Digiqole ad

Amwe mu mafoto y’umukino w’u Rwanda na DRC i Rubavu

 Amwe mu mafoto y’umukino w’u Rwanda na DRC i Rubavu

Intsinzi y’Amavubi kuri Congo Kinshasa iracyari kwishimirwa cyane i Rubavu n’ahandi hatandukanye mu Rwanda, wari umukino wa gicuti amakipe yombi ari kwitegura CHAN 2016. Ni umukino warebwe n’abantu barenga ibihumbi 10 n’abandi ibihumbi byinshi bakurikiraga kuri Televiziyo.

Abantu benshi cyane muri Stade bashobora kuba bari Abanyecongo, ubwo indirimbo z’igihugu byombi zaririmbwaga iya Congo yumvikanye cyane abantu benshi bayiririmba kurusha iy’u Rwanda. Umutoza w’Amavubi yavuze ko ibi byabatunguye cyane ndetse byabashyize ku gitutu muri uyu mukino uruhasho gukomera.

Wari umukino ufunguye kandi unogeye ijisho, warangiye uko buri munyarwanda abyifuza kuko Amavubi yaherukaga gutsinda Congo Kinshasa muri CAN 2014 igitego cya Said Abed Makasi w’i Bukavu. Icy’uyu munsi cyatsinzwe na Jacques Tuyisenge.

Muri CHAN u Rwanda ruri mu itsinda A, Congo iri mu itsinda B rizakinira i Huye.

Aya ni amwe mu mafoto yaranze uyu mukino:

