Digiqole ad

Abanyamategeko 428 barangije muri ILPD, 118 ni abanyamahanga

 Abanyamategeko 428 barangije muri ILPD, 118 ni abanyamahanga

Abanyeshuri barangije muri iri shuri, abashyitsi bakuru hamwe na bamwe mu barimu babo

*u Rwanda ngo rwungutse ba Ambasaderi benshi muri aba banyamahanga

Nyanza –  Kuri Stade ya Nyanza ishuri ryigisha rikanateza imbere amategeko (ILPD) uyu munsi ryatanze impamyabumenyi ku barangije ikiciro cyisumbuye mu by’amategeko bagera kuri 428, muri bo harimo abavuye mu bindi bihugu 118 baje gushaka ubumenyi hano. Minisitiri w’Ubutabera akaba n’umwarimu w’iri shuri yavuze ko abarangije bitezweho itandukaniro kandi u Rwanda rwungutse ba ambasaderi benshi mu banyamahanga barangije hano.

Abanyeshuri barangije muri iri shuri, abashyitsi bakuru hamwe na bamwe mu barimu babo
Abanyeshuri barangije muri iri shuri, abashyitsi bakuru hamwe na bamwe mu barimu babo

Iyi ni inshuro ya gatandatu Institute of Legal Practice and Development (ILPD) itanze impamyabumenyi kuri iri shuri ryatangiye babona ari nk’inzozi nk’uko Minisitiri w’ubutabera yabivuze. Icyari inzozi ubu ngo cyavuyemo ishuri mpuzamahanga.

Abarangije bigaga Legal Practice ni abasanzwe ari abanyamategeko, ni abakozi mu nzego za Leta, ni abakozi bikorera ku giti cyabo muri za Cabinet, ni abarangije kwiga licence ya mbere bakajya muri iri shuri bataratangira umwuga w’amategeko n’abandi….

Minisitiri Johnston Busingye abwira abarangije yagize ati “igihugu kibitezeho umusaruro uvuguruye. Muri iri shuri bahigiye gutyaza umwuga wacu w’abanyamategeko, bahigiye indangagaciro uburyo tutazivuga gusa, ahubwo tuzigaragaza mu mirimo dukora, bahigiye guhindura imikorere , bahigiye kwihutisha akazi.”

Kuba mu barangije iri shuri harimo abanyamahanga benshi ngo ni indi nyungu ku Rwanda.

Minisitiri Busingye ati “Turi kubaka ba ambasaderi b’iri shuri. Urangije hano akajya mu kazi iwabo, azaba ambasaderi w’iri shuri azarivuga ibyiza, ariko azanaba ambasaderi w’igihugu cyacu. Iri shuri rero riraduhesha ishema.”

Abanyeshuri 118 bo mu mahanga barangije hano ni abo mu bihugu icyenda (9) byo muri Africa.

Minisitiri Busingye avuga ko bisobanuye ko iri shuri rimaze kuba mpuzamahanga.

Ati “ Bivuze ko umunyeshuri ashobora kuva aho ariho hose yujuje ibisabwa akaza mu Rwanda, akiga kuburyo bumworoheye, ku buryo bumuhendukiye, akabona ireme ry’uburezi ryuzuye yarangiza agataha iwabo.”

Denis Abeho wo muri Uganda urangije hano we yavuze ko hari icyo agiye gukorera u Rwanda.

Abeho ati “Hari byinshi cyane  twungutse ubu dutahanye cyane cyane ibyo gushyira mu bikorwa ibyo twize muri za Kaminuza. Ikindi kandi twigiye k’u Rwanda ibintu byinshi nk’igihugu cyabayemo Jenoside ariko  hakabasha kwibonera ubutabera mu gihe gito. Kwigira muri iri shuri numva bizadufasha no guharanira ko abakoze ibyaha mu Rwanda bagezwa mu butabera aho bari hose kuko ibyo bakurikiranweho tubizi neza.”

Aimable Havugiyaremye umuyobozi wa ILPD avuga ko ari abari basanzwe mu mirimo y’amategeko n’abagiye kuyitangira bushya bose hari impamba bavanye muri iri shuri.

Ati “Abo bose icyo tubitezeho ni ugukorera abaturage. Bose turababwira ngo nimugende  mugaragaze itandukaniro, mukoreshe ubumenyi muvanye aha ariko cyane cyane mwita ku baturage muharanira ubutabera bwa bose.”

Abanyeshuri barangije uyu mwaka muri iri shuri ni abo mu bihugu bya; Cameroon, Gambia, Kenya,Malawi, Sudan, South Sudan Uganda, Zambia, Rwanda na  Burundi.

Barangije mu ishami rya Legal Practice
Barangije mu ishami rya Legal Practice
Abayobozi bakuru muri uyu muhango, barimo umuyobozi w'iri shuri, Minisitiri Busingye ndetse na Chancellor w'iri shuri
Abayobozi bakuru muri uyu muhango, barimo umuyobozi w’iri shuri, Minisitiri Busingye ndetse na Chancellor w’iri shuri
Abarangije muri iri shuri uyu mwaka bitegura kubwirwa ko barangije kumugaragaro amasomo yo gushyira mu bikorwa amategeko
Abarangije muri iri shuri uyu mwaka bitegura kubwirwa ko barangije kumugaragaro amasomo yo gushyira mu bikorwa amategeko
Hari abarimu babo, abatumirwa banyuranye hamwe n'abo mu miryango yabo
Hari abarimu babo, abatumirwa banyuranye hamwe n’abo mu miryango yabo
(wa gatatu uvuye ibumoso)Jean Bosco Mutanga, Umushinjacyaha mukuru wa Republika akaba n'umwalimu muri iri shuri nawe yari ahari, yegeranya na Ms Leoni Cuelenaere Ambasaderi w'Ubuholandi mu Rwanda (wa kabiri uvuye ibumoso)
(wa gatatu uvuye ibumoso)Jean Bosco Mutangana, Umushinjacyaha mukuru wa Republika akaba n’umwalimu muri iri shuri nawe yari ahari, yegeranya na Ms Leoni Cuelenaere Ambasaderi w’Ubuholandi mu Rwanda (wa kabiri uvuye ibumoso)
Abanyeshuri barangije aha uyu mwaka ni 428
Abanyeshuri barangije aha uyu mwaka ni 428
Byari ibyishimo kuri aba banyeshuri babwiwe ko bashoje iki kiciro kumugaragaro
Byari ibyishimo kuri aba banyeshuri babwiwe ko bashoje iki kiciro kumugaragaro
Umunyeshuri wahize abandi ni umugore, yahembwe ari kumwe n'umuryango we
Umunyeshuri wahize abandi ni Goretti Gahongerwa, yahembwe ari kumwe n’umuryango we
Minisitiri Busingye yashimye ko iri shuri ryagiye gutangira ari inzozi none ubu rikaba ari ishuri mpuzamahanga
Minisitiri Busingye yashimye ko iri shuri ryagiye gutangira ari inzozi none ubu rikaba ari ishuri mpuzamahanga
Aimable Havugiyaremye mu izina ry'iri shuri yahaye Minisitiri Busingye igihembo nk'umuntu witangiye iterambere ry'iri shuri by'umwihariko
Aimable Havugiyaremye mu izina ry’iri shuri yahaye Minisitiri Busingye igihembo nk’umuntu witangiye iterambere ry’iri shuri by’umwihariko

Callixte NDUWAYO
UM– USEKE.RW

en_USEnglish