Digiqole ad

AS Kigali tournament: Rayon bitayoroheye yatsinze Police FC 2-1 (amafoto)

 AS Kigali tournament: Rayon bitayoroheye yatsinze Police FC 2-1 (amafoto)

Abakinnyi 11 babanjemo ku ruhande rwa Rayon Sports.

Mu mikino yo gufungura irushanwa rya AS Kigali tournament, AS Vita Club yo muri DR Congo yatsinze AS Kigali igitego 1-0, hanyuma mu mukino wakurikiyeho Rayon Sports itsinda Police FC 2-1.

Iyi mikino yombi yabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo kuri uyu wa kane, yitabiriwe n’abantu benshi cyane cyane uwa kabiri wa Rayon Sports na Police FC.

Mu mukino ufungura irushanwa, AS Vita Club yaje kugeragereza abakinnyi bashya yaguze muri iri rushanwa yatsinze AS Kigali igitego kimwe kubusa (1-0) inayirusha bigaragara. Ni igitego cyabonetse hafi ku munota wa 19 gitsinzwe na Oumar Sidibe.

Rutahizamu mushya wa AS Kigali Mubumbi Bernabe yagerageje gushakira ikipe ye igitego cyo kwishyura ntibyamuhira.
Rutahizamu mushya wa AS Kigali Mubumbi Bernabe yagerageje gushakira ikipe ye igitego cyo kwishyura ntibyamuhira.

Rutahizamu w’umunyarwanda Sugira Ernest winjiye mu kibuga asimbuye, yagaragaje ubuhanga no kugora ba myugariro ba AS Kigali yahozemo, gusa ntiyabasha kubona igitego.

Sugira Ernest umaze kuzamura urwego rwe.
Sugira Ernest umaze kuzamura urwego rwe.
Nubwo batatsinze, Eric Nshimiyimana n'abakinnyi be mbere yo kuva mu kibuga babanje gushimira Imana.
Nubwo batatsinze, Eric Nshimiyimana n’abakinnyi be mbere yo kuva mu kibuga babanje gushimira Imana.

Nyuma y’uyu wafunguye, Rayon Sports na Police FC zaje kwinjira mu kibuga, umukino watangiye saa 18h10 z’umugoroba, byatumye unitabirwa n’abantu benshi kubera ko akazi kari karangiye.

Rayon Sports yabanje mu kibuga Ndayishimiye Eric Bakame (Kapiteni), Senyange Ivan, Ishimwe Issa Zapi, Manzi Thierry, Munezero Fiston, Niyonzima Olivier, Manishimwe Djabel, Kakure Mugheni Fabrice, Mussa Camara, Lomami Frank, na Nshuti D. Savio.

Abakinnyi 11 babanjemo ku ruhande rwa Rayon Sports.
Abakinnyi 11 babanjemo ku ruhande rwa Rayon Sports.

Police FC yo yabanjemo Nzarora Marcel, Ndayishimiye Celestin, Nzeyimana, Twagizimana Fabrice, Ngendahimana Eric, Ndatimana Robert, Ngomirakiza Hegman, Usengimana Danny, Songa Issai, Uwihoreye, na Mugabo Gabriel.

11 babanjemo ku ruhande rwa Police FC.
11 babanjemo ku ruhande rwa Police FC.

Umukino ukiri mubisi nko ku munota wa 10, abasore ba Police FC babyeje umusaruro uburangare bw’uruhande rw’iburyo rwa Rayon Sports, Ngendahimana Eric atsindira Police igitego cy’umutwe.

Ku munota wa 25 Police yakoreye ikosa rutahizamu Lomami Frank, Rayon Sports ibona ‘free kick’ yatewe neza na Savio, iba ibonye igitego cyo kwishyura.

Amafoto agaragaza uko Savio yatsinze iyi free kick kuva ayite kugera yinjiyemo

Umupira yawunyijije hejuru cyane.
Umupira yawunyijije hejuru cyane.
Waje umunyezamu Nzarora Marcel awureba neza.
Waje umunyezamu Nzarora Marcel awureba neza.
Yagerageje kuwukuramo.
Yagerageje kuwukuramo.
Yawukozeho ariko kuwukuramo ntibyamukundira.
Yawukozeho ariko kuwukuramo ntibyamukundira.
Byarangiye umupira ugiye mu izamu.
Byarangiye umupira ugiye mu izamu.
Abakinnyi ba Police bati ibi ni iki koko?
Abakinnyi ba Police bati ibi ni iki koko?
Ku ruhande rwa Rayon Sports bo byari ibyishimo, banashimira Savio.
Ku ruhande rwa Rayon Sports bo byari ibyishimo, banashimira Savio.