Team Rwanda y'amagare yari yaje gushyigikira Team Rwanda y'umupira w'amaguru, kuri iyi photo haragaragaramo abasore nka Valens Ndayisenge, Bosco Nsengimana, Hadi Janvier, Adrien Niyonshuti ukina muri Africa y'Epfo na bagenzi babo hamwe n'umutoza wabo Streling wicaye imbere
Team Rwanda y’amagare yari yaje gushyigikira Team Rwanda y’umupira w’amaguru, kuri iyi photo haragaragaramo abasore nka Valens Ndayisenge, Bosco Nsengimana, Hadi Janvier, Adrien Niyonshuti ukina muri Africa y’Epfo na bagenzi babo hamwe n’umutoza wabo Streling wicaye imbere
Amavubi ari kwishyushya
Amavubi ari kwishyushya
Les Leopards nazo ziri kwishyushya
Les Leopards nazo ziri kwishyushya
Abafana b'Amavubi biteguye gutangira akazi
Abafana b’Amavubi biteguye gutangira akazi
Impande zose wabonaga stade yuzuye amabara ya Congo
Impande zose wabonaga stade yuzuye amabara ya Congo
Biteguye nabo gutangira akazi
Biteguye nabo gutangira akazi
Umufana wa Congo udasanzwe yari yisize irangi ry'igihugu cye hose
Umufana wa Congo udasanzwe yari yisize irangi ry’igihugu cye hose
Mbere y'umukino umutoza Eric Nshimiyimana wigeze gutoza Amavubi yavugaga ko Amavubi afite amahirwe menshi kuko ari ikipe imaranye igihe kinini kurusha Congo
Mbere y’umukino umutoza Eric Nshimiyimana wigeze gutoza Amavubi yavugaga ko Amavubi afite amahirwe menshi kuko ari ikipe imaranye igihe kinini kurusha Congo
Rashid Kalisa, Yannick Mukunzi na Abdul Rwatubyaye ku giti cy'abasimbura
Rashid Kalisa, Yannick Mukunzi na Abdul Rwatubyaye ku giti cy’abasimbura
Perezida wa FECOFA yo muri Congo, Minsitiri Uwacu, Komiseri w'umukino w'umurundi, na Perezida wa FERWAFA Nzamwita
Perezida wa FECOFA yo muri Congo, Minsitiri Uwacu, Komiseri w’umukino w’umurundi, na Perezida wa FERWAFA Nzamwita
Florent Ibenge(iburyo) n'abamwungirije barimo Raoul Shungu Jean Pierre (ibumoso)
Florent Ibenge(iburyo) n’abamwungirije barimo Raoul Shungu Jean Pierre (ibumoso)
Stade yakira abantu ibihumbi bitanu bicaye neza yari yakubise yuzuye irimo abasaga 10 000
Stade yakira abantu ibihumbi bitanu bicaye neza yari yakubise yuzuye irimo abasaga 10 000
Amavubi aririmba 'Rwanda Nziza'
Amavubi aririmba ‘Rwanda Nziza’
Yusuf Habimana, Fiston Munezero, Danny Usengimana na Jean Claude Ndoli
Yusuf Habimana, Fiston Munezero, Danny Usengimana na Jean Claude Ndoli
Abakinnyi ba Congo buri wese aba yasokoje ibye kandi bitandukanye n'iby'undi
Abakinnyi ba Congo buri wese aba yasokoje ibye kandi bitandukanye n’iby’undi
Amavubi yabanje mu kibuga
Amavubi yabanje mu kibuga
Andreas Spier (hagati) watozaga APR FC mu minsi ishize akirukanwa, yagaragaye mu Rwanda aha kuri stade ya Rubavu
Andreas Spier (hagati) watozaga APR FC mu minsi ishize akirukanwa, yagaragaye mu Rwanda aha kuri stade ya Rubavu
Umukinnyi wa Congo ku mupira agerageza kureba aho atanga
Joel Kimwaki Kapiteni wa Congo ku mupira agerageza kureba aho atanga
Aritakuma ngo awuconge neza ahe bagenzi be
Kimwaki ukinira TP Mazembe aritakuma ngo awuconge neza ahe bagenzi be
Mwemere Ngirinshuti wakinaga ku ruhande rw'ibumoso mu bugarira
Mwemere Ngirinshuti wakinaga ku ruhande rw’ibumoso mu bugarira
Amavubi agerageza gushaka igitego kuri Corner mbere y'uko igice cya mbere kirangira
Amavubi agerageza gushaka igitego kuri Corner mbere y’uko igice cya mbere kirangira
Abasore b'Amavubi bishimira igitego cya Jacques Tuyisenge mu buryo Abakinnyi b'Abanyecongo bajya bakunda kwishimamo
Abasore b’Amavubi bishimira igitego cya Jacques Tuyisenge mu buryo Abakinnyi b’Abanyecongo bajya bakunda kwishimamo
Ba Minisitiri Louise Mushikiwabo na Gen James Kabarebe bafana Amavubi
Ba Minisitiri Louise Mushikiwabo na Gen James Kabarebe bafana Amavubi
Les Leopards za Congo zasigaye zamanjiriwe
Les Leopards za Congo zasigaye zamanjiriwe
Arabwira uyu mufana mushiki we ati 'nyegera tuyafane Amavubi yacu'
Arabwira uyu mufana mushiki we ati ‘nyegera tuyafane Amavubi yacu’
Arabwira abo mu rugo uko kuri stade byifashe ko u Rwanda rufite intsinzi
Arabwira abo mu rugo uko kuri stade byifashe ko u Rwanda rufite intsinzi
Barakoma akaruru bafana Amavubi umwe afashe kuri 'volant' y'igare rye
Barakoma akaruru bafana Amavubi umwe afashe kuri ‘volant’ y’igare rye
Intsinzi niyo ituma Abanyarwanda bagaragaza ko bahari
Intsinzi niyo ituma Abanyarwanda bagaragaza ko bahari
Umukinnyi wa Congo akubita icenga Dany Usengimana
Umukinnyi myugariro wa Congo akubita icenga Dany Usengimana
Yamucenze amuvana mu nzira
Yamucenze amuvana mu nzira
Ibyishimo hagati y'impande zombi
Ibyishimo hagati y’impande zombi
Raoul Shungu yavugaga ko yasanze u Rwanda rwarabaye rwiza kurushaho uko yarusize
Raoul Shungu yavugaga ko yasanze u Rwanda rwarabaye rwiza kurushaho uko yarusize
Florent Ibenge utoza Les Leopards avuga icyongereza cyiza cyane, ati "ikipe y'u Rwanda intsinze ibikwiriye"
Florent Ibenge utoza Les Leopards avuga icyongereza cyiza cyane, ati “ikipe y’u Rwanda intsinze ibikwiriye”
Johnny McKinstry utoza Amavubi yavuze ko yishimiye gutsinda Congo itozwa na Florent kuko nawe yigeze kumutsinda agitoza ikipe ya Sierra Leone
Johnny McKinstry utoza Amavubi yavuze ko yishimiye gutsinda Congo itozwa na Florent kuko nawe yigeze kumutsinda agitoza ikipe ya Sierra Leone

Photos/R.Ngabo/Umuseke

Roben NGABO
UM– USEKE.RW

4 Comments

  • Murakoze cyane kutugezaho uko umupira w’amavubi na Congo uko wagenze!amavubi muri CHAN ndabona azabikora.

  • nakomereze aho tuyarinyuma

  • Congs! Ku mavubi ,urugendo rurakomeje bongere imbaraga bazatambukane umucyo muri CHAN

  • Amavubi tuyari inyuma ibyiza bize iwacu

Comments are closed.

en_USEnglish