Digiqole ad

AHEZA “Talent competition”, Xaverine niwe wabaye uwa mbere

Kigali – Umushinga AHEZA w’ishyirahamwe ry’abanyeshuri bacitse ku icumu rya Jenoside (AERG) kuri uyu wa 20 Werurwe watanze ibihembo ku bahataniraga kugaragaza impano bafite bashobora gufashwa guteza imbere, Mukarurangwa Xaverine niwe warushije abandi mu bihangano by’ubugeni yemuritse.

Mukarurangwa niwe wabaye wambere mu marushanwa wa Talent competition dore ko yibitsemo impano yo gukora ubukorikori bwo gushushanya akoresheje indodo
Mukarurangwa wabaye wambere mu marushanwa, afite impano yo gushushanya akoresheje indodo

Mukarurangwa yahembwe ibihumbi 150 by’amanyarwanda ndetse anemererwa gufashwa guteza imbere impano ye, bamwe mu bamukurikiye nabo bemerewe gufashwa kuko impano zabo zitanga icyizere cyo kubyara umusaruro ufatika.

AHEZA Project ni umushinga wa AERG iterwa inkunga na Imbuto Foundation, ukagenera ubufasha impano za bamwe mu barokotse batishoboye babashije kugaragaza impano zabo ko zabyazwa umusaruro.

Mukarurangwa yashimiye cyane Imbuto Foundation icisha muri AERG ubufasha bwo kugirango bazamure impano zabo bazibyaze umusaruro.

Ati “ Twifitemo impano, ariko kubera ibibazo bitandukanye, ubukene, ihungabana n’izindi ngaruka za Jenoside hari benshi Babura uko bazibyaza umusaruro, ubu ni uburyo bwiza twabonye kandi twarabwishimiye cyane.”

Impano bamwe berekana zirimo izo gushushanya, gukora imitako, kuboha uduseke, kudoda imyenda, kuvugira inka n’ibindi bagaragaza ko bashoboye ariko badafite ubushobozi bwo gutangira ngo biteze imbere.

Mukarurangwa Xaverine kugirango abone ikimutunga kivuye mu bukorikori bwe bwo guhanga imitako, ngo hari ubwo yaguzaga abaturanyi udufaranga two kwifashisha mu kugura udukoresho tw’ibanze, akanyungu abonye ugasanga arakishyura amadeni yafashe ngo atangire, arishimira ko ubu ibintu bigiye guhinduka kuva atsinze iri rushanwa ndetse n’ubuzima bwe muri rusange bugatera imbere.

Eugene  Ndagijimana uyobora umushinga AHEZA yabwiye Umuseke ko uyu mushinga watekerejweho nyuma yo kubona ibibazo bitandukanye bamwe mu barokotse Jenoside bahura nabyo, birimo guckiriza amashuri, guterwa inda batararangiza amashuri, abana batemerewe gukomeza Kaminuza kubera amanota, aba bose ngo usanga bagira ihungabana ritewe n’ibibabaho.

Ati “ Niyo mpamvu twatekereje uyu mushinga wafasha nibura abafite impano kuzikoresha bakivana muri ibyo bibazo. Twabahaye amahugurwa ku bumenyi bwo kwihangira imirimo, ikoranabuhanga ndetse bahabwa n’amasomo y’isanamitima.”

Talent Competition ubu imaze guhemba abagera kuri 15 bo mu turere twa Huye, Nyanza na Rwamagana bagiye berekana impano zabo, bagahembwa ndetse bakemererwa gushyigikirwa mu kubyaza umusaruro impano bafite bakora imishinga yo kuziteza imbere.

Abatsinze babasaba kwibumbira mu makoperative, gufungura za konti mu mabanki kuko bafashwa kubona inguzanyo, ndetse bagakurikiranwa na AERG mu nzira nshya y’ubuzima.

Jean Paul Kagabo Umunyamabanga shingwabikorwa  wa AERG avuga ko abatsinzwe muri aya marushanwa nabo badatereranwa kuko nabo bazafashwa kugira icyo babyaza impano zabo.

