Digiqole ad

Kagame yasuye agakinjiro ka Gisozi, ashimira abishyize hamwe

 Kagame yasuye agakinjiro ka Gisozi, ashimira abishyize hamwe

Ku Gisozi ahitwa mu Gakinjiro mu myaka itanu ishize aha hari icyaro kigaragara

Perezida Paul Kagame ku gicamunsi cyo kuri uyu wa kabiri yasuye agace gakunze kwitwa Agakinjiro gaherereye ku Gisozi mu karere ka Gasabo. Aha huzuye amazu y’amagorofa y’ubucuruzi mu gihe gito yubatswe ahanini n’amakoperative ane y’abacuruzi bahoze bakorera mu kajagari ku Muhima hafi ya Gereza ya Kigali. Paul Kagame yabashimiye kwishyirahamwe n’umusaruro biri gutanga.

Ku Gisozi ahitwa mu Gakinjiro mu myaka itanu ishize aha hari icyaro kigaragara
Ku Gisozi ahitwa mu Gakinjiro mu myaka itanu ishize aha hari icyaro kigaragara

Perezida Kagame yavuze ko ibikorwa by’amakoperative ari ibintu ahora aganira ko ariyo nzira nziza yo kubaka kuko iyo abantu bafatanya ibyo bageraho bigaragarira buri wese.

Ati “Ibyo abantu bafatanyije bakora byanze bikunze bisumba ibyo umuntu ku giti cye akora.  Ibi aba bakoze bibere buri wese urugero ko byose bishoboka.”

Perezida Kagame avuga ko ibyo aba bacuruzi b’ingeri zitandukanye (abato, abaciriritse n’abanini) bakoze ku Gisozi bigaragaza ko imyumvire yo kwishyira hamwe imaze kwinjira muri benshi igisigaye ari ukunoza ibyo bakora n’imikoranire.

Aka gace kateye imbere vuba kubera inyubako z’ubucuruzi zigezweho z’amakoperative ane ndetse n’umuhanda wa kaburimbo wahise wubakwa.

Izo ni Koperative DUHAHIRANE igizwe n’abari abacuruzi bato 321 yujuje igorofa ya miliyari ebyiri irimo imyanya 321 yakorerwamo ubucuruzi, ndetse ubu ikorerwamo kugera kuri 95%.

Indi ni Koperative ADARWA y’abanyamuryango 157 yubatse igorofa ya ‘niveaux’ eshatu ifite agaciro ka miliyari 1,8 ubu nayo ibyumba byayo 147 bifite ababikoreramo ku kigero cya 70%.

Indi ni iyitwa COPCOM  yujuje inzu nini aha ifite agaciro ka miliyari 3,5 n’ibyumba 423 byo gukoreramo. Hamwe na SOPROGI y’abacuruzi 13 yujuje igorofa y’amazu ane y’agaciro ka miliyari 6.

Perezida Kagame yongeye kwibutsa aba bacuruzi ko ntawukwiye gukwepa imisoro ndetse bakwiye kwihutira kumenyekanisha imisoro ndetse ngo n’uwagira ikibazo akamenya ko kiganirwaho kigashakirwa umuti ariko cyamenyekanishijwe.

Ati “Mu bucuruzi ikintu kitwa igihe kirahenda cyane. Kijyana n’intambwe umuntu agendaho. Abantu bajya batunenga ngo turihuta cyane, cyangwa turashaka kwihuta cyane,  ibyo muzabyemere bajye batubinengera  kuko birimo ibisubizo.”

Avuga ko kwihuta bituma umuntu adatakaza igihe, ikibi ngo ni ukwihuta wangiza cyangwa usiga inyuma abo ugomba kujyana nabo.

