Digiqole ad

Gicumbi:  Goverineri Musabyimana yasabye Abaganga kuba imbagukiragutabara

 Gicumbi:  Goverineri Musabyimana yasabye Abaganga kuba imbagukiragutabara

Guverineri yasabye izi Nkeshakurama kuzaba imbagukiragutabara

Kuri uyu wa 24 Ukuboza, mu murenge wa Byumba habereye Igikorwa cyo gusoza Itorero ry’ Abaganga biswe ‘Inkeshakurama’. Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru,  Musabyimana Jean Claude yabasabye aba baganga gushyira imbere ubuzima bw’abaturage kuko ari wo murimo bashinzwe.

Guverineri yasabye izi Nkeshakurama kuzaba imbagukiragutabara
Guverineri yasabye izi Nkeshakurama kuzaba imbagukiragutabara

Iri torero ry’Abaganga rimaze icyumweru, ryatangiye kuwa 18 Ukuboza, ryari ryitabiriwen’abagera kuri 226, barimo  abagabo  130 na 96 b’Igitsinagore.

Aba baganga bamaze iminsi bahugurwa ku ndagagaciro zikwiye kubaranga mu mirimo yabo, bavuga ko bazakomeza kurangwa n’ubwitange bwo kuramira ubuzima bw’abaturarwanda dore ko ari na ryo zina bahawe  ry’Inkeshakurama.

Umuyobozi w’ibitaro bya Byumba, Dr Twizeyimana Jean Claude, yavuze ko mu biganiro byatanzwe mu Itorero bakuyemo impanuro  zo gukunda umurimo, kurangwa n’ubunyangamugayo n’ubwitange.

Avuga kandi ko biganisha ku zindi nyigisho zo gukunda igihugu kuko uwitaye ku buzima bw’Abanyarwanda aba aganisha igihugu ku majyambere arambye.

Umuyobozi w’Intara y’Amajyaruguru,  Musabyimana J ean Claude yabasabye  aba baganga gukomeza Guhesha agaciro umwuga bakora wo kwita ku kuzima bw’abaturage, bagashyira Imbaraga mu bukangurambaga buhindura imyumvire y’abaturage, baharanira ubuzima buzira umuze mu bana b’u Rwanda.

Yavuze ko urwego rw’ubuzima rufite uruhare mu  iterambere ry’Igihugu akaba ariyo mpamvu bateguriwe iri torero kugira ngo barusheho kunoza serivisi basanzwe batanga.

Ati  “ Izina mwahawe nk’Inkeshakurama, muzabe Imbangukiragutabara  aho muzaba muri hose, murengere ubuzima bw’Abanyarwanda aho bizaba bikenewe hose, hazabeho kuzirikana ubuzima buzira umuze haba kuri mwe ubwanyu ndetse n’abo mushinzwe.”

Yabwiye zi nkeshakurama ko  Igihugu kibatezeho byinshi nko guha Abanyarwanda serivisi Nziza, gukosora ibitagenda neza mu buzima.

Izindi nzego zirimo iz'umutekano zaje kwifatanya n'inkeshakurama
Izindi nzego zirimo iz’umutekano zaje kwifatanya n’inkeshakurama
Inkeshakurama zerekanye bimwe mu byo zatojwe
Inkeshakurama zerekanye bimwe mu byo zatojwe
Biyemeje gushyira imbere ubuzima bw'Abaturarwanda
Biyemeje gushyira imbere ubuzima bw’Abaturarwanda

Evence NGIRABATWARE
UM– USEKE.RW/GICUMBI

1 Comment

  • Ni impeshakurama si inkeshakurama mubikosore ni Intore Benjamin NGENDA

Comments are closed.

en_USEnglish