Digiqole ad

Karongi: Agakiriro k’Akarere katangiye kumeramo ibigunda

 Karongi: Agakiriro k’Akarere katangiye kumeramo ibigunda

Agakiriro ka Karongi kamaze amezi 7 kuzuye ntikaratangira kubyazwa umusaruro.

Agakiriro k’Akarere Karongi gaherereye mu Murenge wa Rubengera, Akagari ka Gacaca, kubatswe kugira ngo gafashe guteza imbere imirimo ngiro n’imyuga, ntikaratangira gutanga umusaruro wagenwe kubera ikibazo cy’amashanyarazi, dore ko ubu gakoreramo abantu mbarwa, ndetse n’ibice bimwe na bimwe bikaba byaratangiye kumeramo ikigunda.

Agakiriro ka Karongi kamaze amezi 7 kuzuye ntikaratangira kubyazwa umusaruro.
Agakiriro ka Karongi kamaze amezi 7 kuzuye ntikaratangira kubyazwa umusaruro.

Hashize amezi arindwi Agakiriro (ibikorwa remezo byashyizwe muri buri Karere kugira ngo bifashe mu guteza imbere imyuga) k’Akarere ka Karongi kuzuye. Nyamara ukitegereje, ibice bimwe na bimwe byatangiye kumeramo ibigunda kuko bidakorerwamo.

Kubera ko Agakiriro gakenera umuriro w’amashanyarazi kubera imirimo irimo nk’iy’ububaji no gusudira nyamara aka Karongi kakaba nta muriro uragashyirwamo, byatumye abakora imyuga benshi batitabira kujya kugakoreramo kuko nta mashanyarazi.

Elias Nsanzimpa ukora ibyo kuvugurura inkweto zishaje akazivanamo inshya, ni umwe mubagombaga kuba barimo gukorera muri aka Gakiriro ka Karongi, ariko ntarakajyamo kuko nta muriro urahagera.

Yagize ati “Imashini dukoresha zose zisaba umuriro w’amashanyarazi, urumva rero nta kuntu wakora nta muriro. Icyo dusaba ni uko bihutisha kuwuhageza, maze natwe tukajyayo. Nta kibazo dufite cyatubuza kujya kuhakorera mu gihe umuriro uhageze.”

Inyubako y'Agakiriro ka Karongi.
Inyubako y’Agakiriro ka Karongi.

Ku ruhande rw’Akarere ka Karongi, Emmanuel Muhire, Umunyamabanga Nshingwa-bikorwa wako yadutangarije ko nta gihe kinini gihari ngo umuriro w’amashanyarazi ube uhageze, bityo agasaba abakora imyuga kwihutira kujya mu Gakiriro kuko ari amahirwe nk’abanyamyuga badakwiye kwitesha.

Ubuyobozi bw’Akarere ka Karongi bukavuga ko isoko ryo kugeza umuriro kuri kariya Gakiriro ryamaze gutangwa, ku buryo ngo igisigaye ubu ari uko rwiyemezamirimo ahageza umuriro, kandi ngo ntibizarenga ibyumweru bibiri.

Aka Gakiriro kitezweho kuba inkingi y’iterambere kuko kazakoreramo abanyamyuga n’Amakoperative yabo, maze ibikorwa byabo bikarushaho kwiyongera no kubona isoko.

Mu Karere ka Karongi habarurwa urubyiruko rugera ku 160 rwarangije amasomo y’imyuga n’ubumenyingiro ku kirwa cya Iwawa narwo rukeneye kubyaza umusaruro aka gakiriro.

Abanyamyuga bategereje igihe kinini ko aka Gakiriro gashyirwamo umuriro w'amashanyarazi kugira ngo batangire kukabyaza umusaruro.
Abanyamyuga bategereje igihe kinini ko aka Gakiriro gashyirwamo umuriro w’amashanyarazi kugira ngo batangire kukabyaza umusaruro.
Aka Gakiriro kandi kazafasha Koperative z'abakora imyuga bo muri Karongi.
Aka Gakiriro kandi kazafasha Koperative z’abakora imyuga bo muri Karongi.

Sylvain NGOBOKA
UM– USEKE.RW/Karongi

en_USEnglish