Digiqole ad

Abantu bantegerejemo byinshi…Nanjye sinzabatenguha-CEO mushya wa MTN

 Abantu bantegerejemo byinshi…Nanjye sinzabatenguha-CEO mushya wa MTN

*Abokoresha MTN Mobile Money mu buryo buhoraho buri kwezi bagera muri miliyoni imwe,
*Ibyiza biracyaza…Ubu hariho kwishyura na ‘Tap and pay’…

Mu ijambo ryumvikanamo indahiro asezeranyije abafatabuguzi ba Sosiyete y’Itumanaho ya MTN Rwanda, Umuyobozi mushya w’iyi sosiyete, Bart Hofker yavuze ko abakoresha umurongo wa MTN n’Abanyarwanda muri rusange bamwitezeho ibyiza byinshi, akavuga ko na we atazabatenguha.

Avuga ko Abantu bamutegerejemo byinshi kandi ko na we yizeye ko atazabatenguha
Avuga ko Abantu bamutegerejemo byinshi kandi ko na we yizeye ko atazabatenguha

Uyu muyobozi mushya waraye ahawe ishya n’ihirwe mu mirimo ye yo kuyobora iyi sosiyete y’imfura mu itumanaho mu Rwanda, avuga ko yishimiye gukorera mu gihugu kiza nk’u Rwanda kimeze nk’icyo akomokamo cy’Ubuholandi.

Mu nkera yahuje abafatabuguzi b’imena ba MTN n’ubuyobozi bw’iyi Sosiyete, Bart Hofker avuga ko amaze iminsi 10 mu Rwanda, akavuga ko yishimiye iki gihugu gifite abaturage beza bita ku bantu.

Uyu muyobozi mushya wa MTN-Rwanda uvuga ko igihugu cye gifite byinshi gihuriyeho n’icyo aje gukoreramo (u Rwanda), avuga ko MTN Rwanda izakomeza gutanga serivisi nziza ku bakiliya bayo.

Bart wavugaga nk’uri kugirana igihango n’Abafatabuguzi ba MTN Rwanda, yagize ati “ Abantu bose hano bantegerejemo byinshi, nanjye nizeye ko ntazabatenguha.”

Uyu muyobozi umaze imyaka 25 muri business y’itumanaho avuga ko isi ya none isaba guhangana ku isoko ariko ko adatewe ubwoba no kuba ku isoko hari izindi sosiyete zihanganye n’iyi aje kuyobora. Ati “ Nkunda ihangana ry’isoko.”

Avuga ko kuyobora MTN Rwanda hari byinshi agomba gukora ariko ko nta kigoye kirimo kuko ibikorwa remezo byafasha iyi sosiyete gukora neza bihari.

Ati “ Muri aka gace hari ihuzanzira (Network), hari abafatanyabikorwa… dukeneye gukomeza kuba aba mbere.”

Bart avuga ko mu bihugu byose bikoreramo iyi sosiyete bagerageza gutanga serivisi nziza zishimirwa n’abakiliya, bityo ko bazakomeza kugenda bagura imikorere myiza n’ahakunze kuvugwamo ibibazo nko mu ihuzanzira (network). Ati “ Ibi ntibihagije dukeneye ni gukora ibirenze.”

Uyu muyobozi mushya wa MTN Rwanda avuga ko itumanaho atari iryo guhamagarana cyangwa koherezanya ubutumwa gusa ahubwo ko rigomba no kwifashishwa mu bucuruzi nk’uko biri kugenda mu minsi ya none.

Agaruka kuri serivisi yo kohererezanya amafaranga kuri telephone ya MTN Mobile Money, yavuze ko iyi serivisi ari ingenzi kandi ko bazakomeza gukorana n’amabanki kugira ngo Abanyarwanda bakomeze gukora imishinga ibabyarira inyungu bifashishije itumanaho.

Bart wanagarutse ku mateka mabi ya Jenoside yakorewe Abatutsi yabaye mu Rwanda, avuga ko intambwe nziza mu iterambere u Rwanda rumaze gutera itangaje kandi ko ibigenda bigerwaho buri mwaka bigaragaza ko Abanyarwanda bazakomeza gutera imbere.

Ati “ Iri ni itangiriro. Muri (Abanyarwanda) aba mbere mu iterambere kandi muzavamo intangarugero z’ibyiza muri Afurika”

Avuga ko kugira ngo u Rwanda rukomeze gutera imbere ku muvuduko ruriho, hakenewe  ikoranabuhanga n’itumanaho rigezweho. Ati “ MTN irahari kugira ngo ibibagezeho.”

Ashimira abafatabuguzi bakomeje gufasha iyi sosiyete kugera ku ntego zayo, akabizeza ko na yo izakomeza kubagezaho ibyiza byinshi.

Munyampundu ushinzwe business muri MTN Rwanda avuga ko ibyo bakorera abakiliya ari bo biba byaturutsemo
Munyampundu ushinzwe business muri MTN Rwanda avuga ko ibyo bakorera abakiliya ari bo biba byaturutsemo

Ibyiza biracyaza…Ubu hariho kwishyura na ‘Tap and pay’…

Munyampundu Norman ukuriye ishami rishinzwe ubucuruzi muri MTN Rwanda wagarutse kuri iki gikorwa cyo guhuriza hamwe abakiliya b’imena, avuga ko abakiliya b’iyi sosiyete ari indashyikirwa kuko ari bo bayifasha gutera imbere.

