Digiqole ad

Rayon yatsinze AS Kigali bigoranye, ku cyumweru izahura na APR FC

Mu mukino utarabereye igihe wa 1/8 cy’irangiza mu irushanwa ry’igikombe cy’amahoro  ikipe ya Rayon Sports yatsinze bigoranye ikipe ya AS Kigali, ifite iki gikombe umwaka ushize , ibitego 3-2 ihita ikatisha itike yo kuzakina na mukeba APR FC muri ¼ cy’irangiza.

rutahizamu wa AS Kigali Mico Justin (wambaye umuhondo) wagoye cyane ba myugariro ba Rayon, aha ari kumwe na Uwambajimana Leon bita Kawunga
rutahizamu wa AS Kigali Mico Justin (wambaye umuhondo) wagoye cyane ba myugariro ba Rayon, aha ari kumwe na Uwambajimana Leon bita Kawunga

Ni umukino watangiye ubona amakipe yombi yafunguye yaba Rayon sport ndetse na AS Kigali wabonaga ko buri ruhande rushaka igiteko,  ni nako byagenze mu gice cya mbere ikipe ya Rayon Sports yaburagamo abakinnyi bayo igenderaho nka Makenzi, Hamiss Cedric wahanwe ndetse na  Fuade Ndayisenga kapiteni wayo, ariko ntibyayibujije kuba ariyo ifungura amazamu  ku munota wa 19 gusa w’umukino, ku ishoti rikomeye umukinnyi Uwambajimana Leon bita Kawunga ari nko muntambwe 28 yateye umuzamu Emery Mvuyekure ntiyamenya aho umupira unyuze, biba bibaye igitego 1-0.

Ibi byishimo by’aba-Rayon ntibyatinze, kuko nyuma y’iminota 4 gusa , ku makosa ya ba myugariro ba Rayon batumvikanaga rutahizamu wa AS Kigali  Mico Justin yarobye umuzamu Bakame wari wasohotse nabi, maze ibintu bisubira urudubi biba 1-1.

Ku munota wa 32 w’igice cya mbere myugariro wa Rayon Sports Majyambere Alipe yaje  gutega  umukinnyi wa AS Kigali Mico Justin wari wasonze abinyuma ba Rayon sport bituma ikipe ya AS Kigali ibona penaliti yatwe neza na Tubane James maze ikipe  ya As Kigali ibona igitego cyayo cya 2.

Igice cya mbere cyarangiye ari ibitego 2 by’AS Kigali kuri kimwe cya Rayon sport, mu gice cya kabiri Rayon yasimbuje ishyiramo kapiteni wayo Fuadi Ndayisenga ishyiramo na Aphrodise Hategekimana baje gukosora byinshi mu ikipe yari yarushijwe hagati AS Kigali.

Mu minota ibanza y’igice cya kabiri  Sibomana Abuba myugariro wo ku ruhande rw’ibumoso wa Rayon Sport  yaje gufata  icyemezo nkicyo yafashe ku mukino wabahuje na APR ubushize, avana umupira mu binyuma  ku ruhande rw’ibumoso arekura ishoti ryiza hafi muri koroneri  asa nukatiye bagenzi be umupira umunyezamu wa AS Kigali Mvuyekure Emery ahagaze nabi mu izamu uruhukira mu rushundura biba bibiri kuri bibiri.

Nubwo AS Kigali itigeze icika intege  ariko abakinnyi b’ikipe ya Rayon sport bakomeje kotsa igitutu ba myugariro ba AS Kigali byanatumye ku mupira warukaswe neza na Arafat Serugendo kuruhande rw’iburyo myugariro wa AS Kigali Tubane James yitsinda igitego ubwo yarobaga n’umutwe umunyezamu Emery Mvuyekure igitego cy’intsinzi ya Rayon Sport y’ibitego 3-2 bya AS Kigali.

Thiery Hitima wari watoje uyu mukino nk’umutoza mukuru wa Rayon Sport yabwiye itangazamakuru ko kimwe mu byabafashije ari ukwitanga kuko ikipe ye itabonye imyitozo ihagije .

Thierry akomeza avuga ko bagiye kwitegura neza ikipe ya APR FC bazakina nayo ku cyumweru tariki ya 7 Kamena 2014 muri ¼ cy’irangiza muri iri rushanwa.

