo wicaye aha uruhuka, ureba ubwiza bw'Ikivu nibwo wumva ko Imana igira neza.
Iyo wicaye aha uruhuka, ureba ubwiza bw’Ikivu nibwo wumva ko Imana igira neza.
IMG_3570
Uba kandi imbere yawe urebe akarwa bita Akeza, uba wumva wakoga ukigira kukiberaho

Kuri aka karwa ubu hakorerwa ibirori, ubukwe,…nyamara ngo kera baharohaga abakobwa batwaye inda z’indaro, Abashi bakahabakura bakabatwar bakabigirira abagore.

Muri ‘Kayaking’ utwara ubwato ukahagera.

Si ukuhamamaza, ariko njye nakunze ukuntu usanga hashashe umusambi, ukarara ku rutara, ukicara ku biti, n'ibindi.
Si ukuhamamaza, ariko buri wese yakunda ukuntu usanga hashashe umusambi, ukarara ku rutara, ukicara ku biti, n’ibindi.
Aba bakerarugendo twasanze batangiye 'Kayaking' berekeza ku kirwa cy'Akeza.
Aba bakerarugendo twasanze batangiye ‘Kayaking’ berekeza ku kirwa cy’Akeza.
Kuhicara ukareba Ikivu nabyo byinyine biraryoha.
Kuhicara ukareba Ikivu nabyo byonyine ni uburyohe gusa gusa.
Ubu rero tuyobowe na Nyampinga wacu tugiye gutwara ubwato, ni akato gato kaba kizunguza, ku buryo kugatwara bisaba kwitonda, ariko bikaryoha kurusha ubundi bwato bwose.
Ubu rero tuyobowe na Nyampinga wacu tugiye gutwara ubwato, ni akato gato kaba kizunguza, ku buryo kugatwara bisaba kwitonda, ariko bikaryoha kurusha ubundi bwato bwose.
Arigishwa uko bafata ingashyo.
Mbere yo guhaguruka arigishwa uko bafata ingashyi.
Aha baracyamwerekera ku butaka uko aza kwitwara nagera mu mazi.
Aha baracyamwerekeera ku butaka uko aza kwitwara nagera mu Kivu.
Kwinira mu mazi, ubwoba no buvanze n'ibyishimo byari byose kuko ni ubwa mbere.
Ubwoba buvanze n’ibyishimo byari byose kuko ni ubwa mbere. Nawe uzaze ugerageze, ntibihenze kandi biraryoshye
Mu Kivu, Munyabega Rafiki Francis ufasha abantu kugira ngo batagirira ibibazo mu mazi yahoraga hafi ya Nyampinga.
Mu Kivu, Munyabega Rafiki Francis ufasha abantu kugira ngo batagirira ibibazo mu mazi yahoraga hafi ya Nyampinga.
Ati "Bya bintu ndumva ari byiza."
Ati “Bya bintu ni uburyohe.”
Yahise akata noneho yisubizayo.
“here we go” yahise akata noneho yisubizayo.
Mu kugaruka ku nkombe ubwoba bwari bwashize, asuhuza abantu.
Mu kugaruka ku nkombe ubwoba bwari bwashize, asuhuza abantu.

Kayaking ni kimwe mu bintu byiza bikwiye kukuzana ku Gisenyi niba utarabikora, uwabikoze nawe aragaruka kuko ubu nanjye ndumva nasubirayo.

Nugera ku Gisenyi rero, ntuzatahe udasuye ishuri ry’ubugeni, gushushanya na Musika ryo ku Nyundo ryashinzwe mu 1953, iri shuri ririmo impano mu gukora ibibumbano, gushushanya, gukora Tableau, na Muzika.

Ubuyobozi bw’iri shuri buvuga ko bufite intego yo kurushaho kuryegereza abantu bakarisura kugira ngo barebe ibyo abanyeshuri bababo bakora, dore ko kuhagera nta rugungu kubera umuzika n’ubugeni buhari.

Abana bo kuri iri shuri bakora tableau zishingiye ku buzima bazi n'ubwo bakuriyemo.
Abana bo kuri iri shuri bakora tableau zishingiye ku buzima bazi n’ubwo bakuriyemo.
Tableau y'umugabo uvuga/usonga umutsima.
Tableau y’umugabo uvuga/usonga umutsima.
Iki kigo ni kimwe mu bigize amahirwe yo kwakira Miss Rwanda Mutesi Jolly nawe wari ku ntebe nk'izi umwaka ushize.
Iki kigo ni kimwe mu bigize amahirwe yo kwakira Miss Rwanda Mutesi Jolly nawe wari ku ntebe nk’izi umwaka ushize.
Abana bamusuhuzaga bishimye, ndetse nawe akabaha icyubahiro nk'urubyiruko rugenzi rwe.
Abana bamusuhuzaga bishimye, ndetse nawe akabaha icyubahiro nk’urubyiruko rugenzi rwe.
Abakora amashusho n'ibibumbano mu biti n'ibumba bahorana akazi kenshi.
Abakora amashusho n’ibibumbano mu biti n’ibumba bahorana akazi kenshi kandi bishimye.
Abamaze imyaka itatu biga umuzika, nibo bakunzwe cyane muri iki kigo.
Abamaze imyaka itatu biga umuzika, nibo bakunzwe cyane muri iki kigo.
Ugeze mu ishuri rya Muzika wese akumva abahanga baririmo baririmba, ataha avuga ko umuzika w'u Rwanda uza gukomera mu myaka micye iri imbere.
Ugeze mu ishuri rya Muzika wese akumva abahanga baririmo baririmba, ataha avuga ko umuzika w’u Rwanda uza gukomera mu myaka micye iri imbere.
Mutesi Jolly bamubyinishije karahava.
Mutesi Jolly byamushimishe maze atega amaboko arabyina.
Nyuma yo gusura ibikorerwa muri iki kigo, Miss Mutesi Jolly yaganiriye n'abanyeshuri.
Nyuma yo gusura ibikorerwa muri iki kigo, Miss Mutesi Jolly yaganiriye n’abanyeshuri.
Miss yasabya aba bana kugira intego, icyerekezo na Disciple mubyo bakora byose, ntibatume hari ubatekerereza kuko ngo nawe aricyo gitumye yarabaye Miss Rwanda 2016 nyuma y'amezi macye avuye ku ntebe y'ishuri.
Miss yasabya aba bana kugira intego, icyerekezo na Disciple mubyo bakora byose, ntibatume hari ubatekerereza kuko ngo nawe aricyo gitumye yarabaye Miss Rwanda 2016 nyuma y’amezi macye avuye ku ntebe y’ishuri.
Mbere yo gutaha bamuhaye tableau azajya abibukiraho, nawe abasezeranya kubaba hafi igihe cyose bazamukenera.
Mbere yo gutaha bamuhaye tableau azajya abibukiraho, nawe abasezeranya kubaba hafi igihe cyose bazamukenera.

