Digiqole ad

Ishuri ryigisha kwita ku bidukikije ryatanze impamyabumenyi rinegurirwa MINEDUC

 Ishuri ryigisha kwita ku bidukikije ryatanze impamyabumenyi rinegurirwa MINEDUC

Kitabi College of Conservation and Environmental Management (KCCEM) ku nshuro ya kabiri ryatanze impamyabumenyi ku banyeshuri  59, Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Iterambere (RDB) cyari kirifite mu nshingano  kiryegurira Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC).

Abayobozi barimo Olivier Rwamukwaya, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi ushinzwe amashuri y’imyuga, Jerome Gasana uyobora WDA, na Emmanuel Hategeka Umuyobozi wungirije wa RDB, basinyaga amasezerano y’imikoranire

Abanyeshuri bigaga mu ishuri rya Kitabi College of Conservation and environmental management biga ibijyanye no kubungabunga ibidukikije, amashyamba kimeza n’aterwa n’abantu, kubungabunga inyamaswa zo ku gasozi, n’iby’ubukerarugendo.

Principal w’ishuri Richard Gasasira, muri uyu muhango wabaye kuri uyu wa 2 Gicurasi 2017, yavuze ko izi mpinduka zo guha ishuri MINEDUC ntakizahinduka, Ikigo RDB kizakomeza inshingano zayo zo gukurikirana ishuri mu myigire, ariko ikigo kizandikwa muri MINEDUC nk’ikigo cy’ishuri ry’imyuga.

Yavuze ko hasinywe imikoranire hagati ya RDB na MINEDUC mu gukomeza iterambere mu buryo bw’ubufatanye mu myigishirize y’iki kigo.

Emmanuel Hategeka, Umuyobozi Mukuru wungirije ushinzwe ibikorwa muri RDB, yavuze ko iri shuri ryagize umusaruro ujyanye no kuziba icyuho cyari mu bumenyi bwari mu bakozi bakora mu bijyanye no kubungabunga ibidukikije.

Yavuze ko bamaze guhugura abantu barenga 2000, bakaba bafite abarenga 105 barangije ku rwego rwa Kaminuza.

Yavuze ko bifuza ko ubwo baryeguriye MINEDUC yarushaho kurishyiramo ingufu rikajyera ku Banyarwanda benshi.

Iri shuri rya Kitabi College of Conservation and Environmental Management (KCCEM) ryatangiye mu mwaka wa 2006.

Abanyeshuri barangije bategereje guhamagarwa
Aba na bo ni abanyeshuri barangije
Ababyeyi b’abanyeshuri bari barangirije muri KCCEM
Olivier Rwamukwaya Umunyamabanga wa Leta ushinzwe amashuri y’imyuga asinyira ko beguriwe KCCEM
Emmanuel Hategeka wo muri RDB ashyikiriza ikirango cy’ishuri Olivier Rwamukwaya wa MINEDUC
RDB na MINEDUC bahererekanya inyandiko z’amasezerano
Principle w’ishuri rya KCCEM Richard Gasasira
Emmanuelli Hategeka umuyobozi wungirije muri RDB ushinzwe ibikorwa ageza ijambo ku bari aho
Ibi ni bimwe mu bikoresho ishuri ryifashisha mu guha ubumenyi abanyeshuri
Aka ni akarasisi k’abanyeshuri biga muri iki kigo
Ababyinnyi bo ku Nkumbo ni bo baririmbaga banabyinira abashyitsi
Amb. Frederique Maria de Man w’U Buholande mu Rwanda n’abayobozi bari muri uyu muhango bafashe ifoto y’urwibutso

Amafoto @MUGUNGA Evode/UM– USEKE

MUGUNGA Evode
UM– USEKE.RW

en_USEnglish