Digiqole ad

Rugamba Sipriyani, Umunyampuhwe wakundaga Bikira Mariya…abahanzi bakomeye bamwigiyeho

 Rugamba Sipriyani, Umunyampuhwe wakundaga Bikira Mariya…abahanzi bakomeye bamwigiyeho

Ifoto y’urwibutso ya Nyakwigendera Rugamba Sipiriyani n’umugore we Daphrose

  *Abahanzi Ngarambe Francois Xavier, Mariya Yohana na Muyango ubuhanzi bwe ngo bwabigishije byinshi.

*Umuhungu we Olivier Rugamba asanga kugira Se Umutagatifu, byakwera imbuto ku muryango nyarwanda

Kicukiro – Kuri uyu wa mbere tariki 15 Kanama 2016 hibutswe ku nshuro ya 22  umurage wa Rugamba Sipiriyani n’umuryango we, ahanini ngo mu mibereho ye umunsi w’ijyanwa mu ijuru rya Bikira Mariya (ku babyemera) yarawukundaga cyane, ngo yawuhaga agaciro cyane kuko yakundaga umubyeyi Bikiri Mariya nk’uko bihamywa na benshi bari bitabiriye uyu muhango.

Ifoto y'urwibutso ya Nyakwigendera Rugamba Sipiriyani n'umugore we Daphrose
Ifoto y’urwibutso ya Nyakwigendera Rugamba Sipiriyani n’umugore we Daphrose

Uyu muhango watangijwe n’igitambo cya Misa cyo kwibuka Rugamba Sipiriyani n’umuryango we, hanyuma hakurikiraho umuhango wo kumwibuka.

Umuhango witabiriwe n’abantu benshi barimo n’abana baba ku muhanda kuko ngo ni we washinze kimwe mu bigo bibakira,  Umuryango we La Communaute de l’Emmanuel, Itorero Amasimbi n’Amakombe na Korali Rugamba.

Mu byo abantu bagarutseho cyane muri uyu muhango, ni uko “Rugamba rw’Amahoro” nk’uko bamwitaga, yarangwaga n’urukundo, ngo yabigishije kugira urukundo n’ibikorwa by’impuhwe.

Mu kiganiro Umuseke wagiranye n’umuyobozi wa La Communaute de l’Emmanuel, Ngarambe Francois Xavier  yavuze ko Rugamba Cyprien n’umugore we ikintu cya mbere yabasigiye ari urukundo.

Yagize ati “Njye mbona ari ikinti kidasanzwe kugira indoro y’urukundo no ku bakwanga. Abakugirira nabi ukamenya kubareba mu ndoro y’urukundo, ukamenya kubavuga neza, ntubasebye. Na none kudacira imanza abandi, kuvuga abandi nabi, gushyira intege nke z’abandi hanze, ahubwo tugomba gushyira ibyiza bibaranga hanze nk’umurage Rugamba Cyprien yadusigiye.”

Umuhanzi Ngarambe Francois Xavier yakomeje avuga ko umurage yabasigiye ari ikintu umuntu wese agomba gukoresha yaba ari iwe mu rugo, ku kazi no mu gihugu. Kwitoza kureba neza ibiranga abandi, bakavuga ibyiza bagezeho aho gushyira imbere ibibi bibaranga.

Olivier Rugamba umuhungu wa Rugamba Sipiriyani yavuze ko icy’ingenzi  bifuza kugeraho ari uko ubutumwa bukubiye mu bihangano bye butazima kuko hari inyigisho nyinshi yabasigiye.

Yavuze ko nko mu ndirimbo ivuga ko “Umutima utinya no kwanga guhemuka”, irimo ubutumwa ngo n’abana bato bagomba kumenya bakazakurana bakazabuha n’abana babo.”Kwanga guhemuka”

Uyu ngo ni umurage udasaza umubyeyi we Rugamba Cyprien yasize ukwiye kwimikwa n’urubyiruko rw’u Rwanda rwa none n’uruzaza.

