Digiqole ad

Uganda na Tanzaniya bigiye kujya bikoresha intwaro ziturutse mu Burusiya

Igihugu cy’Uburusiya cyatangaje ko  cyizeye ko ibihugu bya Uganda na Tanzania kimwe byinshi biri ku mugabane w’Afurika bigiye kuba isoko rishya ry’iki gihugu mu kugura  bigura ibikoresho bya gisirikare bikorwa n’Uburusiya. Nk’uko byatangajwe na Alexander Fomin umuyobozi mukuru ushinzwe ibikorwa bya gisirikare muri iki gihugu.

 

Bimwe mu byo bifuza harimo Kajugujugu za gisirikare
Bimwe mu byo bifuza harimo Kajugujugu za gisirikare

Yagize ati:”Hari icyo twatakaje ariko hari n’icyo twungutse.Twavumbuye isoko rigari muri Uganda kandi twitegeguye kugirana imikoranire myiza n’igihugu cya Tanzaniya kimwe  n’ibindi byinshi biri ku mugabane w’Afurika.”

Fomin yavuze ko abafatanyabikorwa bashya bifuza cyane kugemurirwa indege za gisirikare kugira ngo zibafashe mu bwikorezi no kuhangana n’ibyaha bigezweho birimo iterabwoba, kwigumura, icuruzwa ry’ibiyobyabwenge, kwambuka imipaka nta byangombwa no gucukura amabuye y’agaciro mu buryo butemewe.

Yagize ati:”Tuzabaha kajugujugu z’intambara za Mil Mi-17 n’izo mu misozi za Mi-17B-5, abafatanyabikorwa bashya batubwiye ko bakeneye ibikoresho byacu  bijyanye  n’igihe birimo  kajugujugu, ibisasu biremereye n’imodoka za gisirikare” .

Uyu muyobozi ushinzwe ibikorwa bya gisirikare no kugurisha ibikoresho yijeje ibi bihugu imikoranire myiza avuga ko nibajya babahamagara babasaba ibikoresho bazajya bihutira kubasubiza ndetse yanavuze ko nibiba  ngombwa bazajya banabaha inguzanyo yaba iza leta cyangwa iz’ubucururuzi.

Amasezerano y’imikoranire azakorwa hagendeye ku miterere ya buri gihugu n’ubukungu bwabyo

 

ITAR-TASS
UM– USEKE

0 Comment

  • nibyiza cyane nubundi ibihugu byiburayi byari rase

Comments are closed.

en_USEnglish