Digiqole ad

Muhanga: Bashimishijwe no kwegerezwa uruganda rutunganya ibigori

Nyamabuye, Muhanga – Umuyobozi wa Koperative  y’iterambere  ry’abahinzi-borozi  ba Makera (IABM) Mukankusi Alphonsine yatangarije Umuseke ko  kuba ubu bafite hafi yabo uruganda rutunganya ibigori  bigiye kugabanya ingendo  za hato na hato bakoreraga mu mujyi wa Kigali  bajya gushaka isoko.

Mukankusi Alphonsine  Umuyobozi wa  Koperative y'iterambere  ry'abahinzi borozi ba Makera  mu murenge wa Nyambuye imbere mu ruganda.
Mukankusi Alphonsine Umuyobozi wa Koperative y’iterambere ry’abahinzi borozi ba Makera mu murenge wa Nyambuye

Uru ruganda rutunganya umusaruro w’ibigori ruherereye mu Murenge wa Nyamabuye ho mu Karere ka Muhanga.

Mukankusi Alphonsine umuyobozi wa Koperative  y’iterambere ry’abahinzi borozi ba Makera yavuze ko ubusanzwe bajyaga bahura n’ibibazo  binyuranye birimo  kutabona amasoko y’umusaruro wabo  hafi, bikaba ngombwa ko bakora ingendo ndende bajya gushaka  aho bagurishiriza  umusaruro wabo, hakiyongeraho n’ikibazo cyo kutabonera  amafaranga igihe.

Turashimira cyane  umushinga  ushinzwe kongera umusaruro mu makoperative watwubakiye uru ruganda,  kuko izi mbogamizi zose zigiye kuvaho noneho  twitunganyirize  umusaruro wacu.” – Mukankusi

Usengimana  Emmanuel ashinzwe umushinga wo kongera umusaruro mu makoperative (Rwanda Cooperative, Agriculture, Growth Project) mu Ntara y’Amajyepfo n’Uburasirazuba yavuze ko  mu ntego uyu mushinga ushyize imbere harimo  kongera umusaruro bubaka inganda n’ubuhunikiro abahinzi bazajya bifashisha batunganya imyaka yabo.

Usengimana yongeyeho ko  mu myaka mike uyu mushinga umaze utangiye, mu turere  bubatsemo izi nyubako umusaruro wazamutse ku rugero rwiza, ari yo mpamvu bifuza  gukomeza kuba hafi y’amakoperative y’abahinzi  kugira ngo no mu yandi makoperative  atari yabona izi nyubako bazubake vuba.

Yagize ati: ” Izi nyubako zaje ari inyongera kuko  dusanzwe duhugura  abahinzi tukabaha n’inyongeramusaruro zirimo kubashakira imbuto nziza ndetse n’amafumbire, ’’

Umushinga  wo kongera  umusaruro mu makoperative  umaze kubaka  inganda  eshatu zitunganya umuceri, n’ibigori, ubwanikiro 12 n’ubuhunikiro umunani mu turere dutandatu (6) tw’Amajyepfo n’Uburasirazuba.

Iyi mishinga yose yatwaye amafaranga y’u Rwanda agera  kuri miliyoni 500. Uyu mushinga uvuga ko ugiye gukomeza  kubaka ubuhunikiro butanu  mu turere twa Muhanga, Nyanza na Ruhango.

Umusaruro uva mu gishanga cya Makera  uba ungana na toni 900 zirenga mu gihe cy’ihinga cya mbere.

Uruganda IABM  Makera
Uruganda IABM Makera
Umusaruro w'ibigori  wa  IABM mu  bubiko
Umusaruro w’ibigori wa IABM mu bubiko
Usengimana  Emmanuel,  Ushinzwe umushinga wo kongera Umusaruro mu makoperative( Rwanda Cooperative, Agriculture, Growth Project)
Usengimana Emmanuel, ushinzwe umushinga wo kongera Umusaruro mu makoperative( Rwanda Cooperative, Agriculture, Growth Project)


MUHIZI ELISEE
UM– USEKE.RW/Muhanga

0 Comment

  • ISAE twasoma

  • Uko niko kubaka igihugu hatezwa imeze bere ubuhinzi bw’umwuga ,mukomereze aho ,n’abandi babigireho

Comments are closed.

en_USEnglish