Wowe wasomye iyi nkuru ndagukangurira nawe kuzasura aha hantu kuko bidahenze…

Photos/ V.KAMANZI

Vénuste KAMANZI
UM– USEKE.RW

15 Comments

  • Wawowwww…. guys ndacyabakunda kbsa amafoto yanyu na captios biraryoshye sana murakoze kudutembereza u Rwanda. Courage mwese.

    • Captions wagira ngo ni Yanga wo mu gasobanuye uzandika. Hahaha good job guys

  • Thank you ku nkuru iryoshye! Nyampinga Jolly azi ubwenge!

  • Ndabemera kbsa mugira ibintu biryoshye vraiment.
    Uru RWANDA ni rwiza mwokabyara mwe gusa henshi ntiharatezwa imbere nubwo nubushobozi bwacu buracyari hasi ariko bizaza tu.

  • Muvandimwe wagize neza kutugezaho iyi nkuru
    Ariko iyo urangije inkuru udshyizeho adress umuntu ya contact ashaka gusura ahahantu hose ntacyo uba ukoze nkumwana wenda undi

    Mbare kabiri wazishyize hano kumacomantaire

  • This is a very nice piece of Gonzo reporting,
    You guys of Umuseke are so amazing

    Very well done.

  • Awasome!!!!!

  • Umuseke you are professional kabisa.mureke za ngirwa websites zindi zirirwa zivuga ubusa zigoreka Ikinyarwanda.mukomereze aho.

  • Mbere yo kwandika iyi comment, mbaje gusura site ya RDB. Nsanze hari utuntu duke turi kuri Département ya TOURISME; ntabwo bishamaje, site ntabwo ikoze neza. Birasaba ko ivugururwa. Amafoto y’uyu munyamakuru urabona ko agushitura ukumva wava mu byawe ukajya gutembera mu RWANDA. Mubindi bihugu usanga abanyagihugu aribo benshi basura ibyiza bitatse igihugu cyabo . ABANYAMAHANGA usanga aribo bacye. Ikindi site za RDB bakore kuburyo ushyiramo traduction automatique , buri wese mu rurimi rwe abashe gukurikira. N’ubwo iba idasobanura neza, ariko buri wese mu rurimi rwe ashobora kumva message ushaka kumuha;

    Bref RDB itunganye site ya DEPARTEMENT ya TOURISME, kuburyo idukangurira twese gusura ibyiza bitatse iki gihugu ndetse na EAC; MUREBE SITE YITWA “VOYAGE PRIVE” yabaha ikitegererezo;

  • Yes this is really a nice Gonzo

  • Woow,uy’umunyamakuru nzamugurira akantu arashoboye izi nkuru zawe ziteguranye ubuhanga,ahubwo na RDB igomba kuguha bonus.Umuseke mukomerezaho!

  • Mbega byiza!!Dukeneye nyinshi nk’iyi. U the best.

  • Umva uburyo uteguramo inkuru zawe buraryoshye cyane ahubwo ubu aho gutemberera nahabonye. Nyampinga Jolie warebye neza uhitamo uyu mushinga mbere sinawumvaga neza ariko mbonyeko uri unique kabisa. Twari tuzi ibirunga na kagera none mfite amatsiko….. courage my girl, RDB nyampinga mwarakoze kumushyigikira mugukora ubukangurambaga bwubukerarugendo ariko nuyu munyamakuru ari ????????

  • Birambabaje birananshimishije kbsa
    Mbabajwe nuko mundushije kumenya ahomvuka nahazi neza nkuku!!
    Sinarinzi ko iwacu haribyiza nkibi pe!

    Ndava kgli ngegushora Business iwacu kbsa
    Rubavu we gahorane amahoro n’amafaranga!
    Turaje tukubake abatugana barusheho kukwishimira!!!!

    MURAKAZA neza BASHYITSI BAHIRE Mu Rwatubyaye.

  • genda Rwanda urinziza n’abagutuye nibeza. ibyiza bigutatse Rwanda nibyinshi cyane sinabivuga ngo mbirangize. anyway RDB RDB. nimwe mufite ubukerarugendo mu ishingano nimwihangane muvugurure website yanyu kuruhande rw’ ubukerarugendo kuko ntakintu mushyiraho gishobora gukurura ba mukerarugendo. u Rwanda ruhomba benshi kubera mwe(RDB) na website yanyu. mwibuke ko isurwa naba mukerarugendo benshi. you need tol improve please.

Comments are closed.

en_USEnglish