Digiqole ad

Kijabagwe: Nti bazongera kuvoma amazi ya Nyabarongo

Abaturage bo mu Kagali ka Kijabagwe Umurenge wa Shyorongi Akarere ka Rulindo ho mu Ntara y’Amajyaruguru baratangaza ko  nyuma  kumara imyaka n’imyaka  banywa banakoresha  amazi y’umugezi wa Nyabarongo bagejejweho  amazi meza ya robine.

Aha ni kuri GSAha ni kuri GS Kijabagwe aho batangiriye basura  Kijabagwe
Aha ni kuri GSAha ni kuri GS Kijabagwe aho batangiriye basura Kijabagwe

Abaturage bo muri uyu Murenge batangaje ibi kuri uyu wa mbere tariki ya 16 Werurwe ubwo umushinga ‘Water for People’ n’Akarere ka Rulindo batahaga  ibikorwa by’Amazi bagejeje muri uyu Murenge.

Nzamwita Jean de Dieu, utuye mu Mudugudu wa Rugendabari, Agakali ka Kijabagwe, Umurenge wa Shyorongi avuga ko batarabona amazi meza bavomaga aya  Nyabarongo. Avuga ko amazi ya Nyabarongo yabaga asa na bi  gusa ngo iyo bayatega aracyayukaga  akaba meza bakayakoresha.

Agira ati:”Nyabarongo yadutunze imyaka myinshi , Njye mfite  myaka 41 ‘ariko namaze 40 nywa  amazi ya Nyabarongo”.

Sibomana Xaverine, umukecuru wavutse  mu mwaka w’1945 avuga ko yamaze igihe kirekire cyane akoresha amazi mabi , yavomaga  mu bishanga , atemba atututse  mu misozi  n’ayo mu mugezi  Nyabarongo.

Uyu mukecuru avuga ko hari ubwo yahinguraga ananiwe akagira ubute bwo kujya kuvoma amazi mu mugezi wa Nyabarongo maze akikoreshereza ayo mu bidenezi byo mu mihanda.

Umukecuru Sibonama avuga ko yanyoye amazi ya Nyabarongo imyaka atabara
Umukecuru Sibonama avuga ko yanyoye amazi ya Nyabarongo imyaka atabara

Agira ati:”Twamaze igihe kirekire tutagira amazi , twayabonye ku bwa  Perezida Kagame”.

Aba baturage bifata nk’abari barahejejwe inyuma bakomeza bavuga ko kubona amazi meza byabagaruriye icyizere ngo kuko bayanwa nta bwoba nta n’ikintu biganga . Bavuga ko mbere bakundaga kurwara indwara ziterwa n’isuku nke ariko ubu zikaba zitakibageraho.

Umuyobozi w’Akarere ka Rulindo , kangwagye Justus wari witabiriye iki gikorwa yahamagariye abaturage gufata neza aya mazi babonye bamaze igihe kirekire babyifuza. Agira ati:”Byari bikomeye kuyageraho ariko ibyari inzazi byabaye ukuri”.

Eng. Emma FrancoiseIsumbingabo, Umunyamabanga wa leta muri Minisiteri y’ibikorwa remezo avuga ko kubera uruhare  runini amazi afite mu buzima bw’abantu, ubw’inyamaswa n’ubw’ibimere leta y’u Rwanda yahisemo gutangiza icyumweru cy’amazi cyatangiye kuwa 16 kugeza 29.

Eng.Emma avuga ko leta idategereza   iki cyumweru ngo  ibone gutanga amazi   meza yabasabye ko uzajya agira ikibazo kirebana n’amazi agomba kuzajya ahita abitangaza kugira ngo bihutire kumufasha.

Kamuyumbu Perpetue , Umuyobozi w’umushinga ‘Water for people’ mu Rwanda  avuga ko bafite intego yo kugeza amazi mu Mirenge 17 igize aka Karere.

Uyu muyobozi avuga ko  k’ubufutanye na karere Ka Rulindio bamaze kugeza amazi meza mu Mirenge ine bakaba bafite na  gahunda  yo kugeza amazi meza mu yindi mirenge itatu bitarenze ukwezi kwa gatandatu.

Akomeza avuga ko  robone imwe ikoreshwa n’abantu n’ingo 50 ni ukuvuga hafi abantu 300, amarobine kandi agiye yubatse muri metero 500  .

Umushinga wo kugeza amazi meza muri aka Karere uzarangira utwaye miliyoni 15 z’amadorali .

Batashye ku mugaragaro ivomero ryo ku kigo cya GS ya Kijabagwe
Batashye ku mugaragaro ivomero ryo ku kigo cya GS ya Kijabagwe

 

Abanyeshuri basigaye banywa amazi meza
Abanyeshuri basigaye banywa amazi meza
Umuyobozi w'umushinga Water for People mu Rwanda
Umuyobozi w’umushinga Water for People mu Rwanda
Eng.Emma Francois Isumbingabo umunyamabanya wa leta muri Minisiteri y'ibikorwa remezo
Eng.Emma Francois Isumbingabo umunyamabanya wa leta muri Minisiteri y’ibikorwa remezo
Bamwe mu baturage bari bitabiriye iki gikorwa
Bamwe mu baturage bari bitabiriye iki gikorwa
Aba ni bo bayobozi bakuru bari bitabiriye iki gikorwa
Aba ni bo bayobozi bakuru bari bitabiriye iki gikorwa

Photos:M.Rachel
Rachel Mukandayisenga
ububiko.umusekehost.com

0 Comment

  • aha niho u Rwanda rubera indashyikirwa mu kwita ku baturage barwo re? ababonye aya mazi muyafate neza kuko nimwe agirira akamro

  • ngyo leta y’ubumwe rero, ntacyo tuzayiburana, twe dupfa kuyemerera kuyifasha natwe uko dushoboye ibisigaye tuyiharira, tukabungabunga nutwo dufite neza , ubundi twiyubakire igihugu kizira umwiryane , dusangira duke twiza dufite. 

Comments are closed.

en_USEnglish