Habura iminota ibiri ngo igice cya mbere kirangire, Ndayishimiye Celestin yaje gukandagira Zapi ku kibero bimuviramo ikarita y’umuhondo ariko byatumye Zapi ava mu kibuga, asimburwa na Mugisha Francois bita ’Master’.

Mu gice cya kabiri, ubwugarizi bwa Rayon Sports bwabaye nk’ubuhindutse Manzi Thierry ajya iburyo, Master aza gufatanya na Fiston mu mutima wa ‘defense’.

Umutoza wa Rayon Sports Masudi Djuma kandi yahise akuramo Djabel na Lomami Frank basimburwa n’Abarundi Nahimana Shassir na Kwizera Pierrot, byatumye Savio ajya kunyura ku ruhande rw’iburyo.

Rayon Sports yari yarushijwe hagati na Police mu gice cya mbere noneho yatangiye kwigaranzura Police, kubera ubuhanga wa Pierrot, Shassir na Savio; Ndetse Rayon itangira gukina umukino mwiza no gukora amahirwe yabyara ibitego gusa ntibayabyaza umusaruro.

Mu minota 5 y’inyongera, nibwo rutahizamu mushya w’umunya-Mali, Mussa Camara yaboneye Rayon Sports igitego yatsindishije umutwe.

Kapiteni wa Rayon Sports Bakame na Twagizimana Fabric Kapiteni wa Police bakorana mu biganza nyuma yo guhitamo ibibuga.
Kapiteni wa Rayon Sports Bakame na Twagizimana Fabric Kapiteni wa Police bakorana mu biganza nyuma yo guhitamo ibibuga.
Mbere y'uko umukino utangira, Bakame yabanje kuganiriza bagenzi be.
Mbere y’uko umukino utangira, Bakame yabanje kuganiriza bagenzi be.
Police FC nabo babanje gusenga Imana.
Police FC nabo babanje gusenga Imana.
Rutahizamu wa Rayon Sports Mussa Camara yari yakereye kwiyereka abakunzi b'ikipe ye.
Rutahizamu wa Rayon Sports Mussa Camara yari yakereye kwiyereka abakunzi b’ikipe ye.
Ku munota wa 11 gusa, Police yari ibonye igitego cya mbere, cyaturutse kuri corner.
Ku munota wa 11 gusa, Police yari ibonye igitego cya mbere, cyaturutse kuri corner.
Police yakomeje gusatira Rayon Sports, aha Ndatimana Robert yari atsinze ikindi gitego kuri free kick, ariko Bakame awukuramo.
Police yakomeje gusatira Rayon Sports, aha Ndatimana Robert yari atsinze ikindi gitego kuri free kick, ariko Bakame awukuramo.
Igice cya mbere nticyoroheye Rayon Sports.
Igice cya mbere nticyoroheye Rayon Sports.
Gusa, Bakame yakomeje kwitwara neza.
Gusa, Bakame yakomeje kwitwara neza.
Zapi waje gukandakirwa na Celestin bari bakunze guhangana cyane.
Zapi waje gukandakirwa na Celestin bari bakunze guhangana cyane.
Mu gice cya kabiri, Masudi Djuma yaje kwinjiza Abarundi Nahimana Shassir na Kwizera Pierrot bagaragaje ubuhanga.
Mu gice cya kabiri, Masudi Djuma yaje kwinjiza Abarundi Nahimana Shassir na Kwizera Pierrot bagaragaje ubuhanga.
Ku mukino we wa mbere, Nahimana Shassir yagaragaje ubuhanga bwo hejuru.
Ku mukino we wa mbere, Nahimana Shassir yagaragaje ubuhanga bwo hejuru.
Camara yatangiye gusatira izamu cyane nubwo ba myugariro ba Police nabo batamworoheye.
Camara yatangiye gusatira izamu cyane nubwo ba myugariro ba Police nabo batamworoheye.
Aha yari ababajwe no guhusha igitego.
Aha yari ababajwe no guhusha igitego.
Habura iminota hafi 10, Savio yazamukanye umupira akorerwa ukosa mu rubuga rw'amahina.
Habura iminota hafi 10, Savio yazamukanye umupira akorerwa ukosa mu rubuga rw’amahina.
Yaguye hasi, umusifuzi wo hagati asa n'uwemeje Penaliti, ariko nyuma yo kuvugana n'umusifuzi wo kuruhande ayikuraho.
Yaguye hasi, umusifuzi wo hagati asa n’uwemeje Penaliti, ariko nyuma yo kuvugana n’umusifuzi wo kuruhande ayikuraho.
Abakinnyi ba Police iyi Penaliti ntibayemeraga nabo.
Abakinnyi ba Police iyi Penaliti ntibayemeraga nabo.
Iminota 90 yaje kurangira, bongeraho iminota 5 y'inyongera kuko umukino wari wagiye uhagarara cyane.
Iminota 90 yaje kurangira, bongeraho iminota 5 y’inyongera kuko umukino wari wagiye uhagarara cyane.
Amavubi y'Abagore yitegura CECAFA y'abagore nayo yari yaje kureba uyu mukino.
Amavubi y’Abagore yitegura CECAFA y’abagore nayo yari yaje kureba uyu mukino.
Iminota y'inyongera ijya kurangira, Camara yatsindiye Rayon Sports igitego cya kabiri.
Iminota y’inyongera ijya kurangira, Camara yatsindiye Rayon Sports igitego cya kabiri.
Igitego cyo ku munota wa nyuma kiryohera cyane ikipe igitsinze, kikababaza cyane igitsinzwe.
Igitego cyo ku munota wa nyuma kiryohera cyane ikipe igitsinze, kikababaza cyane igitsinzwe.
Abafana bari batangiye gusohoka bahise biterera hejuru, bataha bamwenyura.
Abafana bari batangiye gusohoka bahise biterera hejuru, bataha bamwenyura.
Rwarutabura n'abandi bafana ba Rayon Sports nabo batashye bishimye.
Rwarutabura n’abandi bafana ba Rayon Sports nabo batashye bishimye.
Umutoza wa Rayon Masudi yabwiye abanyamakuru ko yabanje kugorwa n'uko abakinnyi bataramenyerana neza, gusa ashimira Imana ko abonye amanota atatu ya mbere.
Umutoza wa Rayon Masudi yabwiye abanyamakuru ko yabanje kugorwa n’uko abakinnyi bataramenyerana neza, gusa ashimira Imana ko abonye amanota atatu ya mbere.

