Digiqole ad

Kigabiro: Bakoze isuku ku rwibutso, baha ihene na mutuelle abarokotse batishoboye

 Kigabiro: Bakoze isuku ku rwibutso, baha ihene na mutuelle abarokotse batishoboye

Uru rubyiruko rwakoze isuku ku rwibutso rwa Rutonde

Rwamagana – Urubyiruko rw’abanyeshuri ruyobora abandi muri Kaminuza ya UNILAK amashami ya Rwamagana na Kigali kuri iki cyyumweru rwasuye urwibutso rwa Rutonde ruhakora isuku ariko runatanga ubufasha ku barokotse Jenoside batishoboye. Igikorwa aba ndetse n’ubuyobozi bwaho bashimye cyane.

Uru rubyiruko rwakoze isuku ku rwibutso rwa Rutonde
Uru rubyiruko rwakoze isuku ku rwibutso rwa Rutonde

Iki ngo ni igikorwa kigamije kwitegura ibindi bikorwa byo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi bigiye kuba ku nshuro ya 23, uru rubyiruko ngo rukaba rwaratekereje gutanga umusanzu warwo aha i Rutonde nk’uko bivugwa na Henry Israel Irakiza wari uyoboye abandi muri iki gikorwa.

Uru rubyiruko rwakoze isuku ku rwibutso rwa Rutonde banahashyira indabo, ruremera abarokotse batishoboye imiryango ine bahabwa ihene, banatanga ubwisungane mu kwivuza mu miryango itatu ndetse bubatse akarima k’igikoni.

Umwe mu bo bahaye ubufasha, umupfakazi witwa Fortunee Mukamakombe, muri Jenoside yatemwe mu mutwe, aterwa inkota mu rubavu anatemwa akaguru ariko ntiyapfa. Ubu atuye mu kagari ka Bwiza mu murenge wa Kigabiro.

Ati “Sinakwemeza ko mbayeho neza cyane, ariko nanone ndiho kandi nubwo bansize ndi igisenzegeri ariko nigirira isuku nkiyitaho, mfite imibereho inyubahisha mu baturanyi kugirango ntaha urwaho abashakaga kunyica ngo bishimire imibereho mibi. Sinshaka kubaho nabi.”

Mukamakombe yashimye ubufasha bahawe ko buri bubafashe gukomeza inzira yo kwigira no kwibeshaho neza kurushaho.

Mukamakombe ashima umuhate wa Leta y’u Rwanda kugira ngo abarokotse Jenoside bivuze, abana bige, abatishoboye imibereho yabo ibe myiza. We akaba ari muri gahunda y’abahabwa ubufasha buto bw’amafaranga 22 000F mu mezi ane yo kugira ngo bayifashishe mutwo bakeneye.

Batanze ubufashe ku miryango ine
Batanze ubufashe ku miryango ine
Ni imiryango igizwe n'incike za Jenoside
Ni imiryango igizwe n’incike za Jenoside
Umuyobozi w'Akagari ka Bwiza yashimye umuhate w'uru rubyiruko mu bikorwa byiza
Umuyobozi w’Akagari ka Bwiza yashimye umuhate w’uru rubyiruko mu bikorwa byiza

Jean Pierre NIZEYIMANA
UM– USEKE.RW

1 Comment

  • rubyiruko rwacu mukomereze aho

Comments are closed.

en_USEnglish