Digiqole ad

Urubyiruko, abahanzi n’abayobozi bavuze ko icya mbere ari amahoro

 Urubyiruko, abahanzi n’abayobozi bavuze ko icya mbere ari amahoro

Itsinda rya Urban Boys riri mu bashimishije urubyiruko muri uyu munsi mpuzamahanga w’amahoro

Igitaramo cy’umunsi w’amahoro wo kuri uyu wa 21 Nzeri cyari kitabiriwe cyane n’urubyiruko kuri stade nto ya Remera kuri uyu mugoroba, abahanzi barimo abakomeye nka Ali Kiba wo muri Tanzania, Knowless, Urban Boys, Babou n’abandi hamwe n’abayobozi barimo na Minisitiri w’Urubyiruko bose batanze ubutumwa bugaruka ku gaciro k’amahoro n’uburyo aricyo kintu cya mbere isi ikeneye.

Itsinda rya Urban Boys riri mu bashimishije urubyiruko muri uyu munsi mpuzamahanga w'amahoro
Itsinda rya Urban Boys riri mu bashimishije urubyiruko muri uyu munsi mpuzamahanga w’amahoro

Indirimbo, imbyino, ibyishimo, amagambo yavuzwe n’ibindi byose intero yari imwe. Amahoro

Jeremy Gilley umuyobozi w’umuryango Peace One Day yavuze ko ashimira cyane u Rwanda ubufatanye mu gutegura uyu munsi avuga ko byamweretse ko abanyarwanda bumva kandi baha agaciro amahoro.

Jean Philbert Nsengimana Minisitiri w’urubyiruko n’ikoranabuhanga yavuze ko u Rwanda kuba rufite amahoro ari umusaruro w’imbaraga z’abayaharaniye ndetse n’imiyoborere myiza iyobowe na Perezida paul Kagame.

Urubyiruko rutandukanye rwari aha rwaganiriye n’Umuseke rwagarutse ku gushimangira ko amahoro u Rwanda rufite akwiye gusigasirwa kandi akanarenga imbibi n’akarere kakagira amahoro na Africa muri rusange.

Muntu wese ngo yifuza amahoro, ndetse ngo n’abanzi bayo ngo baba bibwira ko bari kuyishakira bateza ibyago ku bandi ariko nabo ngo bakayabura amaherezo nk’uko bivugwa na Mugwaneza Emelyne umwe mu rubyiruko rwari ruri muri iki gitaramo.

Urubyiruko rutanga ubutumwa bw'amahoro bifuriza Africa yose
Urubyiruko rutanga ubutumwa bw’amahoro bifuriza Africa yose
Uyu mwana w'umukobwa ni umusizi ukibyiruka wavugaga umuvugo w'uburyo abato bishimiye amahoro u Rwanda rufite kandi bifuza ko asugira agasagamba
Viviane Uwababyeyi ni umusizi w’umuhanga bitangaje ukibyiruka wavugaga umuvugo w’uburyo abato bishimiye amahoro u Rwanda rufite kandi bifuza ko asugira agasagamba
Abashyushyarugamba nabo batangaga ubutumwa bwabo
Abashyushyarugamba nabo batangaga ubutumwa bwabo
Itsindary'abahanzi baturuka mu bihugu bitandukanye baririmbye ndetse baranandika indirimbo ikubiyemo ubutumwa bw'amahoro yitwa One
Itsindary’abahanzi baturuka mu bihugu bitandukanye baririmbye ndetse baranandika indirimbo ikubiyemo ubutumwa bw’amahoro yitwa One, muri bo ibyamamare Ali Kiba, Ice Prince n’abandi
Nizzo wo muri Urban boys aririmbana n'abandi
Nizzo wo muri Urban boys aririmbana n’abandi
Minisitiri w'urubyiruko n'ikoranabuhanga atanga ubutumwa bwe kuri uyu munsi w'amahoro
Minisitiri w’urubyiruko n’ikoranabuhanga atanga ubutumwa bwe kuri uyu munsi w’amahoro
Jeremy Gilley niwe watangije uyu mushinga Peace one day yashimiye uko mu Rwanda bawuteguye bakanakira neza uyu munsi
Jeremy Gilley niwe watangije uyu mushinga Peace one day yashimiye uko mu Rwanda bawuteguye bakanakira neza uyu munsi
Nyampinga w'u Rwanda nawe yari yitabiriye ibi birori
Nyampinga w’u Rwanda nawe yari yitabiriye ibi birori
Arafata agashusho ari butahane nyuma y'uyu munsi
Arafata agashusho ari butahane nyuma y’uyu munsi
Urubyiruko muri iki gitaramo rukurikiye abahanzi batandukanye
Urubyiruko muri iki gitaramo rukurikiye abahanzi batandukanye
Abakiri bato baje kumva ubu butumwa bw'amahoro bwatangirwaga aha i Remera
Abakiri bato baje kumva ubu butumwa bw’amahoro bwatangirwaga aha i Remera
Itsinda rya Jaba juniors ryashimishije abantu mu mbyino zigezweho
Itsinda rya Jaba juniors ryashimishije abantu mu mbyino zigezweho
Innocent Balume umuhanzi umaze kumenyakana cyane muri Congo Kinshasa kubera indirimbo zihamagarira amahoro
Innocent Balume umuhanzi umaze kumenyakana cyane muri Congo Kinshasa kubera indirimbo zihamagarira amahoro
Mu mahoro nibwo abantu bishima, nibwo bumva umuziki ukabageza ku byishimo kuko bamerewe neza. Ibitari ibi biba ari bibi
Mu mahoro nibwo abantu bishima, nibwo bumva umuziki ukabageza ku byishimo kuko bamerewe neza. Ibitari ibi biba ari bibi
Uyu nawe arashaka ifoto nziza atahana
Uyu nawe arashaka ifoto nziza atahana

Photos/D S Rubangura/UM– USEKE

Daddy SADIKI RUBANGURA
UM– USEKE.RW

1 Comment

  • Ese muri 1989 bavugagako icyambere aramahoro? Kuko bumvaga ntakizayababuza bavugaga iterambere.Ubu rero kuko bayabujijwe barayakumbuya ntawabarenganya nanjye niko mbyumva gusa.Impamvu abandi bayabujijwe kandi bataratekerezaga ko bishoboka nagira inama aba kutirara ngo bumveko byose byarangiye.Urugero abo bomuri 1989 baherukaga kumva intambara muri 1966 babisoma mu bitabo.Nyuma habaye iki muri 1990? Impamvu yabiteye iracyahari ahubwo noneho yariyongereye nidukomeza kuyobya urubyiruko tukaririmba iterambere nubwiyunge gusa nabandi ntibabiririmbye gake.

Comments are closed.

en_USEnglish