Digiqole ad

Uruzinduko rw’amateka rwa Netanyahu yarukomereje muri Kenya

 Uruzinduko rw’amateka rwa Netanyahu yarukomereje muri Kenya

Netanyahu na Kenyatta bagiranye ibiganiro ari babiri

Minisitiri w’Intebe wa Israel Benjamin Netanyahu mu gitondo cyo kuri uyu wa kabiri yamaze kugera mu gihugu cya Kenya mu rugendo rw’iminsi itatu rw’Amateka arimo ku mugabane wa Africa.

Netanyahu na Kenyatta bagiranye ibiganiro ari babiri
Netanyahu na Kenyatta bagiranye ibiganiro ari babiri

Netanyahu ari muri Kenya nyuma y’uko kuri uyu wa mbere yari muri Uganda aho yabonanye n’Abakuru b’ibihugu barimo Paul Kagame w’u Rwanda, Yoweri Museveni wa Uganda, Edgar Lungu wa Zambia, Uhuru Kenyatta wa Kenya, Salva Kiir wa Sudan y’Epfo, Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia Hailemariam Desalegn na Dr Augustine Mahiga Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Tanzania.

Mu byo baganiriye nk’uko bikubiye mu itangazo rya Leta ya Uganda harimo ubufatanye mu kurwanya iterabwoba.

Benjamin Netanyahu nava muri Kenya, urugendo rwe ku mugabane wa Afurika, azarukomereza muri Ethiopia no mu Rwanda.

Akigera muri Kenya yasinye amaserano y’ubufatanye mu bijyanye n’ubuzima, ikoranabuhanga, ubuhinzi n’iby’amazi hagati ya Kenya na Israel.

Perezida Uhuru Kenyatta abicishije kuri Twitter yavuze ko yishimiye uru ruzinduko rwa Netanyahu.

Minisitiri Netanyahu nawe yavuze ko bari bukomeze kugirana ibiganiro byo guteza imbere ubufatanye mu by’umutekano, ubucuruzi, ubuhinzi n’ubukungu muri rusange.

Netanyahu ahura n'abakuru b'ibihugu birindwi byo muri Africa harimo na Perezida Paul Kagame i Kampala
Netanyahu ahura n’abakuru b’ibihugu birindwi byo muri Africa harimo na Perezida Paul Kagame i Kampala
Netanyahu aha icyubahiro abasirikare ba Kenya
Netanyahu aha icyubahiro abasirikare ba Kenya
Benjamin Netanyahu yahawe icyubahiro cy'Umushyitsi w'Imena muri Kenya
Benjamin Netanyahu yahawe icyubahiro cy’Umushyitsi w’Imena muri Kenya
Uhuru Kenyatta yakira Minisitiri w'Intebe wa Israel
Uhuru Kenyatta yakira Minisitiri w’Intebe wa Israel
Biyemeje gufatanya muri byinshi
Biyemeje gufatanya muri byinshi
Mu biro bya Perezida wa Kenya bari mu nama
Mu biro bya Perezida wa Kenya bari mu nama
Uhuru Kenyatta aganira na Minisitiri w'Intebe wa Israel
Uhuru Kenyatta aganira na Minisitiri w’Intebe wa Israel
Mu biganiro n'impande zombi
Mu biganiro n’impande zombi
Israel yemeye gufatanya na Kenya mu bijyanye n'ubucuruzi
Israel yemeye gufatanya na Kenya mu bijyanye n’ubucuruzi
Netanyahu yasinyaga amasezerano yemeranyijwe hagati y'igihugu cye cya Israel na Kenya
Netanyahu yasinyaga amasezerano yemeranyijwe hagati y’igihugu cye cya Israel na Kenya
Uhuru Kenyatta yavuze ko yishimiye uru ruzinduko rwa Minisitiri w'Intebe wa Israel
Uhuru Kenyatta yavuze ko yishimiye uru ruzinduko rwa Minisitiri w’Intebe wa Israel

Callixte NDUWAYO
UM– USEKE.RW

1 Comment

  • Abanyakenya ndabemeye. Bakanze abanyayisiraheli ubundi batemera ko hari undi musirikare ukya inyuma ya Netanyahu, hatari umurinzi wabo. Icyo bita guturisha roho.

Comments are closed.

en_USEnglish