Digiqole ad

Amafoto: igitaramo gihebuje cya KAYIREBWA i Kigali

Kicukiro – Nyuma y’imyaka irenga 25, Cecile Kayirebwa wamamaye cyane mu muziki mu Rwanda, umuhanzi ariko uba mu Ububiligi, yaraye ataramiye abanyarwanda. Bitandukanye n’ibindi bitaramo bimenyerewe mu Rwanda, mbere gato ya saa moya z’umugoroba wo kuri uyu wa 16 Werurwe abantu bari bamaze kwitahira igitaramo cyarangiye kandi banyuzwe cyane.

Kayirebwa mu ijwi rihogoza ritera ubushagarira bamwe mu baryumvaga imbona nkubone
Kayirebwa mu ijwi rihogoza ritera ubushagarira bamwe mu baryumvaga imbona nkubone

Kayirebwa yizihizaga isabukuru y’imyaka 30 amaze muri muzika mu Rwanda. Uyu munsi yafashijwe na Gakondo Group ndetse na Mani Martin n’itsinda rye.

Igitaramo cye cya gakondo kitabiriwe n’abantu benshi cyane cyabere muri Ahava River ku Kicukiro.

_MG_9161
Inzu yari yuzuye abantu baje kwihera ijisho uyu muhanzi w’icyamamare
_MG_9304
Abantu bakuru bari baje kureba uyu muhanzi wabahogoje cyera
_MG_9151
Cecile Kayirebwa imbere y’imbaga yari aho ku Kicukiro
_MG_9153
Wabonaga yishimiye cyane kongera kuririmbira mu Rwanda imbere y’abantu benshi
_MG_9155
Senateri Tito Rutaremara mu bari baje kureba Kayirebwa
_MG_9167
Bamwe mu bamufashije ni abahanga mu majwi yabo meza
_MG_9171
Abanyamahanga mu bari baje kumva Kayirebwa
_MG_9199
Mani Martin yahawe umwanya muri iki gitaramo gakondo
_MG_9202
Ni umuhanzi ukiri muto w’umuhanga mu ijwi n’inganzo
_MG_9205
Abo akorana nabo muri Kesho Band ni abahanga mu gukoresha ibikoresho gakondo no kuririmba
_MG_9223
Arnauld Nkusi wasomaga amakuru kuri Television y’u Rwanda (ubu akora kuri TV10) yari MC
_MG_9240
Cecile Kayirebwa yicaye aha umwanya abaje mu gitaramo ngo baganire
Kayirebwa aganira n'abari mu gitaramo cye, barimo uwamusabye kuza gutura mu Rwanda agafasha iterambere rya muzika gakondo
Kayirebwa aganira n’abari mu gitaramo cye, barimo uwamusabye kuza gutura mu Rwanda agafasha iterambere rya muzika gakondo mu bato
_MG_9286
Abantu batuje bumva ikiganiro cya Kayirebwa n’abamufana
_MG_9287
Abakiri bato bamutangarije ko bamukunda cyane kandi bifuza kumubona kenshi
_MG_9294
Mani Martin na bagenzi be bumva Kayirebwa
_MG_9312
Lauren Makuza ushinzwe umuco muri Ministeri y’umuco na siporo yari ahari
_MG_9323
We n’Intore Massamba bicaye ngo baririmbire mu majwi yabo abari aho
_MG_9342
Mu majwi yuje ubuhanga no guhogoza, byari binogeye amatwi
_MG_9359
Uyu mubyeyi yahagurutse azanira indabo Kayirebwa, nawe byamushimishije cyane
_MG_9373
Yitegereza Massamba aririmba
_MG_9381
Hari ababonye umwanya n’amahirwe yo kumuhobera no kwishimana nawe
_MG_9395
Kayirebwa mu ndirimbo “Marebe” n’ijwi ry’umwihariko
_MG_9418
Bamwe bamusanze imbere barishimana babyina
_MG_9441
Nawe akanyuzamo agatega amaboko
_MG_9156
Kayirebwa yacaga bugufi agashimira abaje kwifatanya nawe kwizihiza imyaka 30 amaze muri muzika

Photos/Plaisir MUZOGEYE
ububiko.umusekehost.com

0 Comment

  • UYUMUDAME NIMWIZA ASAZANYE UBWIZABWE.

    • Ntukajye ushinyagura wo kagira Imana n’u Rwanda we! Ubwiza ububonye hehe? Reba kuriya kuboko hanyuma ushake n’icyo retention hydrique bivuga.

  • twari tumukumbuye uyu mubyeyi ahubwo azagerageze agaruke nko muri vacance nabanyeshuri baze kumwirebera bo rwanda rwejo

  • Ese ni uku asigaye asa?? Inkecuru! Kera habayeho, mbega ukuntu asigaye asa, yaracuyutse.

    • ariko koko nkawe ngo Bola nturwayye nkubwo uratukanira iki wowe se ntuzasaza yewe murababa abantu namwe

  • ariko nk`abantu bapinga ubwiza bw`uyu mudamu bazi imyaka afite koko? imyaka hafi 70 umuntu akaba agisa atya kweli mqze mugapinga? Mubona ari bangahe bazagera kuri iriya myaka se hubwo kuri iyi generation?

  • MAMAN KAYIREBWA? Welcome Back !

  • Isabukuru nziza mubyeyi, uri igicumbi cy’umuco wacu. Uri uw’igiciro cyinshi abatabyemera mbona ari  abafite ikibazo cyo kutamenya agaciro k’ubwiza bw’urwa Gasabo! Ndagukunda Imana ikudukomereze

  • Mama kayirebwa ni umuririmbyi abatabyemera bajye kwa muganga bafite uburwayi.Ubwiza bwe utabubona ku myaka afite nawe si tayali rwose.Mbega mubona ari bangahe bafite imyaka ye bameze kuriya ameze?bagifite ibikorwa nk”.ibye?

  • leta nge numva yamusaba ikamutera courage agateza imbere umuco nyarwanda nyabyo apana ibyo kubyina gusa ;;mu mahanga naho si henci bakunda uko tubyina ariko rero hari ba kayirebwa;ba muyango n imitari na ba MAsamba buriya babibasabye kandi bakabibafasha nge numva umuco wacu wakundwa cyane tukajya twumva hari abadiva ;;nge mbona na kayirebwa yaba diva w umuco nyarwanda!bazabure kubyigaho ntibabona ko atangiye gusaza!ariko ni ikizunge byo!

Comments are closed.

en_USEnglish