Digiqole ad

Amashyaka ya Politiki yasinye amasezerano na Komisiyo y’Ubumwe n’Ubwiyunge

 Amashyaka ya Politiki yasinye amasezerano na Komisiyo y’Ubumwe n’Ubwiyunge

Bishop Rucyahana avuga ko aya maserano bagiranye n’Imitwe ya Politiki azatuma igarurirwa icyizere n’Abanyarwanda

Perezida wa Komisiyo y’Ubumwe n’ubwiyunge, Bishop John Rucyahana avuga ko amasezerano iyi komisiyo yagiranye n’imitwe ya Politiki kuri uyu wa 12 Nyakanga azatuma Abanyapolitiki bagarurirwa ikizere kuko ari bo batanyije Abanyarwanda  bikanabageza ku bwicanyi bwari bugamije kurimbura  ubwoko bw’Abatutsi.

Bishop Rucyahana avuga ko aya maserano bagiranye n'Imitwe ya Politiki azatuma igarurirwa icyizere n'Abanyarwanda
Bishop Rucyahana avuga ko aya maserano y’ubufatanye bagiranye n’Imitwe ya Politiki azatuma igarurirwa icyizere n’Abanyarwanda

Bishop John Rucyahana uyobora Komisiyo y’Ubumwe n’Ubwiyunge avuga ko imitwe ya politiki yagize uruhare runini mu gutanya Abanyarwanda bikanavamo Jenoside yakorewe Abatutsi.

Uyu muyobozi wa Komisiyo y’Ubumwe n’Ubwiyunge avuga ko kugirana amasezerano y’ubufatanye n’Ihuriro ry’imitwe ya politiki ikorera mu Rwanda bizakuraho iki cyasha Amashyaka yambitswe n’ababanjirije.

Ati “ …Kugira ngo Abanyarwanda babone ko hari icyahindutse muri bo ni uko bafatanya n’abandi banyarwanda kunga Abanyarwanda …”

Bishop Rucyahana avuga ko mu bihe byatambutse Abanyapolitiki baranzwe n’ibikorwa by’urugomo no kwicana. Yemeza ko aya masezerano azabagarurira ikizere n’ubwabo hagati yabo.

Ati “ N’Abanyapolitiki ubwabo ntibazaba abanzi b’abandi nk’uko byagenze mu bihe byashize ubwo bicanaga cyangwa bakajya baterana amagi mu bihe bya kampanye (campagnes), ubu ni yo bagira imitekerereze itandukanye ariko bagomba kubana bakamenya ko bagomba gushyira imbere ubwiza bw’u Rwanda.”

Umuvugizi w’Ihuriro ry’imitwe ya politi, Christine Mukabunani uyobora ishyaka PS Imberakuri, avuga ko aya masezerano azatuma abarwanashayaka b’amashyaka atandukanye bahugukirwa ubumwe n’ubwiyunge.

Mukabunani uvuga ko bagiye guhita batangira gusoroma imbuto kuri aya masezerano y’ubufatanye, avuga ko imitwe ya politi igiye guhabwa imfashanyigisho izajya ikoreshwa mu guhugura Abarwanashyaka ku mibanire myiza y’Abanyarwanda.

Mukabunani avuga ko aya masezerano yemerera buri mutwe wa politiki ukorera mu Rwanda kwohereza umuntu umwe nk’imboni muri Komisiyo y’Ubumwe n’Ubwiyunge.

Mukabunani avuga ko imitwe ya Politiki ikorera mu Rwanda igomba kujya yigisha Abanyarwanda uburere mboneragihugu kugira ngo bazage bagira uruhare mu guhangana n’abakomeje kugoreka amateka y’u Rwanda.

Min Tugireyezu yasabye Abakomiseri ba NURC kutigisha ibitabarimo
Min Tugireyezu yasabye Abakomiseri ba NURC kutigisha ibitabarimo

Abakomiseri ba NURC basabwe kwirinda ba ‘Umva ibyo mvuga ntukore ibyo nkora’

Mu kiganiro cyabanjirije aya masezerano, Minisitiri mu biro by’Umukuru w’igihugu, Venantie Tugireyezu yasabye abakozi n’abakomiseri ba Komisiyo y’Ubumwe n’Ubwiyunge (NURC) kuba inyangamugayo aho batuye, bakaba intangarugero.

Ati “ Twirinde kuba nka wa mwigisha uvuga ngo ‘mwumve ibyo mvuga ntimurebe ibyo nkora’. Aho utuye niba bazi ko ugiye gukora muri komisiyo y’Ubumwe n’ubwiyunge ariko muri bya biganiro byo ku mashyiga utanga ubutumwa butandukanye n’ubwiyunge, urumva ko uzaba wabaye nka wa mwigisha.”

Abayobozi n’abakozi ba Komisiyo bagaragarije Minisitiri Tugireyezu ko bimwe mu bibabuza kugera ku ntego zabo ari ingengo y’imari idahagije ihabwa iyi komisiyo.

Aya masezerano bayitezemo gushyira hamwe kw'imitwe ya politiki
Aya masezerano yasinywe na Bishop Rucyahana na Mukabunani wa PS-Imberakuri ku ruhande rw’imitwe ya Politiki
Mukabunani Christine avuga ko amashyaka yose agomba kwigisha uburere mboneragihugu
Mukabunani Christine avuga ko amashyaka yose agomba kwigisha uburere mboneragihugu
Ba Komiseri ba Komisiyo basabwe kwera imbuto
Ba Komiseri ba Komisiyo basabwe kwera imbuto
Min Tugireyezu n'abayobozi ba Komisiyo y'Ubumwe nUbwiyunge baganiriye n'abakomiseri b'iyi komisiyo
Min Tugireyezu n’abayobozi ba Komisiyo y’Ubumwe n’Ubwiyunge 

Amafoto © M. Niyonkuru/Umuseke

Martin NIYONKURU
UM– USEKE.RW

en_USEnglish