Digiqole ad

Ibiyobyabwenge mu rubyiruko ku Kamonyi nk’inzitizi yo kwiteza imbere

Ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge mu rubyiruko mu karere ka Kamonyi ngo ni imwe mu nzitizi ikomeye ku iterambere ry’uru rubyiruko nk’uko byatangajwe munteko  rusange y’urubyiruko  rwo mu karere ka Kamonyi kuri uyu wa 20 Kamena 2014.

Urubyiruko rwabwiwe ko ruteye igana imbere  bifasha n'igihugu gutera imbere
Urubyiruko rwabwiwe ko ruteye igana imbere bifasha n’igihugu gutera imbere

Iyi nteko rusange yitabiriwe n’ubuyobozi ku rwego rw’Akarere, abahagarariye inama y’igihugu y’urubyiruko ndetse n’abajeune benshi yari igamije kurebera hamwe  uko urubyiruko rwashyira  hamwe mu kwihangire  imirimo yo kwiteza imbere.

Imbogamizi igihari kuri iri terambere ngo ni ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge mu rubyiruko cyane cyane rurangije amashuri yisumbuye.

Nk’uko bisobanurwa na bagenzi babo, aba ngo nta kindi baba bagishoboye kuko aho  gushaka igishoro cyatuma bahanga imirimo icyo babonye cyose bagishyira mu kugura ibiyobyabwenge bibaviramo kwishora mu ngeso mbi nk’ubusinzi n’ubusambanyi.

Bizimana Jean Baptiste ahagarariye  abatwara moto mu karere ka Kamonyi, yavuze ko  nabo muri bo iki kibazo gihari ariko bagerageza kubabwira ko ntacyo ibiyobyabwenge biazabagezaho.

Yagize ati: ‘’Iyo tuganira nabo batubwira ko  impamvu zibatera  kunywa ibiyobyabwenge harimo kuba batwara na benshi babinywa. Ariko tubashishikariza kubiraka buhoro buhoro hari abagenda babivaho babonye ko nta kamaro.”

 Nyiracumi  Vestine  uhagarariye urubyiruko mu murenge wa Mugina  avuga ko  barangije  amashuri yisumbuye  ari urubyiruko 50 bigira inama yo  kwiga  indi myuga  cyane cyane yo kudoda,   ariko ngo kuri ubu batangiye guha  urundi rubyiruko  imirimo batitaye  ku  mashuri  bari barize  mbere yuko bayoboka  iyi myuga.

Muri iki kiganiro yagize ati: ‘’Ndagira inama  urubyiruko bagenzi banjye ko batasuzugura akazi  babonye,  kuko  iyo basuzuguye  umurimo  barahindukira  bagategera amaboko  abakora  uwo murimo kugirango  babahe amafaranga  yo  kunywera no kugura ibiyobyabwenge’’

Uhereye ibumoso  Superitendat Vita Amza,  Komiseri  mu nama y'igihugu y'urubyiruko Uwera Léontine  n'umwe mu bagize komite y'urubyiruko mu karere ka Kamonyi.
Uhereye ibumoso Superitendat Vita Amza, Komiseri mu nama y’igihugu y’urubyiruko Uwera Léontine, n’umwe mu bagize komite y’urubyiruko mu karere ka Kamonyi.

Umuyobozi  wa Polisi mu karere ka Kamonyi,  wari witabiriye ibi biganiro by’urubyiruko  Superitendat Vita Amza  yavuze ko  imibare bafite  yerekana ko  urubyiruko  rwinshi ari rwo  rufatirwa muri byaha bihungabanya umutekano bishoramo iyo banyoye ibiyobyabwenge.

Yabasabye  kubyirinda  kubera ko  iyo bafashwe hakurikiraho ibihano  bikaze  bihabwa  abafashwe,  uhamwe n’ibyaha  amara igihe kirekire  muri gereza bituma  atabasha  kugira ibindi akora bimuteza imbere.

Uru rubyiruko  rwari aha rwibukijwe kwibumbira mu makoperative  rwo kugirango ruhabwe  amafaranga y’inguzanyo azarufasha  kwihangira imirimo.

MUHIZI Elisee
ububiko.umusekehost.com/KAMONYI

en_USEnglish