Digiqole ad

Mulindi: Mu marushanwa y’umukamo inka yabaye iya mbere yakamwe 12L

 Mulindi: Mu marushanwa y’umukamo inka yabaye iya mbere yakamwe 12L

Mu irushanwa muri iki gitondo, bamwe bamaze kwanzika undi mukamyi aracyafata indobo ngo nawe atangire

Mu imurika ry’ubuhinzi n’ubworozi riri kubera ku Mulindi mu karere ka Kicukiro kuri uyu wa 09 Kamena wari umunsi wahariwe cyane iby’ubworozi, habaye irushanwa ry’umukamo w’inka zatanzwe muri gahunda ya “Girinka munyarwanda” gusa. Inka yarushije izindi yakamwe indobo y’amata ya litiro 12 z’amata. Ku munsi ngo isanzwe ikamwa 30L nk’uko bitangazwa na nyirayo Murekeyisoni.

Mu irushanwa muri iki gitondo, bamwe bamaze kwanzika undi mukamyi aracyafata indobo ngo nawe atangire
Mu irushanwa muri iki gitondo, bamwe bamaze kwanzika undi mukamyi aracyafata indobo ngo nawe atangire

Inka icyenda zarushanyijwe ni izavuye hirya no hino mu gihugu mu zatanzwe muri gahunda ya “Girinka Munyarwanda”, intego yari ukwereka abahawe inka muri iyi gahunda ko iyo zifashwe neza zitanga umukamo uhagije nk’uko bitangazwa n’abayobozi muri MINAGRI na RAB.

Mu irushanwa harebwaga ubwiza bw’inka (isuku yayo), umukamo itanga, igihe bisaba, n’isuku y’ukama.

Inka ya Goretti Murekeyisoni w’imyaka 51 niyo yabaye iya mbere ikamwe litiro 12. Ni inka ibyaye inshuro umunani, Murekeyisoni yayihawe mu 2006 ikaba ari inka yahinduye ubuzima bwe n’ubu igikomeje kuko imuhesheje ibihembo.

Murekeyisoni ati “Ku munsi ubundi iyi nka ngo ikamwa 30L, ubusanzwe mu gitondo ikamwa 15, ubu ikamwe 12 kubera ubuzima itamenyereye imazemo iminsi hano mu imurika.”

Dr Christine Kanyandekwe Umuyobozi wungirije mu kigo cy’igihugu gishinzwe ubuhinzi n’ubworozi (RAB) yavuze ko iri rushanwa ryari rigamije kwerekana ko aborozi bo muri gahunda ya ‘Girinka’ atari aborozi badashoboye nk’uko benshi babikeka.

Ati “Iyo inka yitaweho igira umukamo mwiza kuko hari inka zikamwa Litiro 40 inshuro imwe, ubu twabikoze  ku rwego rwa “Girinka” ariko turateganya kubikorwa no kurwego rw’igihugu hakazamo n’aborozi.”

Andre Kagabo Umuhuzabikorwa wa gahunda ya ‘Girinka munyarwanda’ ku rwego rw’igihugu yavuze ko aborozi  batatu bafite inka zabonye umukamo mwinshi baza kubihemberwa.

Umworozi w’intangarugero Flora Uwera wo mu karere ka Gicumbi niwe watoranyijwe ngo ahe amasomo bagenzi be ku byo kugaburira inka ngo zitange umukamo mwinshi.

Yababwiye byinshi bikwiye kugaburirwa inka birimo umucaca , desmidium irandaranda n’ihagaze, urubingo rwa Tanzania, ibishyimbo, umurama wa groris gayona, brakaria, ponepuru, triandara, kariyanda, rufarufa, urubingo rusanzwe n’andi moko y’ibiryo by’inka.

Uwera Flora asanzwe ari umworozi wegukanye ibihembo ku rwego rwa Africa mu 2013 no mu 2014 hari icyo yaherewe muri Amerika.

