Digiqole ad

Ikigo Red Rocks cyateguriye abakirliya bacyo udushya kuri Noheli

 Ikigo Red Rocks cyateguriye abakirliya bacyo udushya kuri Noheli

Aha uhasanga ibyiza nyaburanga byinshi bijyanye n’umuco gakondo w’Abanyarwanda

Ikigo Red Rocks cyibinyujije mu mushinga wacyo ‘The Village Christimas Market’ cyashyizeho gahunda yo gushimisha abakigana muri ibi bihe bya Noheli n’Ubunani.

Aha uhasanga ibyiza nyaburanga byinshi bijyanye n'umuco gakondo w'Abanyarwanda
Aha uhasanga ibyiza nyaburanga byinshi bijyanye n’umuco gakondo w’Abanyarwanda

Mu birori bizabera i Musanze, Abanyarwanda n’abanyamahanga babishaka bazigishwa byinshi birimo uburyo bwo gukora ibikorwa byabo ariko batangiza ibidukikije.

Muri iyi gahunda kandi abantu bazigishwa uburyo bwateza imbere ubukerarugendo bushingiye ku bwiza nyaburunga bubegereye, ibi bikazakorwa mu rwego rwo kwihutisha gahunda z’iterambere rirambye u Rwanda rwiyemeje kugeraho.

Igikorwa cyo gutangiza iyi gahunda ifite insanganyamatsiko yitwa: ‘Ubukerarugendo bushingiye ku muco bufasha mu kurinda ibyagezweho, kwita ku muryango no gufata neza inyamaswa zo mu gasozi’ cyatangiye tariki ya 28 Ugushyingo, kizasozwa tariki 24 Ukuboza 2015.

Abazitabira isozwa ry’iki gikorwa bazabasha kwerekwa no kwigurira ibintu byerekana umuco nyarwanda harimo imitako nyarwanda, ubukorikori butandukanye, kureba imbyino gakondo, ndetse n’imikino yerekana ubuhanga bw’Abanyarwanda bo hambere.

Bazatemberezwa kandi ahantu hatandukanye mu gihugu, berekwe ibiyaga, bigishwe guteka bya Kinyarwanda, kwenga umutobe, gutara urwagwa n’ibindi.

Red Rocks uhasanga ibyiza nyaburanga bitandukanye
Red Rocks uhasanga ibyiza nyaburanga bitandukanye
Wagura imitako myiza ya Kinyarwanda
Wagura imitako myiza ya Kinyarwanda
Muri iki gihe cy'iminsi mikuru wahasohokera ugatangira umwaka umeze neza
Muri iki gihe cy’iminsi mikuru wahasohokera ugatangira umwaka umeze neza

UM– USEKE.RW

en_USEnglish