Olivier Rugamba avuga ko gushyira Rugamba Cyprien mu Batagatifu ba Kiliziya Gatolika (byasabwe mu myaka ishize), bo nk’umuryango babyishimira kuko ngo ni ibintu babona ko yakoreye, ariko atashatse ko yakwitwa Umutagatifu.

Kumwita Umutagatifu ngo ni ikintu cyabiba imbuto nyinshi mu muryango nyarwanda.

Umuhanzi mukuru kandi wubashywe, Mukankuranga Marie Jeanne  uzwi ku izina rya  Mariya Yohana yavuze ko nk’umuhanzi atamwigiyeho ubuhanzi gusa, ahubwo ngo yari umuntu ushyira mu bikorwa icyo yatakerezaga cyose.

Yagize ati “Hari byinshi yahimbaga, harimo indirimbo z’Imana, agahimba ku Rwanda, n’ibindi kandi bifite icyo bisobanuye kizima.”

Mariya Yohana yakomeje avuga ko  urubyiruko rugomba kugira urukundo rugashyira hamwe ndetse rugakoresha impano kugira ngo bizabagirire akamaro.

Umuhanzi Muyango Jean Marie  na we yavuze ko yumva indirimo za Rugamba Cyprien yumvise ko atari umuririmbyi  gusa ahubwo ngo yari umusizi kuko wumvise amagambo ari mu ndirimbo ze ngo ntaho bihuriye n’ibyo baririmba.

Ati “Amagambo ye yose ntabwo wapfa kuyisobanurira mu byo yaririmbaga, ahubwo n’ibintu wagombaga kubanza ugasobanuza, mu by’ukuri yari Umusizi  kandi nta wundi muntu yumvanye amagambo akoresha, uretse wenyine (Rugamba).

Mu buhamya bwagiye butangwa, benshi bagiye bavuga ko Rugamba Cyprien n’umugore we Mukansanga Daphrose babeshejweho n’impuhwe z’Imana, kandi bazisangizaga abandi, bafasha abakene.

Bavuze ko hari n’abandi Umuryango wa Rugamba wafashaga kubona ibyo kurya, gusa ngo ibyo byose yabikoraga mu ibanga.

Ibikorwa by’impuhwe Rugamba Cyprien na Daphrose bakoraga ngo ni byinshi cyane, kandi impuhwe bagiraga  ngo bazivomaga mu isengesho.

Bombi bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Soeur Agnes Emmanuel avuga ubuhamya bw'ubuzima bwa Rugamba Cyprien
Soeur Agnes Emmanuel avuga ubuhamya bw’ubuzima bwa Rugamba Cyprien
Olivier Rugamba n'umugore we Aline Kebeja bicaye bakurikiye uko umuhango wo kwibuka umubyeyi wabo ugenda
Olivier Rugamba n’umugore we Aline Kebeja bicaye bakurikiye umuhango wo kwibuka umubyeyi wabo 
Olivier Rugamba umuhungu wa Rugamba Cyprien avuga ubuhamya bw'ibyo azi kuri Se
Olivier Rugamba umuhungu wa Rugamba Cyprien avuga ubuhamya bw’ibyo azi kuri Se
Mu gitambo cya Misa bafatanye amaboko bibuka
Mu gitambo cya Misa bafatanye amaboko bibuka Rugamba baririmba Magnificat
Padiri yigisha ijambo ry'Imana muri iyi Misa
Padiri yigisha mu Misa ati “Nimugire amahoro n’urukundo bya Kristu”
Ibumoso Nsengimana Joseph na Ngarambe Francois Xavier n'umugore we Solange
Ibumoso Hon Joseph Nsengimana na Ngarambe Francois Xavier n’umugore we Solange
Ngarambe Francois Xavier umuyobozi wa La Communaute de L'Emmanuel yavuze ko Rugamba yari intangarugero
Ngarambe Francois Xavier umuyobozi wa La Communaute de L’Emmanuel yavuze ko Rugamba yari intangarugero
Abakuru aaganira ku mateka ya Rugamba Cyprien
Abakuru baganira ku mateka ya Rugamba Cyprien
Umuhanzi Muyango na Mariya Yohana bongorerana ibya kera uko Rugamba yabigenzaga
Umuhanzi Muyango na Mariya Yohana baganira
Umuhanzi Muyango ati "Rugamba ntiyari umuririmbyi gusa yari n'Umusizi"
Umuhanzi Muyango ati “Rugamba ntiyari umuririmbyi gusa yari n’Umusizi ukomeye”
Mariya Yihana akora mu muhogo ariko ntiyibagirwa ko yigiye byinshi kuri Rugamba
Mariya Yihana akora mu muhogo ariko ntiyibagirwa ko yigiye byinshi kuri Rugamba
Korali Rugamba baje kwibuka uwo bakesha kuba Chorali yabo yarabayeho
Korali Rugamba baje kwibuka uwo bakesha kuba Chorali yabo yarabayeho
Umuyobozi wa CNLG Dr Jean Damascene Bizimana na we yari ahari
Umuyobozi wa CNLG Dr Jean Damascene Bizimana na we yari muri uyu muhango wo kwibuka Rugamba
Rugamba yakunda gufasha kandi agakunda abana bato
Rugamba yakunda gufasha kandi agakunda abana bato bo mu miryango itishoboye
Padiri Bosco umwe mu bari bitabiriye uyu muhango
Padiri Bosco umwe mu bari bitabiriye uyu muhango
Abagize Amasimbi n'Amakombe Itorero rya Rugamba
Abagize Amasimbi n’Amakombe Itorero rya Rugamba baririmbye zimwe mu ndirimbo yasize
Abantu b'ingeri zinyuraye bari bitabiriye uyu muhango wo kwibuka Rugamba Sipiriyani wakundaga Umubyeyi Bikira Mariya akarangwa n'impuhwe
Abantu b’ingeri zinyuraye bari bitabiriye uyu muhango wo kwibuka Rugamba Sipiriyani wakundaga Umubyeyi Bikira Mariya akarangwa n’impuhwe

