Digiqole ad

Perezida Kagame yanenze abayobozi badakemura ibibazo by’abaturage

Mu ruzinduko  Perezida   Paul Kagame  yakoreye  mu murenge wa Kiyumba  i Muhanga  kuri uyu kane   yanenze bamwe mu bayobozi  badakemurira abaturage ibibazo ahubwo bagategereza  ko  ari we  ugomba kuza kubibazwa.

Perezida Kagame aganira n'abaturage ba Muhanga
Perezida Kagame aganira n’abaturage ba Muhanga/Photo PPU

Nyuma y’ijambo rye  perezida Paul Kagame  yatanze umwanya ku baturage,  uyu mwanya  w’ibibazo utabaye muremure  nkuko  bikunze kuba hirya no hino  mu ngendo ze,   mu baturage  baraho babiri muri bo  babwiye  umukuru w’igihugu  ko  bafite ibibazo  byanze gukemuka  uhereye mu nzego z’ibanze  ari naho aba baturage baba umunsi ku munsi.

Musabyeyezu Justin  wo mu murenge wa Kibangu mu karere ka Muhanga,   wavuze mu izina ry’abandi baturage bafatanyije imirimo yo kubaka   amateme  y’umuhanda Rugendabari-Kibangu na Nyabinoni imirimo yarangira  rwiyemezamirimo  akabambura  nyuma  ngo Akarere  ka Muhanga kakababwira ko  kazabishyura  none imyaka  ikaba  ibaye myinshi batabona amafaranga  bakoreye.

Mu gusubiza iki kibazo Perezida Kagame   yabanje gusaba  Umuyobozi w’Akarere  ka Muhanga ko asobanura impamvu  abaturage batishyuwe bigategereza ko  ari we  baza kwiyishyuriza kandi   ari bo   bagombye kubirangiza  kuko mu nshingano  bafite  harimo kwita  ku bibazo  by’abaturage.

Perezida Kagame ati:’’  Abaturage bazajya bishyurwa cyangwa ibibazo byabo barangirizwe ari uko nje, ejo bundi  ndi  mukarere ka Nyabihu  nahasanze abaturage bafite ibibazo nk’ibi. Mwe mubikoraho iki?’’

Umukuru w’igihugu  yongeye gutunga urutoki  ikigo cy’igihugu  gishinzwe imiturire (RHA) ko cyanze gushyira umukono ku gishushanyo-mbonera cy’Akarere ka Muhanga mu gihe cy’umwaka wose.

Yavuze ko agiye kubikurikirana  kugirango bamusobanurire impamvu ituma abantu bamara umwaka bategereje igikumwe (gutera igikumwe) kuri icyo gishushanyo  kandi ari  cyagombye  kuba umuyoboro w’iterambere ry’Akarere.

Usibye  ibibazo  bibiri  byahabonetse  abaturage  bashimiye Umukuru  w’igihugu  intambwe amaze kugeza  ku Rwanda  aho benshi bagiye bigobotora ingoyi y’ubukene   bamubwira ibikorwa by’indashyikirwa  bamaze kugeraho.

Musabyimana Justin wabarije abandi nkawe Akarere gafitiye umwenda kuva mu gihe kinini gishize
Musabyimana Justin wabarije abandi nkawe Akarere gafitiye umwenda kuva mu gihe kinini gishize/Photo Elisee Muhizi
Abaturage bari baje kwakira umukuru w'igihugu ari benshi
Abaturage bari baje kwakira umukuru w’igihugu ari benshi/Photo Elisee Muhizi

MUHIZI Elisee
ububiko.umusekehost.com/Muhanga

0 Comment

  • Ikibazo kiri mu Rwanda nuko abayobozi ntabubasha bafite kandi bakagombye kubugira kuko babuhabwa namategeko.Ntakintu nakimwe batinyuka gukora kugirango ejo batazarebwa nabi bakava ku mbehe.Ntabwarukuvugako arabaswa nibindi ahubwo nubwoba kuko batazicyo kijyana nabamurebera bazabitekerezaho.Ngayo nguko.Tureke kubarenganya rero.

  • Ntabwo ari Akarere kamufitiye umwenda ahubwo ni rwiyemezamirimo ufitiye abaturage yakoresheje umwe, mujye mwandika inkuru uo iri mureke gukabya, gusa Akarere kasabwe kujya kishyuriza abaturage.

  • abayobozi bagomba gukoresha ubushobozi bafite bagakemura ibibazo by’abaturage kuko niyo mpamvu 1 itumye bicaye kuruwo mwanya kandi bibuke ko bakorera abaturage bagerageze ntibagashake igisubizo aruko Kagame yiyiziye bitari ibyo baba bari guhemukira abaturage.

  • mu Rwanda ntabuyobozi buhaba? byose nugutegereza Kagame? za miriyoni cumi zibahe?

  • ntago rwose ibibazo bigomba gutegereza president byose , yewe nibikomeye hari aho bitakarenze kugeza bitegereje president, ariko nanone abaturage hari nibibazo byinshi usanga batararenganijwe ahubwo bakabyishyiramo mpaka bategereje president, hari aho usanga rwose amategeko umuturage yaramutsinze neza ariko ntashindwe mpaka ngo aba abonye president kandi abandi barabicyemuye, ariko ntiyemere imicyemurire yibibazo bye

  • Ariko,abantu nkuyu wiyise KAJUGIRO mwabaye mute? ibyuvuze ntashingiro bifite; gusubiza ibibazo byabaturage ntibisaba ibyo uvuze. bisaba umutima nama  muzima,ntukuri,kandi ubawubahiriza ishingano zawe byakabaye bigushishikaza kuko ariho ukura umugati nkuko ubivuga. 

  • umukuru w;igighug cyacu ndamwera pe, amayobozi bacu bandi bajye bamufatiraho urugero kuko usanga hafi aho badindiza ibibzo by;abaturage ntibikemuke maze ugasanga abaturage barahejejwe ku cyizere. 

Comments are closed.

en_USEnglish