Digiqole ad

Abo mu Misiri bavanye mu Iserukiramuco na FESPAD isura nshya kuri Africa

 Abo mu Misiri bavanye mu Iserukiramuco na FESPAD isura nshya kuri Africa

Abo mu Misiri ngo u Rwanda rwabafunguye amaso bamenya birambuye Africa

Mu gusoza Iserukiramuco ku mbyino gakondo zijyanye n’umuco wa Africa, abo mu Misiri bavuze ko kuza mu Rwanda byabafashije kumenya ko hari ahandi hateye imbere bibakuramo isura mbi bari bafite kuri Africa. Iri Serukiramuco ryagiye rihuzwa n’umuganuro ryasorejwe i Nyanza mu birori byasojwe n’igitaromo cy’inkera ‘Nyanza Twataramye’.

Abo mu Misiri ngo u Rwanda rwabafunguye amaso bamenya birambuye Africa
Abo mu Misiri ngo u Rwanda rwabafunguye amaso bamenya birambuye Africa

Mohsin Sulaiman umwe mu bagize itorero ryavuye mu Misiri ry’abo mu bwoko bwitwa Nubian, yabwiye Umuseke ko mu Rwanda yahasanze abaturage beza kandi asanga ari igihugu cyiza.

Ati “Nishimiye u Rwanda, ni igihugu cyiza gifite abaturage beza kandi basobanutse, twari dufite isura mbi kuri Africa tugeze mu Rwanda dusanga ni ibintu bitandukanye.”

Mohsin yavuze ko Africa igomba kuba iya mbere mu bijyanye n’imico na siporo mu rwego mpuzamahanga, ko mu Rwanda bari baje mu rugendoshuri mu bijyanye n’umuco.

Ati “Twabonye u Rwanda, Congo na Senegal ariko namwe hari ibyo mwabonye ku muco wacu, ubutaha bizaba byiza kuruta ibi. Africa ni yo soko y’umuco wa mbere wa kera cyane ibyo bihugu bya America, Uburayi n’ibindi byateye imbere ni abantu bibye umuco wa Africa bawujyana iwabo.”

Anne Lodige, ukomoka mu gihugu cy’U Budage yatangarije Umuseke ko ibyo yabonye mu muco nyarwanda n’uwa Africa bizatuma azahora agaruka mu Rwanda.

Ati “Ni byiza cyane uko abantu bose bishimye bareba uko Abanyafurika bo mu bihugu bitandukanye berekana imico yabo, kuri jyewe ni byiza cyane kuba nari hano byampaye kugira icyo menya nk’umuntu ukomoka mu Budage twebwe ntabwo tugira ibirori nk’ibi. Uko ibintu bimeze buri wese abyina abantu bishimye bimeze neza cyane.”

Anne yavuze ko Umuco nyarwanda ukize cyane, ahereye ku uko yabonye ababyina gakondo bambara.

Ati “Ni ibintu byiza nanjye nabyina, buri mwaka nzajya ngaruka hano. U Rwanda ni igihugu cyiza, nzasaba ab’iwacu kuza buri wese ku giti cye kuko nabonye ari bantu beza bakira abantu.”

Donald Otoyo umwe mu baje bahagarariye Kenya, yavuze ko yishimye ngo na we yashimye uko Abanyarwanda bakomeye ku muco wabo kandi ngo yabasaba kubigumana.

Ati “Iwacu hari amoko arenga 40, nta na bamwe babyina nk’Abanyarwanda. Uko Abanyarwanda babyina byanshimishije, natwe ubutaha nifuza ko byazongera kuba tukazana ab’iwacu bakabereka uko babyina.”

Otoyo ngo yashimishije n’uko ibintu byategwe neza ngo bizabafasha na bo kongera amahoro no gufatanya no kwigisha abatoya kumenya umuco.

Mukeshimana Jeanne umuturage wo mu karere ka Nyanza avuga ko yashimishijwe no kubona umuco wa kera kuko ngo ibyo yabonye ntiyari abizi.

Avuga ko yashimishijw eno kubona imisambi iboshye Kinyarwanda ngo yabajije uwo bari kumwe amubwira ko bayita inyegamo.

Patrick Nyamitali we nyuma yo kongera kumva inanga ya Mushabizi yitwa ‘Zaninka’ yacuranzwe igakora benshi ku mutima, yavuze ko ayizi kuva kera ari umwana, kandi ngo yubaha cyane Mushabizi n’abakirigita inanga.

Ati “Ndayubaha igaragaza isura y’u Rwanda, ubuhanga burimo ni umwimerere w’Abanyarwanda ndayubaha cyane cyane.”

Minisitiri w’Umuco na Siporo asoza iri Serukiramuco yavuze ko abantu babonye ko Abanyafurika ari bamwe, ashima buri wese wabigizemo uruhare ahereye ku banyamahanga bari bitabiriye.

Minisitiri Uwacu Julienne yagize ati “Dufite byinshi duhuriyeho ni amahirwe ku bayobozi bayakoresha bateza imbere Africa.”