Photos: Innocent Ishimwe

Vénuste KAMANZI
UM– USEKE.RW

9 Comments

  • Gikundiro irashoboye kdi irakomeje,ntabwo birangiye ahubwo
    turatangiye kdi Imihigo irakomeje.

  • umuseke.rw murakoze cyane ku makuru aherekejwe n’amafoto yafatanywe ubuhanga bwo hejuru.Mukomereze aho.

  • Nzakugwa inyuma Gikundiro we! Gusa mbona tumeze kimwe, hari igihe tugira umwaku..

  • uyu munsi natwe turakosora agakipe kbsa …abarayon ndabazi ibigambo byanyu nidutsindwa ntabigambo dushaka ……

  • Uyu mukino wari mwiza cyane ubereye ijisho gusa nta kintu gishimishije nko kubona ikipe kuva kumuzamu kugera kuri rutahizamu ari abanyarwanda gusa, Bravo kuri police FC iyi politiki yanyu ni ndashyikirwa turizera ko aba bana bakiri na bato bazajya bakinana ishyaka kandi bazitwara neza

    • Iryo ni ivangura, ntabwo ryemewe! Hhhh…! Anyway, nibagerageze, wenda ikipe y’igihugu yajya ibona abakinnyi, n’ubwo amafaranga atagira abafana, hari ubwo apfa ubusa

  • Umuseke murafotora pe! Mufasha abatabasha kugera kuri stade

  • Ariko abasifuzi bacu kabisa.
    Nibaza niba bazi amategeko cg niba bareba imipira gusa bagasifura uko babyumva.
    Iyo arbitre wo hagati yasifuye ikosa naho wateka ibuye ntago riba rikivuyeho.
    Yemwe anibeshye akaguha ikarita itukura yari umuhondo nta kindi, usibye kubikoramo rapport ikazavanwaho ariko urasohoka.

  • Gikundiro oyee!!!! umuseke muri abambere mu mafoto no gutegura inkuru. thx ku mafoto

Comments are closed.

en_USEnglish