Avuga ko ibyiza bagenda bageza ku bakiliya ari bo biba byaturutsemo, akavuga ko ubu batangije uburyo bushya bwiswe ‘Tap and Pay’ ikoreshwa mu kwishyura ibicuruzwa n’izindi serivisi. Iyi gahuda ikoreshwa n’ufite MTN Mobile money aho akoza telephone ye ku cyuma cyabigenewe.

Munyampundu avuga ko kugeza ubu abantu bagera muri miliyoni 4 n’ibihumbi 100 ari bo biyandikishije ko bakoresha umurongo wa MTN, naho abandi bagera muri miliyoni imwe bakaba bakoresha MTN mobile money mu buryo buhoraho bwa buri kwezi, bakaba bohereza miliyoni 7 Frw buri kwezi.

Yahawe ibikoresho gakondo nk'ikimenyetso cy'ibizamufasha gukora akazi ke neza
Yahawe ibikoresho gakondo nk’ikimenyetso cy’ibizamufasha gukora akazi ke neza
Ati akira ingabo izagufasha guhangana ku isoko
Ati akira ingabo izagufasha guhangana ku isoko
Na we ati ibyo muntegerejemo nanjye sinzabatenguha
Na we ati ibyo muntegerejemo nanjye sinzabatenguha
Minisitiri w'urubyiruko n'ikoranabuhanga, Jean Philbert Nsengimana na we yari yaje muri iyi nkera
Minisitiri w’urubyiruko n’ikoranabuhanga, Jean Philbert Nsengimana na we yari yaje muri iyi nkera
Guverineri wa Banki Nkuru y'u Rwanda na we yari yaje muri iyi nkera
Guverineri wa Banki Nkuru y’u Rwanda na we yari yaje muri iyi nkera
Abakiliya b'imena ba MTN Rwanda bari baje kwisimana muri iyi nkera
Abakiliya b’imena ba MTN Rwanda bari baje kwishimana muri iyi nkera
Umuyobozi w'agateganyo wa Imbuto Foundation, Sandrine Umutoni na we yari yaje gutaramana n'abakiliya b'imena ba MTN
Umuyobozi w’agateganyo wa Imbuto Foundation, Sandrine Umutoni na we yari yaje gutaramana n’abakiliya b’imena ba MTN
Abakilia b'imena banaboneyeho kungurana ibitekerezo
Abakilia b’imena banaboneyeho kungurana ibitekerezo
Bahuje urugwiro
Bahuje urugwiro
Kuri whatsapp barabwira abo basize mu rugo bakoresheje internet ya MTN
Kuri whatsapp barabwira abo basize mu rugo bakoresheje internet ya MTN
Bakurikiranye abari kubasusurutsa
Bakurikiranye abari kubasusurutsa
N'abayobozi muri MTN Rwanda bari bitabiriye
N’abayobozi muri MTN Rwanda bari bitabiriye
Bakirwaga n'ubwuzu bwinshi
Bakirwaga n’ubwuzu bwinshi
Ubwuzu n'urugwiro byarangaga abitaye ku bari bitabiriye
Ubwuzu n’urugwiro byarangaga abitaye ku bari bitabiriye
Habayeho umwanya wo gutombora, abanyamahirwe bataha ibikoresho bitandukanye
Habayeho umwanya wo gutombora, abanyamahirwe bataha ibikoresho bitandukanye
Umuyobozi mushya na we yagize uwo aha amahirweUmuyobozi mushya na we yagize uwo aha amahirwe
Umuyobozi mushya na we yagize uwo aha amahirwe
Iyo bakuragamo ikikuranga watomboraraga ibikoresho birimo telephone zigezweho
Iyo bakuragamo ikikuranga watomboraraga ibikoresho birimo telephone zigezweho
Ibigo byabaye indashyikirwa mu gukoresha umurongo wa MTN bahawe Certificate
Ibigo byabaye indashyikirwa mu gukoresha umurongo wa MTN bahawe Certificate

Photos © Evode Mugunga/Umuseke

Martin NIYONKURU
UM– USEKE.RW

5 Comments

  • Komerezaho Rwanda nziza. MTN keep it up

  • Kubaza bitera kumenya.Aba bazungu buzuye mu buyobozi bw’u Rwanda munzego zose, biterwa nuko abanyarwanda tutazi kwiyobora? harya UNR yasyiriweho iki muri 1962? Sukugirango abana bu Rwanda bayobore igihugu cyabo, bareke kuvugirwamo, bave mubukoroni mu mitwe yabo? Ese Panafricanism tuvuga buri munsi rihe? Reka turebe nkomuri Tanzaniya,Nkurunziza,Kabila,Senegali,Uganda..biteyishavu.

    • MTN se n’iyabanyarda ifite banyirayo ninabo bayikoramo bakaduha akazi twe tuzajya twiyoborera za Rwandair RURA nizindi… Kdi no muri MTN harimo abanyarwanda we bafite nakazi gakomeye

  • MTN, iratwiba n’igende! uzi kugura internet y’ukwezi cyane kubakoresha modem, kukarenda kurangira ntayo ukoresheje!

  • I thank mtn for the yolo bundle

Comments are closed.

en_USEnglish