Mu mwiyereko imodoka zazanye abaje muri FESPAD zahagurukiye ku Gasoro zizenguruka umujyi wa Nyanza
Mu mwiyereko imodoka zazanye abaje muri FESPAD zahagurukiye ku Gasoro zizenguruka umujyi wa Nyanza
FESPAD yahuruje imbaga i Nyanza
FESPAD yahuruje imbaga i Nyanza
Abantu bamwe bari bumijwe n'imbyino abandi bishimye kandi bigaragara ku maso yabo
Abantu bamwe bari bumijwe n’imbyino abandi bishimye kandi bigaragara ku maso yabo
Amatsiko yari menshi bamwe bafata n'udufoto kuri telefoni zabo
Amatsiko yari menshi bamwe bafata n’udufoto kuri telefoni zabo
Ku Kigabiro cy'Umwami hafi y'Ishuri rya Meter Dei niho umwiyereko werekeza kuri Stade y'i Nyanza
Ku Kigabiro cy’Umwami hafi y’Ishuri rya Meter Dei niho hatangirijwe umwiyereko werekeza kuri Stade y’i Nyanza
Minisitiri Uwacu Julienne na Guverineri w'Intara y'Amajyepfo Alphonse Munyantwali n'abandi bayobozi mu mwiyereko
Minisitiri Uwacu Julienne na Guverineri w’Intara y’Amajyepfo Alphonse Munyantwali n’abandi bayobozi mu mwiyereko
Imbyino z'abo mu Misiri zakoze ku mbamutima z'abayobozi bakuru bari muri FESPAD, Minisitiri Uwacu Julienne na Guverineri Alphonse Munyantwali baraseka
Imbyino z’abo mu Misiri zakoze ku mbamutima z’abayobozi bakuru bari muri FESPAD, Minisitiri Uwacu Julienne na Guverineri Alphonse Munyantwali baraseka
Arafotora ibyo abona mu mwiyereko w'abamotari n'imodoka n'abandi bitabiriye FESPAD
Arafotora ibyo abona mu mwiyereko w’abamotari n’imodoka n’abandi bitabiriye FESPAD
Umusaza amurika inyambo
Umusaza amurika inyambo
Urukari rwari rwuzuye imbaga y'abaje kureba iserukiramuco no gutarama
Urukari rwari rwuzuye imbaga y’abaje kureba iserukiramuco no gutarama
Bamwe mu banyamahanga baje kwihera ijisho ibirori
Bamwe mu banyamahanga baje kwihera ijisho ibirori
Uyu mugabo yongeye gutangaza abantu ubwo yitoboraga ku nda
Uyu mugabo yongeye gutangaza abantu ubwo yitoboraga ku nda
Uyu mugabo ibyo akora bitangaza benshi aho yipfumuye indaabantu barumirwa
Uyu mugabo ibyo akora bitangaza benshi aho yipfumuye indaabantu barumirwa
Imbyino zagejeje mu gicuku
Imbyino zagejeje mu gicuku
Mzee Mushabizi yacuranze inanga izwi na benshi yitwa Zaninka abantu benshi barabyina
Mzee Mushabizi yacuranze inanga izwi na benshi yitwa Zaninka abantu benshi barabyina
Umusaza yatwawe n'umurya w'inanga ya Mushabizi Zaninka maze arahamiriza
Umusaza yatwawe n’umurya w’inanga ya Mushabizi Zaninka maze arahamiriza
Abambarangwe barerekana uko umuhigo wagendaga
Abambarangwe barerekana uko umuhigo wagendaga
Bacyuye umuhigo
Bacyuye umuhigo
Igicuku kinishye babyinnye maze n'abo muri Congo bajya mu kibuga berekana ibyo bazi
Igicuku kinishye babyinnye maze n’abo muri Congo bajya mu kibuga berekana ibyo bazi
Hamza na Suleiman bo mu Misiri ngo bishimiye u Rwanda
Hamza na Suleiman bo mu Misiri ngo bishimiye u Rwanda
Steven Mutangana Diregiteri w'Umuco na Siporo muri MINISPOC yunamira inzirakarengane zishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi
Steven Mutangana Diregiteri w’Umuco na Siporo muri MINISPOC yunamira inzirakarengane zishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi
Abaturutse muri Senagal bashyira indabo ku rwibutso rwa Jenoside
Abaturutse muri Senagal bashyira indabo ku rwibutso rwa Jenoside
Abo mu Misiri bashyira indabo ku Rwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi ku Gisozi
Abo mu Misiri bashyira indabo ku Rwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi ku Gisozi

Amafoto @HATANGIMANA/UM– USEKE

HATANGIMANA Ange Eric
UM– USEKE.RW

3 Comments

  • Kosora ngo”Inyera”,bavuga inkera!

  • ibi bintu ni byizaa pe

  • Kosora ngo “Banejejw eno” baravuga ngo “Banejejwe no”

Comments are closed.

en_USEnglish