Digiqole ad

Bihibindi yatangiye adoda intweto ‘bisanzwe’ ageze kuri miliyoni 20Rwf

 Bihibindi yatangiye adoda intweto ‘bisanzwe’ ageze kuri miliyoni 20Rwf

Bihibindi yatangiye bimugoye ariko ageze aho kwishimira

Albert BIHIBINDI umunyabukorikori utungunya ibikomoka ku ruhu birimo ibikapu, inkweto, imikandara n’ibindi avuga ko  yatangiye adoda inkweto, ubu umushinga we uhagaze miliyoni 20 (20 000 000Rwf).

Bihibindi yatangiye bimugoye ariko ageze aho kwishimira

Umuseke wasuye Bihibindi aho adodera intweto n’ibindi byambarwa biva mu ruhu. Avuga ko umushinga we wo gukora ibikomoka ku ruhu umutunze.

Ati “Natangiye ndoda inkweto bisanzwe, nyuma nza kubona amahugurwa yo guhanga ibishya mu gukora inkweto, imikandara n’ibindi, ubumenyi nakuye mu ishuri nibwo bwampaye icyerekezo cyo gushinga ikompanyi ihanga ikanasazura ibishaje hakoreshejwe uruhu.”

Bihibindi Albert akomeza avuga ko gutangira kwikorera ku buryo bwagutse byamugoye ariko nyuma abigeraho.

Ati “Igitekerezo cyo kwikorera nakigize mu 2010 ariko ngishyira mu ngiro neza mu 2014, kuva igihe nagiraga igitekerezo kugeza uyu munsi nagiye mpura n’imbogamizi nyinshi nko kuba ibikoresho dukoresha mu kazi ku budozi ibyinshi byaravaga hanze,  byabaga bihenze n’Abanyarwanda muri rusange ntibagure ibyo twakoze.”

Mbere ngo Abanyarwanda ntibitabiraga ‘made in Rwanda’ ariko baragenda bahindura imyumvire

Bihibindi kuri ubu yashinze ikompanyi itunganya ibikomoka ku ruhu ‘NOVA Leather limited’, avuga ko kuva aho yatangiriye kwikorera atigeze yihererana ubumenyi bwe.

Ati “Ubumenyi mfite nagiye mbuha abandi, rimwe na rimwe hari n’abo nigishirizaga ubuntu.”

Asanga hari umusanzu ukomeye yatanze ngo kuko abo yigishije kuri ubu n’abo bafite aho bigejeje ndetse ngo n’abandi yabahaye akazi baramukorera. Avuga ko ubu igice kinini cy’Abanyarwanda bamaze gusobanukirwa n’ibyo bakora, ndetse ngo bamwe bitabiriye kujya babigura.

NOVA Leather Limited yatangiriye ahitwa Mu Nkoto, mu Karere ka Kamonyi, imaze kugira amashami abiri, rimwe riri mu karere ka Nyarugenge, mu murenge wa Kimisagara.

Bihibindi agira ati “Nta muntu ukwiye gusuzugura akazi. Gukora cyane no kwiga ibyo utazi  ni ryo pfundo ry’ubukire.”

Asaba urubyiruko kureka imyumvire bafite yo gutekereza cyane gukorera abandi ahubwo bagashyira imbaraga mu guhanga imirimo mishya.

Amahugurwa yabonye ni yo yamufashije kunguka ubumenyi bwo gukora intweto n’ibindi biva mu ruhu
Bihibindi asaba urubyiruko guhindura imyumvire rugahanga imirimo
Ibikorwa bye bimaze kugera ku gaciro ka miliyoni 20 z’amafaranga y’u Rwanda
Yatangieye mu Nkoto ubu afite iduka muri Kigali

Amafoto @MUGUNGA Evode

KAYIHURA Robert
UM– USEKE.RW

6 Comments

  • Muduhe neza adresse yanyu na numero ya telefone.

  • Uyu mwana ni umukozi kweri, ariko abana nkaba bagiye bafasha abandi guhindura imyumvire kweri, cyane cyane bariya bafite imyumvire y’ubunebwe no kudakora akazi kose bavuga ko gaciriritse.

  • Umwana????? Ni umuntu mukuru ariko ashobora kuba yaratangiye ari umwana. Nakomereze aho. Abanyarwanda benshi bakwiye kumwigiraho. Dore ko yatangiye adoda inkweto bisanzwe none biragaragara ko yateye intambwe ishimishije. Courage Bihibindi

  • KOMEREZA AHO KABISA

  • usibye imyumvire mibi ubundi imirimo yazamura umuntu irahari uriya mushinga buriya yawutangiye benshi babona usuzuguritse ariko gahoro gahoro niko kugenda(buhoro buhoro nirwo rugendo) ntamurimo rero usuzuguritse upfa kuba wawukoze ufite intego

  • ahubwo andangire aho akorera nanjye nzajye kumwigiraho

Comments are closed.

en_USEnglish