Digiqole ad

Impamvu zitera abantu gutunga imyotso n'indasago

Mu bihugu byinshi by’Afurika, abaturage bakunda indasago n’imyotso.  Akenshi baba bashaka kwerekana imiryango bakomokamo. Mu Rwanda rwo hambere Abanyarwanda barirasagaga bamwe bakanywana abandi bakabikora bagira ngo bivure indwara zimwe na zimwe harimo n’umutwe ndetse n’amaso.

Imyotso yo mu gahanga iba iringaniye neza
Imyotso yo mu gahanga iba iringaniye neza

Abantu bari batuye igice cya Gisaka( Mirenge, Migongo na Gihunya) nibo bari bazwiho kugira imyotso.

Umwe mu bakiri bato bahatuye yabwiye UM– USEKE ko ababyeyi be bamubwiye ko imyotso yabafashaga kwivura amaso n’umutwe kuko muri kariya gace habaga ubushyuhe bwinshi bukabatera umutwe.

Ahandi muri  Afurika nko mu gihugu cya Bénin mu Mujyi wa Ouidah, abaturage bo mu bwoko bw’Aba Houeda bemera ko kotsa abana bibaha uburyo bwo kwegera abakurambere babo.

Iyo abana  bamaze kubarasaga no kubotsa mu gahanga babita amazina yandi mbere y’uko babashyira umuherezabitambo akabahuza n’abakurambere babo mu buryo butaziguye.

Umubyeyi witwa Genevieve Boko uri hafi kujyana abana be ‘kotswa’ yabwiye BBC ko uyu muhango ari ingenzi cyane mu mibanire ye n’abakurambere be.

Ikindi gitera Abanyafurika bamwe kwiteza imyotso ni uko baba bashaka gusa na bagenzi babo nabo bayifite.

Uwitwa Luka yagize ati “ Iyo Inshuti zanjye zimbajije  niba bibabaza cyangwa niba nararize igihe banyotsaga, mbasubiza ko nta kibazo nagize.”

Yongeyeho ko bimushimisha iyo abonye asa  n’abandi.

Kuva umugabo we yitaba Imana, Gamba Dahoui niwe ukora akazi ko gutera imyotso.

Iyo amaze kutsa imyotso, akoresha ibyatsi bivura mu koza igisebe kitaruma  kugira ngo kizakire vuba.

Abaturage bo mu bwoko bwa  Otomani nabo bakunda imyotso cyane.

Umugore witwa Edith avuga ko abagore bagenzi be bakunda imyotso kuko byerekana kugira ishyaka (courage). Aba bagore baba bafite imyotso ku nda hafi y’aho igifu giherereye.

Iyi myotso yabo iba isa n’imitako y’inkike n’inkuta z’inzu zabo.

Mu gihugu cya Bénin, abana b’impinja bafite icyumweru kimwe nabo bashyirwaho imyotso.

Nk’uko twabivuze haruguru Abanyarwanda nabo bakundaga imyotso kuko yabafashaga kwivura indwara zirimo umutwe, amaso, n’izindi.

Abahanga mu mitekerereze n’imigirire ya muntu( social anthropologists) bemeza ko buri gatsiko k’abantu kagira uburyo bwako bwihariye bwo kwivura, kwirimbisha no gusenga, ibi bikagafasha kumva ko gatekanye kandi kabanye neza n ‘Isumbabyose’.

Abanyarwanda na n'ubu baracyagira imyotso
Abanyarwanda na n’ubu baracyagira imyotso
Muri Benin bakoresha ibyatsi bashaka gukiza ibisebe nyuma yo gushyiraho imyotso
Muri Benin bakoresha ibyatsi bashaka gukiza ibisebe nyuma yo gushyiraho imyotso
Ababyeyi bazana abana babo kushyirwaho imyotso. Barabanza bakabasiga ivu aho bari bubashyireho imyotso
Ababyeyi bazana abana babo kushyirwaho imyotso. Barabanza bakabasiga ivu aho bari bubashyireho imyotso
Barabanza bakabasiga ivu ku gahanga aho bari bubashyireho imyotso
Barabanza bakabasiga ivu ku gahanga aho bari bubashyireho imyotso
Uyu mwana yitwa Marina amaze igihe gito ashyizweho imyotso
Uyu mwana yitwa Marina amaze igihe gito ashyizweho imyotso
Uyu mugore yahise afata inshingano zo kotsa abantu bose babyifuza
Uyu mugore Gambi  yahise afata inshingano zo kotsa abantu bose babyifuza mu mudugudu atuyemo
Uyu musore akiga mu Murwa mukuru wa Benin witwa Coutonou, bagenzi be bamubazaga impamvu afite imyotso miremire
Uyu musore akiga mu Murwa mukuru wa Benin witwa Coutonou, bagenzi be bamubazaga impamvu afite imyotso miremire
Abagore bo mu bwoko bwa Otomani bakunda imyotso ku nda
Abagore bo mu bwoko bwa Otomani bakunda imyotso ku nda no ku matama . Ngo yerekana akanyabugabo
Uyu musore witwa Telesiforo ngo yumva nta kibazo kubera imyotso ye
Uyu musore witwa Telesiforo ngo yumva nta kibazo kubera imyotso ye

BBC

ububiko.umusekehost.com

 

0 Comment

  • imyotso ntakeza kayo cyane kubona umugabo ayifite bibi

Comments are closed.

en_USEnglish