Uwa mbere (Mukarurangwa Xaverine) yahembwe 150 000Rwf, uwa kabiri ahabwa 100 000Rwf, uwa gatatu 70 000Rwf, uwa kane 50 000Rwf n’uwa gatanu wahawe 30 000Rwf.

Aya mafaranga akaba ari ayo kubafasha gutangira kuri bamwe, bakazakurikiranwa bahabwa ubufasha bwo gukomeza guteza imbere impano zabo.

Aya marushanwa ngo azagenda akomereza no mu tundi turere nk’uko bitangazwa na AERG.

Uyu yagaragaje impano yo gukora ibishushanyo mbonera akoresheje impapuro
Uyu yagaragaje impano yo gukora ibishushanyo mbonera akoresheje impapuro
Aba bagaragaje impano yabo mu gukina ikinamico
Aba bagaragaje impano yabo mu gukina ikinamico
 Arerekana ko ashoboye gushushanya ku myenda gutya
Arerekana ko ashoboye gushushanya ku myenda gutya
Yitwa Abandibana, ari gusobanurira akanama kareba izi mpano ibyo ashoboye gukora
Yitwa Abandibana, ari gusobanurira akanama kareba izi mpano ibyo ashoboye gukora
Uyu araririmba nk'impano ye
Uyu araririmba nk’impano ye ngo arebe niba hari icyo bamufasha mu kiyiteza imbere
Akanama katangaga amanota kuri izi mpano z'abarokotse
Akanama katangaga amanota kuri izi mpano z’abarokotse
Aba ni bamwe mu bari muri uyu muhango, barimo n'abaje kumurikaimpano zabo
Aba ni bamwe mu bari muri uyu muhango, barimo n’abaje kumurikaimpano zabo
Jean Paul Kagabo aritegereza impano y'uwitwa Cyangwe
Jean Paul Kagabo aritegereza impano y’uwitwa Cyangwe
Aritegereza iyi mpano y'uzi gufuma udutambaro bataaka mu nzu
Aritegereza iyi mpano y’uzi gufuma udutambaro bataaka mu nzu
Umwe muri bo yagaragaje impano afite yo gufuma imyambaro iciriritse mu budodo
Umwe muri bo yagaragaje impano afite yo gufuma imyambaro iciriritse mu budodo
Nubwo ataje mu batsinze ariko umushinga AHEZA Projet wemeye kuzamufasha
Nubwo ataje mu batsinze ariko umushinga AHEZA Projet wemeye kuzamufasha kubyaza umusaruro impano ye ifatika
Aba basore bagaragaje impano yabo yo kuvugira inka bafatanyije
Aba basore bagaragaje impano yabo yo kuvugira inka bafatanyije
Cyangwe yagaragaje impano kandi yo gukora amaherena akoresheje ibirere by'insina
Cyangwe yagaragaje impano kandi yo gukora amaherena akoresheje ibirere by’insina
Ibi ni ibindi bikoresho Cyangwe abasha gukora
Ibi ni ibindi bikoresho Cyangwe abasha gukora
Cyangwe yerekanye ko ariwe ubyikorera, yemerewe nawe gufashwa
Cyangwe yerekanye ko ariwe ubyikorera, yemerewe nawe gufashwa
Mukarurangwa wabaye uwa mbere mu marushanwa
Mukarurangwa wabaye uwa mbere mu marushanwa
Ubu ni bumwe mu bukorikori Mukarurangwa akora
Ubu ni bumwe mu bukorikori Mukarurangwa akora
Ngoga, umuyobozi wa GAERG yari mu kanama gatangaga amanota
Ngoga, umuyobozi wa GAERG yari mu kanama gatangaga amanota
AHEZA Projet, igamije gufasha urubyiruko guteza imbere impano zabo
AHEZA Projet, igamije gufasha urubyiruko guteza imbere impano zabo

Daddy Sadiki Rubangura
ububiko.umusekehost.com

en_USEnglish