Photos/ D S Rubangura/UM– USEKE

Daddy SADIKI RUBANGURA
UM– USEKE.RW

9 Comments

  • Rugamba Sipiriyani n’amasimbi n’amakombe turabazilikana.

  • Why do human being of every place and time love to make heros out of other the mortal human beings ? Uwandusha ibisobanuro bifatika yazamfasha kubyumva neza !

    • What’s your problem, man? Role models have existed throughout all ages and whether u want or not, Cyprien and Dafroza Rugamba are a gift to our sad modern times. Unless you are one of those people who are always looking for black spots where everyone else see dazzling light! Poor u!

      • I am not contesting for anything; mine is rather an intellectual inquiry as to why humans have tended and still tend to deify some of their kins. What is role-models ? How are role-model produced ? What are the measurable, objective attributes of a role-model if any? And, ultimately why would a human being need a role-model as another human being?

        Instead of painting me in a dark hue, you should rather chip in some explanation if you have the intellectual ability to do so. s

  • Imana izakire Rugamba na Daphrose mu bwami bwayo ariko bajye basabira umukazana wabona dukorana. Umubonye hanze ni umumalayika ariko Nyagasani umenye ibiba nyuma y’akazi cyangwa… Agahinda kakwica gusa. Twe twarumiwe gusa.

  • Ese ibyo by’umukazana namwe murabizi ? Zirema kwinshi. Twe dukorana muri Dct twarumiwe. Ni hatari.

  • Apuuu. Va ku ngegera. Twivugire Rugamba naho uriya mugore yagucumuza. Duherutse kumuvugaho twagiye guhemba umuntu turumirwa gusa. Jye nyina ndamuzi ariko ntiwamenya ko yabyaye uriya. Rugamba yari umugabo. Ese abana be hari uzamukurikiza? Ese uriya uri kwifoto azi kuririmba?

    • Uwo mugore muvuga twumvana missa rimwe na rimwe sasita. Ntibintunguye cyane kuko hari uwigeze kumutubwira tumugira umusazi. Yebabawe. Ndababaye pe.

  • Blackniger. Am nt intended to attack you but following your comments, please u should style up!!! Cyprian was aman of his kind!! Patient, with good loving and caring heart and alike… Uzi indirimbo ze ubundi???

Comments are closed.

en_USEnglish