Inzu y'ubucuruzi ya Koperative ADARWA yuzuye mu gihe gito gishize
Inzu y’ubucuruzi ya Koperative ADARWA yuzuye mu gihe gito gishize
Indi nyubako y'ubucuruzi yuzuye ku Gisozi
Indi nyubako y’ubucuruzi yuzuye ku Gisozi
Umukindo Center inyubako igezweho y'ubucuruzi yatangiye gukorerwamo aha ku Gisozi
Umukindo Center inyubako igezweho y’ubucuruzi yatangiye gukorerwamo aha ku Gisozi
Ni inyubako igezweho y'ibyumba birenga 100 by'ubucuruzi
Ni inyubako igezweho y’ibyumba birenga 100 by’ubucuruzi
Kimwe mu byumba by'ubucuruzi biri muri iyi nyubako
Kimwe mu byumba by’ubucuruzi biri muri iyi nyubako
Minisitiri Kaboneka w'ubutegetsi bw'igihugu na Musoni w'ibikorwa remezo baganira mbere gato y'uko Perezida Kagame agera aha ku Gisozi
Minisitiri Kaboneka w’ubutegetsi bw’igihugu na Musoni w’ibikorwa remezo baganira mbere gato y’uko Perezida Kagame agera aha ku Gisozi
Perezida Kagame ageze aha mu Gakinjiro
Perezida Kagame ageze aha mu Gakinjiro
Perezida Kagame asobanurirwa iby'izi nyubako n'umukuru w'imwe muri Koperative y'abacururiza aha
Perezida Kagame asobanurirwa iby’izi nyubako n’umukuru w’imwe muri Koperative y’abacururiza aha
Perezida Kagame yitegereza zimwe mu nyubako zuzuye aha
Perezida Kagame yitegereza zimwe mu nyubako zuzuye aha
Arareba uburyo aha hantu hahindutse mu gihe gito kubera kwishyirahamwe kw'abacuruzi bari za Nyabugogo no mu mujyi
Arareba uburyo aha hantu hahindutse mu gihe gito kubera kwishyirahamwe kw’abacuruzi bari za Nyabugogo no mu mujyi
Bamwe mu bacuruzi bari baje kwakira no kuganira na Perezida Kagame
Bamwe mu bacuruzi bari baje kwakira no kuganira na Perezida Kagame
Perezida araganira na Minisitiri w'ubucuruzi n'inganda Francois Kanimba
Perezida araganira na Minisitiri w’ubucuruzi n’inganda Francois Kanimba
Perezida Kagame aganira n'abacuruzi
Perezida Kagame aganira n’abacuruzi
Abacuruzi b'aha mu gakinjiro bakurikiye Perezida Kagame
Abacuruzi b’aha mu gakinjiro bakurikiye Perezida Kagame
Yababwiye ko nta kiza nko kwishyira hamwe ko umusaruro ari nk'uyu bareba nabo
Yababwiye ko nta kiza nko kwishyira hamwe ko umusaruro ari nk’uyu bareba nabo
Iyi na yo yuzuye hashize iminsi yanatangiye gukorerwamo
Iyi na yo yuzuye hashize iminsi yanatangiye gukorerwamo

Photos/D S Rubangura/UM– USEKE

Daddy SADIKI RUBANGURA
UM– USEKE.RW

10 Comments

  • mbakundira amafoto mugira meza gusa, mukomereze aho.
    erega amafoto aravuga iyo ari meza

    • Meza bamaze kwirukana amamotari abanyonzi nakakaraningufu, mayibobo nabandi bose bashobora kugaragara nabi kwifoto bose bagakumirwa mu mujyi basanze babamo amasaha 24/24.

  • Na ninyoni itamba!!?

    • Yahatamba ite se HE yahasuye?

  • Abishyizehwe ntakibananira! nibyigaciro guhuza imbaraga bakishakamo ibisubizo byubaka igihugu niterambere ryacyo.

  • kep it up we are proud of you guys

  • Mana we ni heza
    Yohhh
    Mbega byiza biri iwacu
    Rwanda nziza!!!

  • Seriously Nkunda amafoto mutwereka aba yafotowe na Camera iri Proffesional nkakunda na Comments mugenda mwongeraho.Ntimuzacogore turabishima pe.Naho kubijaynye na HE wacu Imana ikomeze imwongerere Imbaraga n ubwenge ibi tugezeho n imbaraga ze n ubwitange muri bynshi adahwema kugaragariza abanyarwanda.

  • izi nzu zigezweho z’ubucuruzi zirerekana ko ubucuruzi mu Rwanda bwakataje kandi ibi byose bitwe n’ubuyobozi bwiza burangajwe imbere na Paul Kagame

  • Mureke byo dukataze mw’iterambere kuko ibigerwahp byose n’impanuro n’ubuhanga bya H.E

Comments are closed.

en_USEnglish