Digiqole ad

Kiyovu yemeje abatoza babiri mu cyumweru kimwe. Ubu yahawe Seninga

 Kiyovu yemeje abatoza babiri mu cyumweru kimwe. Ubu yahawe Seninga

Innocent Seninga (ibumoso) na Samuel Amamba Kiyovu yasanze yari yibeshyeho

Mu cyumweru gishize Kiyovu Sports yatangaje ko yabonye umutoza mushya ukomoka muri Nigeria, nyuma y’iminsi itatu gusa basanze bari baramwibeshyeho bahise bamwereka umuryango. Iyi kipe y’i Nyamirambo ubu yemeje ko umutoza wayo mushya ari Innocent Seninga watozaga Isonga FC mu mwaka ushize w’imikino.

Innocent Seninga (ibumoso) na  Samuel Amamba Kiyovu yasanze yari yibeshyeho
Innocent Seninga (ibumoso) na Samuel Amamba Kiyovu yasanze yari yibeshyeho

Elie Manirarora Umunyamananga mukuru w’ikipe ya Kiyovu Sports, niwe wemeje ko Innocent Seninga ariwe mutoza mukuru wa Kiyovu Sports.

Manirarora ati “Nibyo koko twumvikanye (Seninga), kandi turi gukora ibishoboka byose ngo tumuzanire abakinnyi beza bamufasha guhangana mu mwaka uje w’imikino

Tariki 11/08/2015, Kiyovu Sports yari yatangaje ko Samuel Amamba wo muri Nigeria ariwe mutoza mushya, ariko basanze ngo yarabeshyaga ko afite Licence B ya CAF bahise bamusezerera.

Ubuyobozi bwa Kiyovu, yabaye iya cyenda(9), umwaka ushize, ubu bwamusimbuje Seninga Innocent watozaga Isonga FC yabaye iya nyuma ikamanuka mu kiciro cya kabiri.

Nyuma yo kwemezwa muri Kiyovu Seninga yabwiye Umuseke ati “ndizera ko buri kimwe kizagenda neza.  Nzabakorera mu gihe kingana n’umwaka kandi nzi neza ko iyi ari ikipe nini kurusha izindi natoje, ariko abakinnyi bayo harimo benshi natoje, bityo nizera ko nzitwara neza.

UM– USEKE.RW

en_USEnglish