Digiqole ad

Amafaranga ntakwiye kuza mbere y’umurimo – Mgr Mbonyintege

 Amafaranga ntakwiye kuza mbere y’umurimo – Mgr Mbonyintege

Musenyeri MBONYINTEGE Smaragde ahembwa umuforomo witwa GWANEZA J felix wabaye umukozi w’indashyikirwa.

Kabgayi – Mu gikorwa ngarukamwaka cyo kwizihiza  umunsi w’umurimo  cy’abakozi ba  Diyosezi ya Kabgayi Musenyeri MBONYINTEGE  Smaragde  akaba n’umushumba  w’iyi Diyosezi, avuga ko inyungu z’amafaranga zidakwiye kuza imbere y’umurimo ahubwo ko umurimo ari wo ugomba kuza imbere y’amafaranga.

Musenyeri  MBONYINTEGE Smaragde ahembwa  umuforomo witwa GWANEZA J felix wabaye umukozi w'indashyikirwa.
Musenyeri MBONYINTEGE Smaragde ahembwa umuforomo witwa GWANEZA J felix wabaye umukozi w’indashyikirwa.

Mu ijambo rye  Musenyeri MBONYINTEGE Smaragde, yagarutse kuri bamwe  mu bakozi  bakunda kwibwira ko  guta akazi  k’igihe kirekire ngo ni uko kaguhembaga make, ukirukira  agahemba menshi ariko gafite amasezerano y’igihe kigufi ndetse gashobora no guhagarara biri mu bishobora gutuma abantu benshi batagera ku iterambere  rirambye.

Ibi Musenyeri MBONYINTEGE yabivuze  ashingiye ku kibazo  cy’abakozi bo mu bitaro by’i Kabgayi batamara  igihe bitwaje umushahara  ngo muke bahembwa ku kwezi ugasanga bahitamo   kujya gushakishiriza ahandi bahemba ayisumbuye.

Musenyeri  asanga  ibikwiye ari gutuza  ugakunda umurimo mbere y’amafaranga kuko  uburyo abantu bashaka amafaranga  hazamo n’irari rituma yifuza kuyagwiza akoresheje inzira nyinshi  zirimo no kuba yayiba  bikamukururira akaga rimwe na rimwe.

Yagize ati: “Kuri ubu abantu bahangayikishijwe no kwigwizaho amafaranga, badatekereza agaciro k’umurimo?”

Musenyeri kandi yongeyeho ko  abantu benshi bahura n’ingorane ari ababa bafashe inguzanyo mu mabanki  zigendeye ku mibare mike yo kuba  bashora ayo mafaranga mu bwubatsi  bw’igihe kirekire aho kuba bayashora mu bucuruzi bwunguka.

Cyakora yatanze inama  ku bakozi batandukanye bakwiriye kuzirikana nubwo ngo zitagendanye n’amategeko  asanzwe y’umurimo mu Rwanda, ariko abakozi bashobora gukuramo isomo rikomeye.

Inama ya mbere  ngo abakozi bari bakwiye kuba bitaho ni ukubaha umurimo kuko kutagira  icyo ukora  bigira ingaruka ku mibereho y’umuntu.

Icya kabiri  ngo ni ukumenya kubaka urugo kuko ngo bituma umukozi abasha kubaha umurimo igihe ageze mu kazi agakora neza iyo nta bibazo yahuye na byo.

Icya gatatu ngo ni ukugira aho utuye  ariko utahagezeho mu buryo bw’inguzanyo  iguhangayikisha, naho ngo icya nyuma ni ukugira  imyemerere ihamye mu idini kubera ko  imyemerere  ifasha kugira umurongo ngenderwaho.

Musenyeri  kandi avuga ko  igishoro ataricyo  cy’ingenzi gishobora kugeza umuntu  ku rwego rw’imikorere yifuza ko ahubwo bisaba gukunda umurimo agiye gukora  atekereza uburyo azawunoza.

Muri iki gikorwa hahembwe abakozi batandukanye  bafite uburambe ku kazi n’abiri muri bo bakoze ibikorwa by’indashyikirwa mu gihe cy’umwaka bahembwe  icyemezo cy’imikorere myiza  giherekejwe n’ibihumbi ijana by’amafaranga y’u Rwwanda buri wese (Frw 100 000).

MUHAYIMANA   Jean  umutekinisiye  mu bitaro by'amaso  wahawe ibihembo.
MUHAYIMANA Jean umutekinisiye mu bitaro by’amaso wahawe ibihembo.

MUHIZI ELISEE
UM– USEKE.RW/Kabgayi

3 Comments

  • Nkorana n’abihayimana ariko benshi batekereza nka Smaragde. Bo iyo babona barara muri couvant badahangayikishwa no guhaha,icumbi, minerval z’abana, gufasha imiryango; ingendo ari ukubwira Chauffeur ngo atsa imodoka tujye aha, bumva ko n’abakiristu(abalayiki) twagakoreye umugisha nka kera aho wasangaga umuntu ubakorera ahasazira ntacyo agezeho, abana be bahembwa kwiga ku iseminari cg mu babikira. None se nawe iyo ubona uhemba umuntu amafaranga 25,000 guhera muri 2000 kugeza uyu munsi urumva yayamaza iki? None se iyo utanze itangazo ngo urashaka comptable wize kaminuza ukamuhemba Rwf 80,000 urumva abonye ahandi atagucika? Ng’iyo impanvu imishinga myinshi y’abihayimana isigaye ariyo idindira, ihomba umunsi ku munsi. None se nk’ubu ndi umwalimu mu bigo byanyu, icyayi turacyigurira, sortie ma soeur atanga kimwe n’ayacu, agahimbazamusyi ababyeyi baduha agakataho 1/4, mu gihe mu bindi bigo ibi bitahaba, Buri munsi akatubwira ngo mwitange, urumva ibyo aba avuga byashoboka, mu gihe tubona ibyo adukorera? abarimu iyo babonye ahandi baramucika, n’iyo bamucitse arabarakarira ngo bataye abana. Muhindure imyumvire, kuri ubu umurimo uwo ari wo wose ni icyo umuntu uwukuramo.

    • Wibarenganya niwo muhamagaro wabo, none se ntibitwa abashumba baragiye intama ? Niba se abashumba bemera kuragira, n’ibiragirwa bikemera ko bigomba kuragirwa…urundi rusaku ni urw’iki ? Njye ndashima Imana ko narokotse iki kintu kitwa amadini, nibura kuri iyi ngingo nakwemeza ko nasubiranye ubwigenge bwanjye.

  • Iyi nkuru byaba byiza muyishubijeho, ntimuyihishe

Comments are closed.

en_USEnglish