Digiqole ad

Barbara, umukobwa wa George W.Bush yasuye urwibutso rwa Gisozi

Barbara Pierce Bush umukobwa w’uwahoze ari  perezida w’America George W.Bush kuri uyu wa 30 Nyakanga ari kumwe na bamwe mu bagize ihuriro rya Global Health Corps basuye urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Kigali ku Gisozi.

Barbara Pierce Bush, wahawe amazina yose ya nyirakuru ubyara se George Bush
Barbara Pierce Bush, wahawe amazina yose ya nyirakuru ubyara se George Bush, aha yari ku ntebe zo hanze ku rwibutso rwa Gisozi

Global Health Corps, Barbara yagize igitekerezo cyo gutangiza mu 2008 ni ihuriro rigendera ku magambo agira ati “Ubuzima n’ubuvuzi ni uburengannzira bwa buri wese”.

Barbara P. Bush yavuze ko iri huriro rishinzwe gushyira imbaranga mu buvuzi mu buryo bw’ikoranauhanga no kubugeza kuri benshi babukeneye.

Ati “Twatekereje kuza mu Rwanda kuko  igihugu cy’u Rwanda ari kimwe mu bihugu  bigize Global  (GHC) bifite amateka yihariye kubera inzira igoye cyanyuzemo n’aho kigeze uyu munsi.”

Jean Rene Shema ushinzwe kugenzura iri  huriro mu bihugu bigize umuryango w’iburasira zuba bwa Africa (EAC), akaba n’ umuyobozi mukuru w’iri huriro mu Rwanda yavuze ko iri huriro rihuriwemo n’ibihugu  bitandatu ariko by’umwihariko imikoranire y’u Rwanda na Global Health Corps iri kurwego rwo hejuru ari nayo mpamvu uyu munsi abantu 135 mu barigize baje kumenya gusa amateka y’u Rwanda.

Shema yasobanuye ko Global Health Corps akamaro kayo ari ugutekereza no gufasha ngo ubuvuzi bugere kuri benshi babuhabwa n’abaganga b’inzobere.

Ati “ Usanga dufite icyuho mu rwego rw’ubuzima kuko imirimo imwe ihabwa abaganga, ninde uyoboye ibitaro? ni muganga, ninde uyoboye serivisi runaka ni umuganga, ariko muganga ntabwo uzamubaza igishushanyo mbonera cy’uko ibitaro bizaguka mu myaka 25.”

Abenshi mu basuye uru rwibutso bazanyena Barbara Bush ni ubwa mbere basuye uru rwibutso kuko baturutse mu bihugu bamwe bya kure. Babajwe cyane n’ibyo babonye ariko bavuga ko banatunguwe n’uko babona u Rwanda rumeze ubu.

Iri huriro ryatanze inkunga ingana na miliyoni imwe n’ibihumbi 350 kuri uru rwibutso.

Abagize iri huriro rya Global Health Corps bari mu mwiherero i Gashora mu Bugesera aho bageze kuwa 27 Nyakanga bakazawusoza kuwa 02 Kanama 2014.

Barbara na bagenzi be ku rwibutso ku Gisozi ku mugoroba wo kuri uyu wa gatatu
Barbara na bagenzi be ku rwibutso ku Gisozi ku mugoroba wo kuri uyu wa gatatu
We n'uhagarariye Global Health Corps mu Rwanda imbere y'abandi binjira aho abjya kurebera amateka
We n’uhagarariye Global Health Corps mu Rwanda imbere y’abandi binjira aho abjya kurebera amateka
Bateze amatwi iby'amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda
Bateze amatwi iby’amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda
Bashyize indabo aha hashyinguye imibiri y'abishwe
Bashyize indabo aha hashyinguye imibiri y’abishwe
Benshi ni ubwa mbere bageze mu Rwanda, ibyo babonye birenze kure cyane ibyo bumvaga
Benshi ni ubwa mbere bageze mu Rwanda, ibyo babonye birenze kure cyane ibyo bumvaga
Global Health Corps yahaye urwibutso inkunga ya miliyoni irenga
Global Health Corps yahaye urwibutso inkunga ya miliyoni irenga

Photos/J UWASE/UM– USEKE

Joselyne UWASE
UM– USEKE.RW

0 Comment

  • Barbara we, interahamwe zarishe ariko na so Bush yishe abaswahili benshi. Mwambwira itandukaniro

    • Bush nta muswahili yishe ahubwo iyo uvuga ngo yishe abanya IRAQ n’abanyafghanistan.

      • Iyo umunya Iraq akoze icyaha bamwita UMUSWAHILI. Iyo umuswahili akorewe icyaha bamwita umunya Iraq. LOL.

  • amateka y; u Rwanda akomeze abere isi isomo maze batwigireho , bizabafashe ko bazatabara ahandi

  • twizereko Barbara na communaute ye batahanye isomo rikomeye ryibyabaye mu Rwanda nkumuntu ufite ijambo krui iyisi agiye kuba ambassador wamahoro ,ubumwe n’ubwiyunge kandi akazatangaa ubuhamye bwibyo yabonye byabaye I Rwanda akaba yanabonye aho gihugu kigeze kiyubaka iri rikaba ari isomo rikomeye isi yakwigiraho  

  • ni byiza kuba yaje kureba no kumenya ukuri kuri jenoside yakorewe abatutsi kandi nabonye afite n’umutima wo gufasha akomereze aho gusa abe na ambassadeur wo kurwanya ahakongera kuba jenoside hose ku isi.

  • We appreciate the tour made by the youth of new generation to overview and take note what was done in our country instead of accept the roummers .

Comments are closed.

en_USEnglish