Casa Mbungo André utoza AS Kigali mu magambo macye yavuze ko bakoze amakosa kugeza ubwo bitsinda, Rayon Sports ikayakosora.

Gahunda y’igikomba cy’Amahoro uko iteganyijwe mu mpera ziki cy’umweru:

Ku wa Gatanu tariki ya 06.06.2014 Amagaju VS. SEC [MUHANGA]

Ku wa Gatandatu tariki ya 07.06.2014 Police VS. Musanze [KICUKIRO]

Ku Cyumweru tariki ya 08.06.2014 Rayon Sports VS APR FC [REGIONAL]

Kiyovu Sports VS. Espoir [MUHANGA]

Ikipe ya AS Kigali yigaragaje cyane hagati kurusha Rayon Sports
Ikipe ya AS Kigali yigaragaje cyane hagati kurusha Rayon Sports
Kagere Medie wa Rayon agerageza kwima umupira aba AS Kigali
Kagere Medie wa Rayon agerageza kwima umupira aba AS Kigali
Umunyezamu Emery Mvuyekure yagaragaje ubuhanga mu kugarura imipira
Umunyezamu Emery Mvuyekure yagaragaje ubuhanga mu kugarura imipira
Djamal Mwiseneza urwanira umupira n'abo muri AS Kigali
Djamal Mwiseneza urwanira umupira n’abo muri AS Kigali
Bakunda Rayon
Bakunda Rayon
Umutoza Casa Mbungo uyu munsi ntiwamuhiriye
Umutoza Casa Mbungo uyu munsi ntiwamuhiriye
Waruzi ko abasifuzi bo ku ruhande nabo baba bafite amakarita n'ubwo batayatanga?
Waruzi ko abasifuzi bo ku ruhande nabo baba bafite amakarita n’ubwo batayatanga?
Ikipe ya Rayon Sports n'abafana bayo bishimira intsinzi
Ikipe ya Rayon Sports n’abafana bayo bishimira intsinzi
Umutoza Mbusa Kombi Billy wari wungirije avugana ho gato na Abouba Sibomana
Umutoza Mbusa Kombi Billy wari wungirije avugana ho gato na Abouba Sibomana
Uyu yazanye agakono kaka umuriro ku kibuga
Uyu yazanye agakono kaka umuriro ku kibuga
Kanamugire (ibumoso) agerageza gucenga Sibomana (iburyo)
Mushimiyimana (ibumoso) agerageza gucenga Sibomana (iburyo)

Photos/ Plaisir MUZOGEYE/UM– USEKE

Jean Paul NKURUNZIZA
ububiko.umusekehost.com

0 Comment

  • NUBWO GASENYI YATSINZE NIHAHANDI HAYO NTIZARENGA UMUTARU.APR IZAYIKOSORA TU.

  • Oscar buriya rero bitapanzwe nti twakabaye tubona igikombe, ubu mu buyobozi hari uburyo turimo kureba uko twaha amabwiriza ba Arbitre kugirango ekipe yacu igere ku mukino w’igikombe cy’amahoro, kuko ikibuzemo afande yaduhagarika ku mirimo.

  • Kuki se wongeyeho ngo bigoranye !! iyo uvugako yayitsinze kandi ko yayirushaga ukirinda kongeraho ngo bigoranye ! Si uko bafana !

  • Wowe wiyise De guale…washyizeho izina ryawe ukareka kwiyita ayabandi!!! Kandi umenyenezako adakoreshwa nafande runaka..yariyamamaje arastinda ndibazako icyogihe nawe warufite uburenganzira byo kwiyamamaza kuki utangiye ngo umurushe!!! Hanyuma ngo utwereke ibyiza byawe!!??? Kuvugira ahomwicaye byo murabiziiii . Nagirango nkubgireko ahubwenge bwawe burangiriye ariho ubwumu yobizi wa Ferwafa butangiriye so tuza akoree akazike ureke kumugendaho nkaho wabuze umuhanda wokugendamo

  • Iminsi ibiri y’ikiruhuko kuri Rayon Sport ni mike cyane, umukino wari ukwiye kwigizwayo nibura ukaba nko kuwa gatatu kuko nitsindwa hazavugwa amagambo menshi y’uko bayikinishije inaniwe kandi icyo kibazo kirumvikana.

Comments are closed.

en_USEnglish