Digiqole ad

Muhanga: MINIJUST yashyikirije  Abunzi amagare bemerewe na Kagame

 Muhanga: MINIJUST yashyikirije  Abunzi amagare bemerewe na Kagame

Ayo magare ngo agiye kubafasha mu kazi kabo ka buri munsi

Minisiteri y’Ubutabera ku bufatanye n’Akarere ka Muhanga, bashyikirije Abunzi amagare bemerewe na Perezida wa Repubulika Paul Kagame ubwo uru rwego rw’Abunzi rwizihizaga  isabukuru y’imyaka 10 rwari rumaze rugiyeho.

Ayo magare ngo agiye kubafasha mu kazi kabo ka buri munsi

Ku ikubitiro Abunzi 147  ku rwego rw’Akagari n’Imirenge bigize Akarere ka Muhanga, nibo bashyikirijwe amagare  bahawe n’Umukuru w’Igihugu Paul Kagame mu mwaka wa 2010.

Bamwe mu bunzi bahawe ayo magare bavuga ko  hari imbogamzi bahuraga na zo zo kugera aho ikiburanwa kiri, ndetse kubera kutagira ibiborohereza mu ngendo bikaba ngombwa ko bahagera batinze abo bireba barambiwe.

NZAYISENGA Aroni,  atuye mu mudugudu wa Nyarucyamu ya kabiri, Akagari ka gahogo mu Murenge wa Nyamabuye, avuga ko  uyu murimo awumazemo manda eshatu ariko ko mu byifuzo bagiye bashyikiriza Minisiteri y’Ubutabera mu birebana n’itumanaho, n’icyabafasha mu ngendo bakora bajya cyangwa bava aho icyaha cyakorewe.

Ati: “Twahawe amatelefone y’ubuntu ubu turavugana nta mafaranga dutanze icyari gisigaye ni ukubona uko tugera ku kiburanwa. Turashimira Paul Kagame waduhaye amagare ntacyo tuzongera kwitwaza.”

RURANGA John Intumwa ya Minisiteri y’Ubutabera, avuga ko  iki gikorwa cyo guha Abunzi amagare ari icyiciro cya mbere, hagiye gukurikiraho ikindi cyiciro cy’abagomba guhabwa amagare kugeza bose bayabonye.

Uyu muyobozi avuga ko amagare asigaye bazagenda bayabona bitewe n’uko amikoro y’igihugu azaboneka kubera ko ngo akazi bakora bagashimirwa n’Abanyarwanda barangajwe imbere na Perezida wa Repubulika y’u Rwanda.

Umuyobozi wungirije  ushinzwe iterambere ry’Imibereho myiza y’Abaturage mu Karere ka Muhanga, atangaza ko  icyo basaba Abunzi ari ukurangwa n’ubunyangamugayo no gukomeza kwerekana icyizere bafitiwe n’abaturage bakirinda ruswa n’ibindi bishobora kwanduza izina bafite.

Ati: “Turabasaba  guca imanza bararamye batitaye ku cyenewabo, cyangwa ikimenyane ibindi bakeneye bazagenda babibona.”

Akarere ka Muhanga gafite Abunzi 525,  abahawe amagare ni abo ku rwego rw’Akagari n’Imirenge, mu gihe ku rwego rw’Igihugu Abunzi  barenga ibihumbi 13. Uretse Telefone z’ubuntu n’amagare, Leta yishyurira mitiweli abantu bane bo mu muryango w’Umwunzi.

Visi Meya MUKAGATANA Fortunée ashyikiriza Umwunzi igare yahawe na Perezida Kagame
Aya magare bayemerewe mu mwaka wa 2010 ubwo hizihizwaga isabukuru y’imyaka 10 urwego rw’Abunzi rushinzwe

MUHIZI ELISEE
UM– USEKE.RW/Muhanga.

2 Comments

  • Ni byiza cyane!

  • Ni byiza cyane; n’abandi bizabagereho.

Comments are closed.

en_USEnglish