Digiqole ad

Abagore b’Inteko y’u Rwanda batwaye igikombe muri Volleyball

 Abagore b’Inteko y’u Rwanda batwaye igikombe muri Volleyball

Ikipe ya Volleyball y’Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda yishimira itsinzi n’umutoza wayo

Mu mikino iri guhuza amakipe y’Inteko zishinga amategeko zo mu karere i Kigali, kuri uyu wa kane tariki 10 Ukuboza 2015, kuri peti stade i Remera umukino wa nyuma muri Volley ball y’abagore wahuje u Rwanda rutsinda Kenya seti ebyiri ku busa.

Ikipe ya Volleyball y'Inteko Ishinga Amategeko y'u Rwanda yishimira itsinzi n'umutoza wayo
Ikipe ya Volleyball y’Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda yishimira itsinzi n’umutoza wayo

Wari umukino ukomeye, urimo ishyaka rikomeye ku mpande zombi. Seti ya mbere u Rwanda rwayitsinze ku manota 25 kuri 16, iseti ya kabiri u Rwanda ruyitsinda ku manota 25 kuri 21.

Mudahinyuka Christophe umutoza w’ikipe y’Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda y’abagore avuga ko uyu mukino utaboroheye nk’uko uko imikino yabanje byagenze.

Yagize ati “ kuva twatangira iri rushanwa ntitwatsinzwe umukino n’umwe ndatekereza ko iki gikombe twari ttugikwiye. Ariko, umukino wa nyuma bisa nk’ibyatugoye. Kenya yaje yiteguye neza, kandi abakinnyi bayo basa n’abakiri bato, ariko natwe turakomeye. Abakinnyi bacu nubwo bakuze, Volley ball ni umukino wabo bakinnye mu bwana bwabo.”

U Rwanda rwagaragaje volley yo ku rwego rwo ghejuru muri iyi mikino kuko rufite abasenateri babiri bakinnye ku rwego mpuzamahanga bakiri bato.

Abo ni; Hon Uwimana Consolee na Hon Mukazibera Agnes (wigeze no kuba umunyamabanga muri MINISPOC) bakiniye ASEC Mimosas volleyball Club muri Cote d’Ivoire mu myaka ya 1989 ari abanyeshuri.

Hon Mukazibera wari Kampiteni w’iyi kipe ati “iri rushanwa ritwibukije ibihe byacu njye na Consolee twakinnye volley ku rwego rwa Afurika, twakiniye ASEC Mimossa yo muri Cote d’Ivoire mu myaka 25 ishize nicyo cyadufashije muri iyi mikino. ubuhanga ntaho bwagiye, imbaraga nizo ziba ari ikibazo.”

Senateri Agnes avuga ko ibyishimo ari iby’ikipe yose ndetse na Kenya batsinze kuko ngo iyi mikino ikiba kigamijwe ahanini ari uguhuza urugwiro n’imibanire.

Ati “Nubwo tubatsinze ubonye ko nyuma y’umukino bafashije kubyina intsinzi.”

Ikipe y'Inteko y'u Rwanda yegukanye igikombe
Ikipe y’Inteko y’u Rwanda yegukanye igikombe
Hon Bernard Makuza ashimira aba bakinnyi kuba begukanye igikombe
Hon Bernard Makuza ashimira aba bakinnyi kuba begukanye igikombe
Nyuma y'umukino amakipe yombi yafashe ifoto hamwe
Nyuma y’umukino amakipe yombi yafashe ifoto hamwe
Nyuma y'umukino amakiep yombi yabyinnye intsinzi, ni imikino y'ubusabane cyane cyane
Nyuma y’umukino amakiep yombi yabyinnye intsinzi, ni imikino y’ubusabane cyane cyane
Kapiteni w'ikipe ya Volleyball, Senateri Agnes Mukazibera avuga ko Kenya bayitsinze bayirusha
Kapiteni w’ikipe ya Volleyball, Depite Agnes Mukazibera avuga ko Kenya bayitsinze bayirusha

Phtos/Umuseke

UM– USEKE.RW

1 Comment

  • iyi ntsinzi turayishimiye rwose bayobozi bacu mukomereze aho

Comments are closed.

en_USEnglish