Digiqole ad

Wari ubaye umunsi wa nyuma kuri Dr Jiji ku mpanuka akoze

Dr Mugabukwali Janvier uzwi cyane muri muzika ku izina rya Dr Jiji, yarokotse impanuka y’imodoka mu gitondo cyo kuri uyu wa gatanu ku Kicukiro hafi y’ibiro by’Akarere ubwo yari afashe urugendo ajya ku kazi i Karongi

Iyi niyo mpanuka Dr Jiji arokotse
Iyi niyo mpanuka Dr Jiji arokotse

Mu gitondo cyo kuri uyu wa gatanu tariki ya 28 Werurwe 2014 ahagana saa kumi n’ebyiri z’igitondo ubwo yari yerekeje mu Karere ka Karongi ari naho akorera,akoze impanuka ariko nti hagira icyo aba kuko akomeje urugendo akajya ku kazi.

Dr Jiji yabwiye Umuseke ko kugeza n’ubu atari yumva uburyo agihumeka kuko uburyo imodoka imugozemo ari Imana yo yonyine imukijije.

Dr Jiji ni umwe mu bahanzi bakunze kurangwa no gukora amashusho y’indirimbo ze ziba zirimo umubare munini w’abakobwa.

Dr Jiji uyu wari ubaye umunsi we wa nyuma ku isi
Dr Jiji uyu wari ubaye umunsi we wa nyuma ku isi

Ubusanzwe ni umuyobozi w’umushinga witwa ‘Project Global Fund Tuberculosis/Single Stream of Funding’ ukorera muri Pro-Fammes Twese Hamwe mu Karere ka Karongi.

Uyu muhanzi amaze kumenyekana cyane ku mashusho y’indirimbo ze usanga zuzuyemo abakobwa benshi ndetse n’imyambarire abahanzi bo mu Rwanda batakundaga gukoresha.

Uyu niwe Dr Jiji wari uhitanywe n'impanuka
Dr Jiji wari uhitanywe n’impanuka

Joel Rutaganda
ububiko.umusekehost.com

0 Comment

  • Imana iracyagufiteho imigambi wowe yizere gusa

  • WITONZE UGATEKEREZA, USHOBORA GUSANGA ARI UBUTUMWA BW’IYAKUREMYE…

Comments are closed.

en_USEnglish