Abarushanwa ku murongo bakama
Abarushanwa ku murongo bakama
Mu irushanwa muri iki gitondo, bamwe bamaze kwanzika undi mukamyi aracyafata indobo ngo nawe atangire
Mu irushanwa muri iki gitondo, bamwe bamaze kwanzika undi mukamyi aracyafata indobo ngo nawe atangire. Ukamira mu ndobo y’icyatsi inka ye yabaye iya mbere
Umukamyi munsi y'inka y'icebe ryuzuye amata
Umukamyi munsi y’inka y’icebe ryuzuye amata
Mugenzi we batangiriye rimwe inka ye arayigerereye
Mugenzi we batangiriye rimwe inka ye arayigerereye
Abana b'abanyeshuri baje mu rugendo shuri baritegereza aya marushanwa y'umukamo
Abana b’abanyeshuri baje mu rugendo shuri baritegereza aya marushanwa y’umukamo, cyane ko abana bo mu mujyi haba hari n’abatazi aho amara ava
Uyu aravuruganya vuba vuba ngo ashyikire abandi
Uyu aravuruganya vuba vuba ngo ashyikire abandi
Mu gihe bagihuze we indobo inka ye irayujuje
Mu gihe bagihuze we indobo inka ye irayujuje
Icebe ryari ryafoye inka ye iraruhutse
Icebe ryari ryafoye inka ye iraruhutse. Iyi nka y’uyu mukamyi yabaye iya kabiri
Kuri aba bana byari 'experience' nziza kubona amarushanwa nk'aya
Kuri aba bana byari ‘experience’ nziza kubona amarushanwa nk’aya
Umukamo kuri buri nka uragaragara
Umukamo kuri buri nka uragaragara
Inka yabaye iya mbere yakamwe litiro 12 zapimiwe ku munzani muri Kirogarama
Inka yabaye iya mbere yakamwe litiro 12 zapimiwe ku munzani muri Kirogarama
Inka yabaye iya mbere yambitswe ikamba
Inka yabaye iya mbere yambitswe ikamba

Photos/J.Uwase/UM– USEKE

Joselyne UWASE
UM– USEKE.RW

14 Comments

  • Turi mu ikoranabuhanga, ubutaha bazakamishe imashini, wasanga abantu hari igihe bananirwa ntibayihumuze neza.

  • Yego Mama!!!!! reka u Rda rwacu rwakera, ninka zarwo bigaruke maze twicarane amata abana bashishe bumva.

    • Nibyiza. abandi borozi bigire kuri aba, nabo bazamure umusaruro

  • Biranshimishije, ubundi abana tuzajye tubereka ibi

  • uru inirwo rwanda twarazwe na GIHANGA URWANDA RUTEMBA AMATA N,UBUKI.IMNANA IKOMEZE KURUDUHERAMO UMUGISHA

  • Ni Mukecuru Flora ni umunyabwenge cyane, kandi yicisha bugufi n’ abana be baramukurikije.

  • u Rwanda rukomeje gusirimuka, ibi najyaga mbibona muri Scotland none n’iwacu ndaboba birimbanyije. bravo Rwanda

  • sha ndemeye 2 kuko birarenze ntako babatagize.

  • 12L mu gitondo
    12L saa sita
    12L n’injoro

    K’umunsi wose 36L / inka 1

    Iyi projet irimo akamiya gatubutse daaaa ufite inka 100 waba ucishijemo.

  • Dukeneye n’irushanwa ryo kubumba inkono vuba netse guhinga hanini di!

  • Amata yiburundi araryoha cane! muzoze muyanywe mwiyimvire, ntimwosubira murwanda. Ibirundi haribintu biryoshe gusa, ivyamwa, ibinyobwa, etc.

  • ariko di ntabwo mwize ntibavuga vavuga koko ntibavugako iceberyuzuye amata bavugako inka Yatariranye

  • Mbega akumiro! umuco waracitse! Gukamira mu ndobo kweri! ibyansi byagiye he!

  • Ni byiza ariko ibi byansi byayagucaho. Kera twakamiraga mu nkongooro, udukebe cyangwa i ngare naho ubu n’imbegeti nako indobo da!

Comments are closed.

en_USEnglish